Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Gatsibo Hashyizwe Irerero Ry’Umupira W’Amaguru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

I Gatsibo Hashyizwe Irerero Ry’Umupira W’Amaguru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2024 1:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kuzamura impano z’abana bazi gukina umupira w’amaguru, mu Karere ka Gatsibo haherutse gutangizwa irerero rizabafasha kurushaho kumenya uwo mukino.

Abasanzwe bakurikirana iby’umupira w’amaguru mu Rwanda bavuga ko abenshi mu bakinnyi bawo bafite inkomoko muri Gatsibo cyangwa bakaba barahakuriye.

Irerero ryahashinzwe baryise Gatsibo Football Center rikazaba ryubatswe mu Murenge wa Kiziguro rishingwa na Olivier Ishimwe umwe mu banyamakuru b’imikino.

Abana bazaritorerwamo bazaba bafite imyaka iri hagati y’itandatu n’imyaka 16.

Ishimwe Olivier yabwiye Taarifa ko abana bazatorezwa muri ririya rerero ari abo Gatsibo gusa.

Ishimwe Olivier yabwiye Taarifa ko abana bazatorezwa muri ririya rerero ari abo Gatsibo gusa.

Avuga ko bahisemo kubanza gutoza abana b’abahungu hanyuma hakazarebwa niba n’abakobwa igihe cyazagera bagahabwa ubwo bumenyi.

Yatubwiye ko mbere y’uko abana 70 batorezwa muri kiriya kigo batangira guhabwa ayo masomo, abari biyandikishije bari 150.

Abahatorezwa bahabwa amasomo asanzwe agenewe abiga umupira w’amaguru, bakagira uburyo bwo kuvurwa bagahabwa n’amazi yo kunywa cyangwa ibindi bigenewe abitoza siporo runaka.

Aho ikigo abo bana bazitorezaho giherereye, hari ikibuga bazajya bakiniramo n’ibyumba byo guhererwamo ubufasha bwavuzwe haruguru.

Kugira ngo ibyo biboneke, Olivier Ishimwe avuga ko yakoranye kandi azakomeza gukorana n’ababyeyi babo bana.

Ashima ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo ko bwemeye kubaha aho bubaka kiriya gikorwaremezo cyo kuzamura impano yo gukina umupira w’amaguru mu bana.

Ishimwe ati: “ Ni ikintu twiyemeje kuzakorana n’Akarere tukareba ko abana bazamukana impano kandi bakazikuza, wenda bakazavamo abakinnyi bakomeye bo muri Sunrise FC cyangwa indi kipe ikomeye”.

Hari abakinnyi benshi bakomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda bakomoka cyangwa bakuriye mu Karere ka Gatsibo.

Barimo Manishimwe Djabel, Ruboneka Bosco, Hoziyana Kenndy, Ishimwe Fiston n’abandi, bose bavuka muri aka Karere kandi batangiriye gukina bakiri bato.

Ruboneka Bosco

Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri ya siporo ifite gahunda yo gushyira ibibuga hirya no hino.

Ni mu rwego rwo gufasha abana kubona ahantu hatandukanye ho gukinira umupira w’amaguru kugira ngo abafite impano bazigaragaze.

U Rwanda rushaka ko mu myaka iri imbere ruzaba igihugu gitanga abakinnyi bakina neza kandi rukagira n’ibikorwaremezo byinshi bituma abakunda imikino itandukanye babona aho bayikinira n’aho bidagadurira.

TAGGED:AbanaAmagurufeaturedGatsiboUmupira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Ruvusha Yakiriye Ubuyobozi Bw’Ingabo Z’u Rwanda Muri Mozambique
Next Article Amahame Ya FPR No Mu Myaka 100 Azaba Afite Agaciro- Gasamagera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?