Iyi kipe ya Kaminuza ya Kepler ishami ry’u Rwanda iri hafi kuzakina umukino wa nyuma yo gutsinda iya APR mu mukino wabaye mu mpera z’icyumweru gishize. Abakinnyi babiri yahaye akazi nibo muri iki gihe bakoze ikinyuranyo kuko mu mwaka watambutse yari iri ku mwanya wa kabiri.
Mu bakinnyi bongewemo barimo Umunya- Mali Traoré Aichata n’Umunyamerikakazi Young Desi-Rae Yvonne, wanatsinze amanota menshi kuva iyi mikino yatangira.
Iyi kipe kandi ubu ifite umutoza mushya witwa Luis Lopez Hernandez.

Ubuhanga bw’umutoza n’imikinire y’abo bakobwa bombi bafatanyije na bagenzi babo biri mu biherutse gutuma itsinda uruhenu ikipe ya bagenzi babo ba APR Women Basketball Club.
Muri uyu mukino wabaye tariki 17, Kanama, 2025 wari uwa kamarampaka( play-offs), mu cyiciro cy’abagore muri shampiyona ya Basketball mu Rwanda, ikipe ya Kepler yageze ku mukino wa nyuma imaze gusezerera ikipe ya APR WBBC.
Wari umukino wa kane muri itanu amakipe yombi yagombaga gutanguranwa, kugira ngo hamenyekane ikipe izakina umukino wa nyuma.
Agace ka mbere k’umukino uheruka, Kepler WBC yakegukanye ku manota 16 kuri 15, agace ka kabiri ku manota 13 kuri 3 maze amakipe yombi ajya kuruhuka Kepler iri imbere n’igiteranyo cy’amanota 29 kuri 18.
Agace ka kabiri katangiye, ikipe ya Kepler yakomerejeho ikegukana ku manota 16 kuri 13, naho aka nyuma ikegukana ku manota 27 kuri 16.
Nibwo bwa mbere Ikipe ya Kepler WBBC igeze ku mukino wa nyuma muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagore, ikazakina na REG WBBC ku mukino wa nyuma kuko iyi iherutse The Hoops Rwanda, nyuma yo kuyitsinda imikino 3-0.