Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibikubiye Mu Masezerano Hagati Y’u Rwanda Na Eswatini
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ibikubiye Mu Masezerano Hagati Y’u Rwanda Na Eswatini

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 August 2024 8:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo aheruka mu Rwanda umwami wa Eswatini witwa Mswati III yakiriwe na Perezida Paul Kagame baganira uko ibihugu byombi byakomeza gukorana.

Yari mu Rwanda mu muhango wo kurahira kwa Paul Kagame warahiriye gukomeza kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu aherutse gutorerwa.

Ubuyobozi bw’u Rwanda n’ubwa Eswatini bwaje kugirana ibiganiro by’uko gukorana hagati y’abaturage b’ibi bihugu bakomeza kugenderana no gukorana mu iterambere risangiwe.

Amasezerano yasinywe arebana n’imikoranire mu bice bitandukanye birimo gukorana mu bya gisirikare mu mikoranire hagati ya Polisi n’inzego zirebana n’amagereza, ibyo koroherezanya mu kubona impapuro z’abanjira n’abasohoka n’ibindi.

Mbere y’uko bicarana hagasinywa amasezerano y’imikoranire hagati ya Kigali na Mbabane( Umurwa mukuru wa Eswatini), umwami Mswati III yabanje kugenzura ingabo z’u Rwanda zari zaje kumwakira mu cyubahiro kigenewe abami.

Kagame yahise amwakirira mu Biro bye Village Urugwiro amasezerano arasinywa.

Umwami Mswati III yari ari kumwe n’umwamikazi Inkhosikati Make LaMashwama.

Mu ijambo rye, Kagame yagize ati: “Nyakubahwa umwami, ngushimiye ko waje kwifatanya n’Abanyarwanda mu muhango wo kurahira. Ni ikintu twashimye kandi biragaragara ko kuza kwanyu ari ikintu cyo gushimangira umubano hagati y’ibihugu byacu byombi. Twifuza ko iyi mikoranire yakomeza, ikongerwamo imbaraga. Iyo mikoranire niyo ntego y’uyu munsi yo gusinya amasezerano hagati yacu”.

Kagame avuga ko u Rwanda rushaka gukorana na Eswatini kugira ngo ruyisangize ibyo rwagezeho nayo igire icyo irusangiza mu bunararibonye bwayo.

Ubuyobozi bw’u Rwanda n’ubwa Eswatini bwaje kugirana ibiganiro

Avuga ko mu myaka ishize, hari ibiganiro by’abayobozi hagati y’ibihugu byombi byabayeho kandi bagaruka ku mikoranire itandukanye ku bihugu byombi.

Ni ibintu avuga ko byakomeza kubakirwaho indi mikoranire izaza.

Ku rundi ruhande, umwamikazi wa Eswatini witwa Inkhosikati Make LaMashwama yakiriwe na Madamu Jeannette Kagame amujyana gusura Irerero riba mu Biro bya Perezida Kagame ryitwa EZA Early Childhood Development Centre.

Umwamikazi wa Eswatini witwa Inkhosikati Make LaMashwama yakiriwe na Madamu Jeannette Kagame

Baganiriye uko Eswatini nayo yashinga ikigo nk’iki gisanzwe kizwiho gufasha abakobwa kwiyubakamo ubushobozi mu nzego zose.

Gusura iki kigo byaretse umwamikazi wa Eswatini ko u Rwanda ruharanira kugira abana bafite ibyiza byose bitangwa ku kigero cyabo kandi ko intego ngari ari uko Abanyarwanda bo mu gihe kiri imbere bazaba ari abantu bukuze neza.

Indi wasoma:

Umuyobozi Wa Polisi Y’u Rwanda Ari Mu Bwami Bwa Eswatini

TAGGED:EswatinifeaturedKagameMswatiRwandaUmwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkeragutabara Mu Ngabo Z’u Rwanda Zigiye Kongererwa Imbaraga
Next Article Sudani Y’Epfo: Gutegura Amatora Bikomeje Kunanirana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?