Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiganiro By’Ubwongereza Na Amerika K’Ukwemera Ukraine Kurasa Uburusiya Byageze Kuki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Ibiganiro By’Ubwongereza Na Amerika K’Ukwemera Ukraine Kurasa Uburusiya Byageze Kuki?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2024 9:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Sir Keir Starmer yirinze kwerurira itangazamakuru ku byo yaganiriye na Perezida w’Amerika Joe Biden ku byerekeye kwemerera Ukraine kurasa missiles mu Burusiya.

Ni missiles zikomeye zishobora kuraswa kure cyane imbere mu Burusiya zikaba zaratanzwe n’Ubwongereza.

Itsinda ry’abayobozi b’Ubwongereza rimaze iminsi rigiye i Washington kuganira n’ubuyoboz bw’Amerika ngo baganire kuri iki kibazo.

Abongereza basanze byaba ari iby’ubwenge kubanza kwemeranya n’Amerika ku ikoreshwa rya ziriya missiles ku Burusiya bikozwe na Ukraine.

Starmer yabwiye abanyamakuru ko yaganiriye na Biden ku ngingo nyinshi zirimo n’iza Ukraine, Koreya ya ruguru, Ubushinwa, Uburusiya n’ibindi bihugu.

Starmer yabwiye abanyamakuru ko yaganiriye na Biden ku ngingo nyinshi zirimo n’iza Ukraine

Yirinze kwerura ngo avuge niba Biden yamwereye ibyo yari yaje kumusaba.

Ku rundi ruhande, Abanyamerika bo bavuga ko bahangayikishijwe n’imikorere ya Iran na Koreya ya Ruguru kubera ibyo abayobozi b’ibi bihugu cyane cyane mu kuzamura ibyo gukora ibisasu bya kirimbuzi.

Mu gihe Amerika n’Ubwongereza bari kwiga uko bakwemera Ukraine kurasa mu Burusiya, ubuyobozi bw’iki gihugu bwo buvuga ko kurasa imbere muri cyo ari ukwikoraho.

Abarusiya bavuga ko kubarasa ku butaka bwabo bizaba ikibazo gikomeye gishingiye ku ngingo y’uko Moscow izabifata nkaho OTAN/NATO yateye Uburusiya ku butaka bwabwo.

Mu gihe Putin atanga uwo muburo, ku ruhande rw’Abanyamerika bo babifashe nko kubakanga ngo badakomeza gukorana na Ukraine.

Uhagarariye Amerika mu biganiro birebana na Ukraine witwa Kurt Volker, yagize ati: “ Impamvu Putin avuga ibi ni ukigira ngo aduce intege, tureke umugambi wacu. Sintekereza ko ibyo avuga ari byo azakora koko cyangwa atekereza mu by’ukuri”.

Kurt Volker

Perezida Biden we avuga ko nta nicyo ajya atekereza kuri Vladimir Putin.

Kugeza ubu, Amerika n’Ubwongereza ntibaremera Ukraine kurasa mu Burusiya missiles bayihaye.

Uruhande rwa Ukraine rwo ruvuga ko kugira ngo Uburusiya bwemere amahoro ari uko nabwo bwaraswaho, bikabwereka ko na ‘Nyina w’undi abyara umuhungu’.

Ni ibyemezwa na Perezida wayo witwa Volodymyr Zelensky.

Intambara ya Ukraine n’Uburusiya yatangiye muri Gashyantare, 2022, ubu igiye kumara imyaka itatu mu mezi macye ari imbere.

Nyuma ya za gatebe gatoki zabaye muri iyi ntambara, ubu Ukraine irashaka kwemererwa n’inshuti zayo zikomeye kurasa missiles mu Burusiya aho ngabo zabwo zirasira missiles ku birindiro by’ingabo za Ukraine.

Icyakora kugeza ubu ntibiremerwa kuko Amerika n’inshuti zayo ikiga neza ngo irebe ingaruka ibyo byose bizagira niramuka ishoye OTAN mu ntambara n’Uburusiya.

Putin avuga ko Ukraine nirasa mu Burusiya ihawe missiles n’Abongereza bizaba bibi cyane.

Uburusiya ni igihugu gifite intwaro za kirimbuzi bityo kujya mu ntambara nacyo bikaba ari ibintu bidakwiye guhubukirwa.

TAGGED:AmerikaIntambaraIntwaroMissilesUburusiyaUbwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Asanga Uburezi Butaragera Ku Iterambere Nyaryo
Next Article Asaba Abajya Kwiga Mu Mahanga Kujya Bagaruka Bakubaka u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?