I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

Ihuriro rishinzwe kurwanya indwara y’igituntu n’iy’ibibembe mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ryishimiye, ku wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama, kuza kw’icyiciro cya mbere cy’imiti igenewe abarwayi b’igituntu, yageze i Goma mu Cyumweru gishize, nyuma y’amezi menshi habayeho kubura kwayo.

Radio Okapi yanditse ko iki kibazo cyo kubura imiti igihe kirekire cyatumye abarwayi benshi bahagarika imiti bari baratangiye, bituma habaho ibyago byo kudakira neza, kwiyongera kw’ikwirakwira ry’indwara.

Umugenzuzi w’indwara muri iyo Ntara muri iri huriro rishinzwe kurwanya igituntu n’ibibembe yavuze ko ukuza kw’iki cyiciro cya mbere cy’imiti bizagabanyiriza abarwayi imibabaro, n’ubwo hakiri icyuho kinini cy’ibikenewe.

Mu bice bitandukanye by’iyi Ntara, abantu bari bategereje iyi miti cyane.

Urugero, muri Masisi, umwaka ushize handitswe abarwayi 344 b’igituntu ariko ntiwabashije guhabwa imiti, nk’uko bisobanurwa na Flory Kubuya, umuforomokazi ushinzwe ubugenzuzi mu bitaro bikuru bya Masisi.

Ati: “Ubu turi gusuzuma indwara y’igituntu ariko nta miti dufite yo kuyivura. Tekereza: umurwayi araza, agasangwa afite igituntu, ariko tukamubwira ngo ‘azagaruke ukwezi gutaha, niba twabonye imiti…”

Mu gihe yemera ko umwaka ushize habaye ingorane nyinshi mu kuvura abarwayi b’igituntu, Fidèle Mutaka, umugenzuzi w’ubuzima w’Intara muri iri huriro, yemeza ko imiti yamaze kuhagera:

Abisobanura atya: “Twagize igihe kirekire cyane cyo kubura imiti, hafi umwaka wose wa 2025 nta miti twari dufite. Mu mpera z’umwaka, mu gihembwe cya kane, twabonye imiti mike cyane yashoboye gukemura hafi 15% by’ibikenewe. Ubu, mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama, twakiriye indi miti ariko turacyategereje ko itangwa mu byiciro by’ubuzima.”

Nk’uko M. Mutaka abivuga, nyuma yo kurangiza kuyifungura no kuyitoranya, igikorwa cyo kuyikwirakwiza kizahita gitangira.

Intambara imaze igihe muri iki gice yatumye ibikorwa byinshi bidindira birimo n’iby’ubuvuzi.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version