Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibipimo Byemeje Ko Coronavirus Ya Delta Irimo Gukwirakwira mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Ibipimo Byemeje Ko Coronavirus Ya Delta Irimo Gukwirakwira mu Rwanda

admin
Last updated: 15 July 2021 6:18 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yemeje ko ibipimo bifatwa bigaragaza ko mu Rwanda hari coronavirus yihinduranyije yo mu bwoko bwa Delta, ari nayo irimo gutuma abarwara COVID-19 baba benshi kurusha uko byari bisanzwe.

Coronavirus zahoze zifite amazina ajyanye n’ibihugu zagaragayemo mbere aheruka guhindurwa, zihabwa amazina ajyanye n’inyuguti z’Ikigereki. Iyo mu Bwongereza yiswe Alpha, iyo muri Afurika y’Epfo yitwa Beta, iyo muri Brazil yitwa Gamma naho iyo mu Buhinde yitwa Delta. Ubu ya Delta yamaze kubyara Delta Plus.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yavugiye kuri RBA ko ibimenyetso abasangwamo uburwayi barimo kugaragaza bitandukanye n’ibyari bimenyerewe.

Ati “Birashoboka ko [virus zihinduranyije] zaba zihari, kandi uko bigaragara mu bipimo turimo gukora, ibimenyetso simusiga bitwereka ko Delta ihari mu Rwanda turabibona. N’ubukana bw’indwara, n’iyo uganiriye n’abaganga ukuntu bavugana n’abarwayi, araza akubwira ati ‘umurwayi w’ubungubu wa COVID aza afite ibindi bimenyetso tutakundaga kumva mbere aho dusuzumira abarwayi.”

“Bamwe baza bakubwira ko bafite umutwe ukabije, ni ubwa mbere twumvise icyo kimenyetso, bakakubwira ukuntu baba bananiwe cyane, guhumeka bigoye, bivuze ngo ni bwa bukana bw’iyi covid yihinduranyije ya Delta.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Nsanzimana Sabin, aheruka kuvuga ko Delta, ukwihinduranya kubiri kwayo gutuma yihuta cyane kurusha izindi mu kwandura, ku buryo niba umuntu umwe yanduzaga undi umwe, arimo kwaduza abantu bane.

Naho niba umuntu yanduzaga undi mu gihe cy’iminota 15 bicaranye, umuntu wanduye Coronavirus ya Delta ashobora kumwanduza mu masegonda 15.

Minisitiri Ngamije yavuze ko ari nayo irimo gutuma ubwandu bwiyongera, kuko mu gihe mbere byafahe amezi abiri kugira ngo haboneke ubwandu bwo hejuru, ubu byafashwe ibyumweru bine gusa, imibare ihita itumbagira.

Kugeza ubu u Rwanda rurimo kubona abarwayi basaga 800 ku munsi, n’abapfa basaga 10.

Yakomeje ati “Ni ukuvuga ngo ubwandu burakwirakwira mu buryo bworoshye cyane.”

Yavuze ko iyo bigeze ku bantu badakingiwe ibyago byo kuremba no gupfa biba byinshi, cyane cyane iyo bigeze ku bantu bakuze.

Yakomeje ati “Leta iri gukora ibishoboka byose kugira ngo inkingo ziboneke, ariko igihe zitaraboneka abantu nibirinde, naho ubundi barakuzanira indwara iguhitana.”

Abamaze gukingirwa mu Rwanda basaga ibihumbi 392. Abanduye barenga ibihumbi 45 mu gihe abapfuye ari 507 barimo 16 bapfuye kuri uyu wa Gatatu.

TAGGED:COVID-19DeltaDr Daniel Ngamijefeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda Yarekuye Abandi Banyarwanda Cumi N’Umwe
Next Article AKUMIRO:Ikigo Cy’Umubiligi Cyanyereje Miliyari 113 Frw Z’Imisoro Ya Leta Y’U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?