Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibigo 54 Byahagaritswe Na NESA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibigo 54 Byahagaritswe Na NESA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 September 2023 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rushinzwe ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri, NESA, ruherutse gukora isuzuma ryaguye mu mashuri atandukanye rusanga agera kuri 54 adakwiye gukomeza gukora. Ni igenzura ryakozwe mu mwaka w’amashuri wa 2021/2022.

Imwe mu nshingano za NESA ni ubugenzuzi bukozwe mu gihe kidahindagurika bugamije kureba uko uburezi butangwa.

Ibipimo bigenderwaho mu kugenzura  harimo ibikorwa remezo nk’ibyumba by’amashuri, ni ukuvuga ibyumba bitatu(3) ku mashuri y’inshuke na bitandatu(6) ku mashuri abanza.

Ibigo kandi bigomba kugira ibikoresho byo mu ishuri bihagije ikigero n’umubare w’abanyeshuri bafite cyangwa bazakenera, abarimu n’imfashanyingisho bizatuma umunyeshuri ahabwa ubumenyi n’uburere bihamye.

Mu igenzura hibandwa ku nyungu z’umunyeshuri kurenza ibindi, iyi ikaba impamvu yumvikana ituma iyo basanze hari ikigo kidatanga ubumenyi n’uburere bikenewe, gifungwa.

Ishuri bigaragaye ko hari ishuri ridatanga ibikenewe mu burere nyabwo bw’umwana, rihabwa umwaka umwe wo kubikosora, nyuma byagaragara ko ntacyakozwe gifatika rigafungwa.

NESA igaragaza ko mu mashuri y’inshuke 85 yasuzumwe kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2022, hemerewe 65 andi 20 yimwa icyangombwa.

Hari amashuri icyenda(9) yisumbuye yari yasabye guhabwa icyiciro cy’ayisumbuye mu bumenyi rusange (combinations) arabyimwa kubera kutuzuza ibisabwa.

Andi mashuri yigenga atandatu(6) yasabye guhabwa abanyeshuri biranga, na ho amashuri 17 y’imyuga n’ubumenyi ngiro na yo yimwe icyangombwa cyo gukora kubera kutuzuza ibisabwa.

Iyo basanze ishuri ritujuje ibisabwa bariha umwaka kugira ngo abana barangize ayo masomo ari nako harebwa niba ibibura ngo rikore neza byakemurwa.

NESA ivuga ko kugira ngo umuntu atangize ikigo cy’amashuri cyangwa akorerwe isuzuma bisaba ko atanga ibyangombwa bitarenze ukwezi kwa Gicurasi, bityo ababishinzwe bagasura ishuri rye bakareba niba rishobora gutangira cyangwa gukomeza imirimo mu mwaka ukurikiraho w’amashuri.

Kuva muri Kanama kugeza muri Nzeri 2022, NESA yagenzuye ibigo by’amashuri 178 birimo abafite ishami ry’abaforomo umunani(8), amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro 40 n’amashuri y’uburezi bw’ibanze 138.

Kuva muri Mutarama 2023 hagenzuwe amashuri 73 y’ubumenyi rusange mu burezi bw’ibanze mu gihe ay’imyuga n’ubumenyi ngiro yari 16.

TAGGED:AmashurifeaturedIbigoNESA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibibazo Byinshi Bigezwa Muri Komisiyo Y’Uburenganzira Bwa Muntu Ni Iby’Imitungo
Next Article Ndayishimiye Yavuze Ko Ntabyo Kumuhirika Ku Butegetsi Biri Mu Gihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?