Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiganiro Ku Gukorera Mu Rwanda Inkingo Za COVID-19 Bigeze Kure – Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibiganiro Ku Gukorera Mu Rwanda Inkingo Za COVID-19 Bigeze Kure – Perezida Kagame

admin
Last updated: 21 May 2021 9:09 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro bigeze kure harebwa uburyo inkingo za COVID-19 zatangira gukorerwa muri Afurika, mu Rwanda by’umwihariko, nk’uburyo bwatuma zirushaho kugera ku bazikeneye bose kuri uyu mugabane.

Yabivugiye mu nama yiswe Global Health Summit yabaye kuri uyu wa Gatanu, mu buryo bw’ikoranabuhanga. Yayobowe na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani Mario Draghi na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ursula von der Leyen.

Ni inama yibandaga ku buryo bwo guhangana n’icyorezo cya Covid-19 gikomeje guhangayikisha isi muri iki gihe.

Perezida Kagame yavuze ko kugira ngo ibihugu bibashe gutsinda iki cyorezo, hakenewe uburyo bwatuma inkingo zibasha kuboneka uko bikwiye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko inzego z’uyu mugabane zakoze ibishoboka hakaboneka miliyoni z’inkingo, ariko hakenewe nyinshi kugira ngo gutsinda iki cyorezo bishoboke.

Ati “Mu bijyanye no gushyiraho ibigo bikorera izo nkingo ku mugabane wacu, u Rwanda rugeze kure ibiganiro n’ibigo byigenga n’ibigo mpuzamahanga kugira ngo twubake ubushobozi bwo kuzikorera mu karere kacu, hagakorerwa ibikenewe by’ibanze mu gukora inkingo hifashishijwe uburyo bwa mRNA.”

Izo nkingo zifashisha uburyo bwa Messenger RNA (mRNA) bukoreshwa mu gukora inkingo za Moderna na Pfizer. Butandukanye n’ubwifashisha virus ifite intege nke cyane izwi nka Adenovirus, bukoreshwa mu nkingo za AstraZeneca.

Perezida Kagame yashimiye inzego z’Umuryangp w’Ubumwe bw’u Burayi kubera ubushake zagaragaje bwo gukorana n’u Rwanda na Afurika muri uru rugendo.

Yanashimiye Perezida wa Komisiyo ya EU, Ursula von der Leyen, ku mbaraga yashyize mu kubahuza n’abafatanyabikorwa mu nzego za tekiniki, ngo uriya mushinga ushoboke.

- Advertisement -

Yakomeje ati “Ku bijyanye n’uburenganzira ku mutungo mu by’ubwenge n’ibiganiro bijyana, ndizera ko mu minsi iri imbere tuzabona igisubizo gikwiriye. Igikomeye kurushaho, ni uguhererekanya ikoranabuhanga, ubufatanye mu kugenzura ubuziranenge n’amahugurwa ku bahanga b’abanyafurika.”

Yavuze ko ku rwego rw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, harimo gukorwa ibishoboka kugira ngo ikigo gishinzwe ibijyanye n’imiti, African Medicines Agency (AMA), gitangire. Kizatuma habaho guhuza mu bugenzuzi hirya no hino mu bihugu.

Ntabwo haratangazwa neza ibigo birimo mu biganiro n’u Rwanda.

TAGGED:COVID-19featuredInkingoPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Muri Abahanga: Mukandutiye Yasabye Imbabazi Amanitse Amaboko
Next Article U Rwanda Rwungutse Hotel Eshatu Z’Inyenyeri Eshanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?