Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye: Umurundi Yapfushije Ihene 16 Zihiriye Mu Kiraro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Huye: Umurundi Yapfushije Ihene 16 Zihiriye Mu Kiraro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 November 2022 6:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean Claude Niyongabo ni Umurundi wageze mu Rwanda mu mwaka wa 2015 ahunze. Yari atuye mu Karere ka Huye mu Murenge wa Mukura aho yari yarashinze ubuzima arorora. Impanuka yamugwiririye,  ihene ze 16 zihira mu kiraro zose zirapfa.

Niyongabo avuga ko ubwo yageraga mu Rwanda  yigiriye inama yo korora ihene, kuko yabonaga ari yo matungo ashobora kumugoboka vuba.

Mu Murenge wa Mukura avuga ko  yahabonye urwuri rwiza.

Icyakora ngo yakubiswe n’inkuba ubwo yabonaga bamuhurije ngo aze arebe ibyago byamubayeho!

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yageze aho ihene ze zararaga asanga ni  intumbi  gusa, agahinda karamwegura.

Yabwiye UMUSEKE ati: “Natunguwe no kumva bantabaje ko ihene zanjye zose zahiriye mu kiraro.”

Niyongabo avuga ko kuba amatungo ye yose yahiye byagizwemo uburangare n’umushumba wazo kuko ngo  byabaye nijoro kandi uyo mushumba asanzwe ashinzwe kuzirarira.

Iyo aza kuba ahari yari butabare.

Ngo uwo mushumba nawe yahageze asanga zapfuye abwira abari aho ko agiye kwishyikiriza inzego z’ubugenzacyaha.

- Advertisement -

Nyiri amatungo avuga ko yahumurije uwo mushumba, amusaba gusubira iwe kuko impanuka ari impanuka ntawe uyitegura cyangwa ngo imuteguze.

Ikara ryakongeje andi…

Gitifu w’Umurenge wa Mukura witwa Fidel Ngabo avuga ko ikiraro ziriya  hene zahiriyemo cyari kirunzemo amakara y’abatwika amakara mu ishyamba.

Ngo muri uko gutwika amakara habayeho kwibeshya bafata amakara amwe  bazi ko yazimye bayavanga n’asanzwe mu kiraro bityo akongeza andi.

Ati: “Abantu baruye ayo makara ntibigeze bamenya ko agifite umuriro, ayo niyo yakongeje andi atarimo umuriro atwika ihene n’ikiraro.”

Ubuyobozi bw’uyu Murenge  buvuga ko butari buzi ko ayo matungo ari ay’Umurundi.

Impamvu ngo ni uko ikiraro yahiriyemo, gisanzwe ari icy’Umunyarwanda witwa Mbarubukeye Samuel kuko ariwe wabatabaje ikiraro kimaze gushya.

Cyakora yavuze ko bihanganishije uwo ariwe wese wahuye n’iki gihombo kuko bibabaje kubona amatungo angana gutyo apfira icyarimwe.

TAGGED:AmakarafeaturedHuyeIheneUmurundi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Nyanza, Huye, Barataka Inzara, Gatsibo Ni Uko, Rwamagana Ni Uko… Ikibazo Kiri Henshi
Next Article Corporal Yishe Jenerali W’Ingabo Z’Igihugu Cye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?