Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibikubiye Mu Nyandiko Y’Umwimerere Ya Albert Einstein
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Ibikubiye Mu Nyandiko Y’Umwimerere Ya Albert Einstein

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 May 2021 8:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Albert Einstein ni umwe mu bahanga bakomeye kurusha abandi babayeho mu mateka y’isi. Uretse kuba yari umuhanga mu mibare n’ ubugenge yari n’umuhanga mu gucuranga icyuma cy’umuziki bamwe bivuga ko gikomera kwiga kurusha ibindi kitwa Violon.

Yatangiye gukunda umuziki afite imyaka 13 ndetse ngo ni Nyina wawumukundishije amugurira violon, undi arayiyigisha.

Mu kuyikina yakundaga kwigana umuziki wa Mozart na Beethoven, aba bakaba ari abahanga mu muziki bazwi kurusha abandi babayeho mu mateka y’Isi.

Inyandiko Einstein yandikiye Ludwik Silberstein

Kimwe mu bintu abahanga bamwibukiraho kandi cyahinduye imitekerereze yabo mu bugenge ni inyandiko yanditse mu ntangiriro z’Ikinyejana cya 20 zasobanuye isano n’imikoranire iri hagati y’igihe( time), imbaraga( energy) n’ikintu( mass).

Ni inyandiko yanditse mu mwaka wa 1905. Uretse kuba iyi nyandiko yaragiriye akamaro abanyabugenge, iz’umwimerere nkayo zikiriho zirahenze cyane k’uburyo hari rumwe muri zo ruherutse kugurishwa miliyoni 1.2$.

Iyi nyandiko niyo yanditseho formula( imbumbe y’igitekerezo) izwi cyane yitwa

‘E = mc²’ .

Yaguzwe n’ikigo cy’i Boston muri Massachusetts kitwa  RR Auctions.

I

Abaharaniraga kuyigura mbere bifuzaga gutanga700 000$ ariko haza kiriya kigo kiyigura ku giciro twavuze haruguru.

RR Auctions yirinze gutangaza amazina y’uwayiguze.

Ubu ku Isi hari inyandiko enye gusa z’umwimerere zanditswe na Albert Einstein ariko iriya iherutse kugurwa na kiriya kigo niyo yonyine yari itunzwe n’umuntu ku giti cye, izindi zibitswe na za Kaminuza.

Uriya muntu wayigurishije kiriya kigo nawe yayikuye kuri benewabo b’Umunyabugenge w’Umunyamerika ariko wakomokaga muri Pologne witwaga Ludwik Silberstein wari inshuti ya Einstein.

Einstein amaze gukora iriya formula yayoherereje Ludwik Silberstein amubwira ko ikibazo yari amaze iminsi yibaza ari yo izagisubiza.

E = mc2  yayanditse ubwo yari umwarimu muri Kaminuza ya Princeton University.

Igitangaje ni uko n’ubwo bari inshuti bisanzwe, Ludwik Silberstein niwe wari uzwiho guhora ajora inyandiko za Albert Einstein.

Muri 1946 nibwo Dr Silberstein yatangiye kwemera ko burya Einstein yari afite ukuri.

Albert Einstein

Nyuma nibwo yaje gutangira kujya muri za Kaminuza gusobanurira abanyeshuri ibitekerezo bya Albert Einstein waje kwitaba Imana mu mwaka wa 1955.

Umwe mu buvivi bwa  Dr Silberstein niwe uherutse kugurisha inyandiko bwite ya Einstein yanditsemo ya formula twavuze haruguru.

Mu mwaka wa 2018 hari indi nyandiko ya Albert Einstein yagurishijwe miliyoni 3$.

Yari irimo ibitekerezo bye ku madini, aho yavugaga ko amadini ndetse n’irya Kiyahudi( nawe yari Umunyahudi nk’uko byari bimeze kuri Ludwik Silberstein) ari ibitekerezo bya cyana bigamije gushimisha imyuka itaboneka bikomoka ku ntege nke za muntu,  ibyo yise ‘Childish Superstition’ Born of ‘Human Weakness’.

TAGGED:CyamunaraEinsteinfeaturedInyandikoUbugenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intambara Y’Abatalibani Kuri Leta Y’Afghanistan Yubuye
Next Article Umukozi Wa RIB Yafashwe Yakira Ruswa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Ari Muri Qatar Mu Kwigira Hamwe N’Abandi Icyarushaho Guteza Imbere Isi

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

‘Rwabuze Gica’ Hagati Ya Ndayishimiye N’Abacuruza Lisansi

Kicukiro: Ikigo Kivura Indwara Z’Umutima Kiruzura Umwaka Utaha

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

You Might Also Like

Mu mahanga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?