Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Vatican Haravugwa Umugambi Wo Kweguza Papa Francis
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

I Vatican Haravugwa Umugambi Wo Kweguza Papa Francis

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2023 1:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuva Papa Benedigito XVI yatabaruka, ubu i Vatican haravugwa umugambi wa bamwe mu ba Cardinals bashaka ko Papa Francis yegura.

Ni umugambi bivugwa ko bahoranye na mbere ariko bakabangamirwa n’uko Benedigito yari akiriho kuko batifuzaga ko I Vatican haba ba Papa batatu( umwe uri ku ngoma n’abandi babiri beguye).

Aba cardinals bamwe ngo bamaze gutegura uburyo busobanutse bazakoresha bagashyira igitutu kuri Papa Francis kugeza ubwo azumva bimurenze akegura.

Ku rundi ruhande, na nyirubwite yari aherutse kuvuga ko azegura nabona ubuzima bumunaniye.

Asanzwe afite ikibazo mu mavi ye k’uburyo asigaye agendera ku igare ry’abafite ubumuga.

Afite imyaka 86 y’amavuko.

Umwe muri ba cardinals yabwiye ikinyamakuru cyo mu Butaliyani kitwa La Stampa ko umugambi wo kweguza Papa Francis umaze igihe ariko wabangamirwaga n’uko hari undi Papa wari ukiri ho kandi nawe yareguye.

Icyakora The Telegraph ivuga ko bizagora bariya bantu bashaka ko Papa yegura kubera ko bakiri bake kandi  bakaba batiganjemo aba cardinals bakomeye.

Ngo bategereje ko igihe nyacyo kizagera bakamwotsa igitutu.

Umwe mu migambi yabo ngo ni ukuzabangamira ibyemezo bye, ibi bikajyanirana no kubwira abantu ko atagishoboye, bityo bikazatuma ageraho akegura.

Papa Francis yagiye ku ntebe y’ubushumba bwa Kiliziya Gatulika mu mwaka wa 2013.

Umwe mu ba cardinals batamushaka kandi ufite ijwi rigera kure ni uwitwa Cardinal Georg Gänswein.

Cardinal Georg Gänswein

Uyu yamaze imyaka  19 ari umunyamabanga wa Papa Benedigito XVI.

Abandi bavugwaho kuba mu mugambi wo guhirika Papa Francis ni  cardinals Raymond Burke(ni Umunyamerika) n’undi witwa Gerhard Ludwig Müller ukomoka mu Budage.

 

Papa Francis Yanditse Ibaruwa Iteguza Kwegura

TAGGED:BenedigitofeaturedFrancisKweguraPapaVatican
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare B’u Rwanda Batangiye Kwambara Amapeti Mu Gituza
Next Article Sen Dr. Kalinda Yasimbuye Iyamuremye Mu Kuyobora Sena Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?