Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Goma Hatewe Ibisasu Abahanganye Bitana Ba Mwana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

I Goma Hatewe Ibisasu Abahanganye Bitana Ba Mwana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 May 2024 5:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare igikusanywa iravuga ko mu mujyi wa Goma harashwe ibisasu byahitanye abasivili bagera muri 11.

Muri abo bapfuye harimo abana n’abagore.

Iyo bisasu byarashwe aho byarakaje abaturage bituma batura umujinya abasirikare b’Uburundi, aba DRC na SADC kuko ngo ari bo babaye nyirabayazana.

Ngo byatewe n’uko begereje ibirindiro bya M23 intwaro zabo.

Nyuma y’ibyo bisasu byishe abasivile abaturage bagiye mu muhanda kwamagana ingabo za Leta ya Congo, iz’u Burundi n’iza SADC bavuga ko ari zo zabarasheho.

Bamwe bavuga ko izo ngabo zazanye intwaro zirasa kure hafi yabo, bigatuma inyeshyamba za M23/AFC zibarasaho.

Ibisasu byaguye ahitwa Lushagala mu gace ka Mugunga.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, akaba na Minisitiri w’Itumanaho, Patrick Muyaya, yashinje inyeshyamba za M23 ko ari zo zishe abasivile, akavuga ko bigize ibyaha by’intambara.

Hagati aho abaturage bagiye kwigaragambya bamagana ibyo bitero bakwijwe imishwaro n’urufaya rw’amasasu, bikavugwa ko hari abahasize ubuzima.

Umuvugizi w’ingabo za Congo muri Kivu ya Ruguru, Lt.Col Guillaume Ndjike Kaiko avuga ko uwarashe ku nkambi i Mugunga ari inyeshyamba za M23.

Yavuze ko igisirikare cya Congo cyagabye ibitero i Sake, bigamije gusenya ububiko bw’ibikoresho by’inyeshyamba za M23, mu kwihorera nazo zirasa ku nkambi ya Mugunga.

TAGGED:featuredGomaIngaboM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Primus Na Amstel Byarabuze Icyaka Kiba Kinshi
Next Article Ngororero: Abana Bavukana Bishwe N’Urukuta Rwabagwiriye
1 Comment
  • Isma says:
    03 May 2024 at 9:29 pm

    Umva igihe cyose government ya congo
    Icyumva ko abatutsi bo muri congo ari abanyarwanda, igihe cyose government ya congo izumva ko abanyamulenge atari abanyecongo ndetse nabandi bose ishyira hamwe muri uwo murongo nt’amahoro azarangwa muri kariya karere iryo ni ihame kuko nabo si abana igihe biciwe bazitabara. Kandi igihe government ya congo izibeshya dore ko bazi kuvuga cyane kurusha gukora ngo barashe kubutaka bw’u Rwanda basi bazamenye ko no ku itariki y’isi congo birangiye kuko igihe gishize abantu babihorera bajoMba u Rwanda. Time will tell

    Reply

Leave a Reply to Isma Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?