Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Musanze Haravugwa Inzoga Umuntu Anywa Akiruka Ku Musozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

I Musanze Haravugwa Inzoga Umuntu Anywa Akiruka Ku Musozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 July 2023 12:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ahitwa Kabaya muri Musanze haravugwa inzoga ikomeye bise Makuruca cyangwa Rukera umuntu anywa agasa n’uwasaze.

Yengwa n’umugabo bahimbye Sultan Makenga ariko ubusanzwe yitwa Gasore Sylvestre.

Abahatuye bavuga ko uuwayinyoye agira urugomo, ubujura ndetse ngo n’ubayinyoye ntibongera kugira imbaraga cyangwa ubushake bwo gukora ahubwo birirwa bazerera hirya no hino.

Abatuye ku gasantere ka Kabaya bavuga ko kugeza ubu ntawapfa kumenya ibyo iyo nzoga ikozwe kuko ikorerwa mu ibanga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Itandukanye n’urundi rwagwa rw’ibitoki n’amasaka kuko aho zengerwa utahasanga ibitoki cyangwa imitobe. Ikindi ni uko zigira n’ubukana buruta ubw’izo zisanzwe.

Abatuye mu mirenge ya Muko na Muhoza izo nzoga zikorerwa basaba inzego bireba kuzihashya kuko zikomeje kwangiza abazinywa.

Ku rundi ruhande ariko, ngo iyo hagize ugira icyo avuga kuri izo nzoga, abantu bamwitwaramo umwikomo ngo bazamugirira nabi.

Ikindi ni uko zengwa ku bwinshi kuko n’abaza kuzitunda bazinduka bakageza saa yine bagitunda.

Umwe mu baturage b’aho yabwiye UMUSEKE ko hari abanywa ziriya nzoga bakamera nk’abasazi.

- Advertisement -

Ati: “Ni inzoga mbi zikomeje kutwangiririza urubyiruko kuko uwazinyoye aba nk’umusazi akishora mu rugomo”.

Avuga ko ubuyobozi bugomba gutabara bugakimura ko iki kibazo kigera ku yindi ntera.

Gasore uvugwaho kuzenga avuga ko ibyo bamushinja ari ukuharabika.

Yarahiye aratsemba, avuga ko hari abandi babikora kandi ngo mu minsi ishize inzoga zabo barazifashe barazimena.

Izi nzoga bivugwa ko zikorerwa mu Mirenge ya Muhoza na Muko yo mu Karere ka Musanze kuvumbura aho zikorerwa ntibyoroha kuko abazikora bakunze kwimura ibirindiro bagamije kuyobya uburari.

Ubuyobozi busaba abaturage kujya bihutira gutanga amakuru kugira ngo zikumirwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhoza, Manzi Jean Pierre, yagize ati: “ Uwo mugabo njye ntabwo muzi isura gusa hari aho yengeraga ku Kabaya tubimenye twarahageze turazihasanga turazimena yaragiye.”

Uyobora Umurenge wa Muko we avuga ko iyo bamenye aho izo nzoga ziri bajya kuzifata bakazimena.

Iyo urebye ikibazo cy’izi nzoga, usanga imbaraga zishyirwa mu kukirwanya zidahuye n’ibibazo giteje.

Ku rundi ruhande, hari abaturage bashinja abayobozi gukingira ikibaba abazikora; abashinjwa kenshi ni DASSO.

Ibyo byose byiyongera ku kuba nta mategeko ahamye ahana abakora inzoga z’inkorano ahubwo bagahanishwa amabwiriza avuga ko bacibwa amande ya Frw 100,000 byakabya bakajyanwa kugororwa.

Minisiteri y’ubuzima ishishikariza abantu kwirinda kunywa inzoga zirengeje urugero kubera ingaruka mbi zigira ku buzima zirimo ibibazo byo ku mubiri no mu mutwe ariko izitujuje ubuziranenge zo zishobora no kwica.

TAGGED:featuredInzogaMusanzeUbuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Iran Agiye Gusura Uganda
Next Article Uburusiya N’Ubushinwa Byagize Icyo Bivuga Ku Ntwaro Amerika Igiye Guha Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?