Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiganiro Ku Gukorera Mu Rwanda Inkingo Za COVID-19 Bigeze Kure – Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibiganiro Ku Gukorera Mu Rwanda Inkingo Za COVID-19 Bigeze Kure – Perezida Kagame

Last updated: 21 May 2021 9:09 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro bigeze kure harebwa uburyo inkingo za COVID-19 zatangira gukorerwa muri Afurika, mu Rwanda by’umwihariko, nk’uburyo bwatuma zirushaho kugera ku bazikeneye bose kuri uyu mugabane.

Yabivugiye mu nama yiswe Global Health Summit yabaye kuri uyu wa Gatanu, mu buryo bw’ikoranabuhanga. Yayobowe na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani Mario Draghi na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ursula von der Leyen.

Ni inama yibandaga ku buryo bwo guhangana n’icyorezo cya Covid-19 gikomeje guhangayikisha isi muri iki gihe.

Perezida Kagame yavuze ko kugira ngo ibihugu bibashe gutsinda iki cyorezo, hakenewe uburyo bwatuma inkingo zibasha kuboneka uko bikwiye.

Yavuze ko inzego z’uyu mugabane zakoze ibishoboka hakaboneka miliyoni z’inkingo, ariko hakenewe nyinshi kugira ngo gutsinda iki cyorezo bishoboke.

Ati “Mu bijyanye no gushyiraho ibigo bikorera izo nkingo ku mugabane wacu, u Rwanda rugeze kure ibiganiro n’ibigo byigenga n’ibigo mpuzamahanga kugira ngo twubake ubushobozi bwo kuzikorera mu karere kacu, hagakorerwa ibikenewe by’ibanze mu gukora inkingo hifashishijwe uburyo bwa mRNA.”

Izo nkingo zifashisha uburyo bwa Messenger RNA (mRNA) bukoreshwa mu gukora inkingo za Moderna na Pfizer. Butandukanye n’ubwifashisha virus ifite intege nke cyane izwi nka Adenovirus, bukoreshwa mu nkingo za AstraZeneca.

Perezida Kagame yashimiye inzego z’Umuryangp w’Ubumwe bw’u Burayi kubera ubushake zagaragaje bwo gukorana n’u Rwanda na Afurika muri uru rugendo.

Yanashimiye Perezida wa Komisiyo ya EU, Ursula von der Leyen, ku mbaraga yashyize mu kubahuza n’abafatanyabikorwa mu nzego za tekiniki, ngo uriya mushinga ushoboke.

Yakomeje ati “Ku bijyanye n’uburenganzira ku mutungo mu by’ubwenge n’ibiganiro bijyana, ndizera ko mu minsi iri imbere tuzabona igisubizo gikwiriye. Igikomeye kurushaho, ni uguhererekanya ikoranabuhanga, ubufatanye mu kugenzura ubuziranenge n’amahugurwa ku bahanga b’abanyafurika.”

Yavuze ko ku rwego rw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, harimo gukorwa ibishoboka kugira ngo ikigo gishinzwe ibijyanye n’imiti, African Medicines Agency (AMA), gitangire. Kizatuma habaho guhuza mu bugenzuzi hirya no hino mu bihugu.

Ntabwo haratangazwa neza ibigo birimo mu biganiro n’u Rwanda.

TAGGED:COVID-19featuredInkingoPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Muri Abahanga: Mukandutiye Yasabye Imbabazi Amanitse Amaboko
Next Article U Rwanda Rwungutse Hotel Eshatu Z’Inyenyeri Eshanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?