Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibipimo Byemeje Ko Coronavirus Ya Delta Irimo Gukwirakwira mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Ibipimo Byemeje Ko Coronavirus Ya Delta Irimo Gukwirakwira mu Rwanda

Last updated: 15 July 2021 6:18 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yemeje ko ibipimo bifatwa bigaragaza ko mu Rwanda hari coronavirus yihinduranyije yo mu bwoko bwa Delta, ari nayo irimo gutuma abarwara COVID-19 baba benshi kurusha uko byari bisanzwe.

Coronavirus zahoze zifite amazina ajyanye n’ibihugu zagaragayemo mbere aheruka guhindurwa, zihabwa amazina ajyanye n’inyuguti z’Ikigereki. Iyo mu Bwongereza yiswe Alpha, iyo muri Afurika y’Epfo yitwa Beta, iyo muri Brazil yitwa Gamma naho iyo mu Buhinde yitwa Delta. Ubu ya Delta yamaze kubyara Delta Plus.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yavugiye kuri RBA ko ibimenyetso abasangwamo uburwayi barimo kugaragaza bitandukanye n’ibyari bimenyerewe.

Ati “Birashoboka ko [virus zihinduranyije] zaba zihari, kandi uko bigaragara mu bipimo turimo gukora, ibimenyetso simusiga bitwereka ko Delta ihari mu Rwanda turabibona. N’ubukana bw’indwara, n’iyo uganiriye n’abaganga ukuntu bavugana n’abarwayi, araza akubwira ati ‘umurwayi w’ubungubu wa COVID aza afite ibindi bimenyetso tutakundaga kumva mbere aho dusuzumira abarwayi.”

“Bamwe baza bakubwira ko bafite umutwe ukabije, ni ubwa mbere twumvise icyo kimenyetso, bakakubwira ukuntu baba bananiwe cyane, guhumeka bigoye, bivuze ngo ni bwa bukana bw’iyi covid yihinduranyije ya Delta.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Nsanzimana Sabin, aheruka kuvuga ko Delta, ukwihinduranya kubiri kwayo gutuma yihuta cyane kurusha izindi mu kwandura, ku buryo niba umuntu umwe yanduzaga undi umwe, arimo kwaduza abantu bane.

Naho niba umuntu yanduzaga undi mu gihe cy’iminota 15 bicaranye, umuntu wanduye Coronavirus ya Delta ashobora kumwanduza mu masegonda 15.

Minisitiri Ngamije yavuze ko ari nayo irimo gutuma ubwandu bwiyongera, kuko mu gihe mbere byafahe amezi abiri kugira ngo haboneke ubwandu bwo hejuru, ubu byafashwe ibyumweru bine gusa, imibare ihita itumbagira.

Kugeza ubu u Rwanda rurimo kubona abarwayi basaga 800 ku munsi, n’abapfa basaga 10.

Yakomeje ati “Ni ukuvuga ngo ubwandu burakwirakwira mu buryo bworoshye cyane.”

Yavuze ko iyo bigeze ku bantu badakingiwe ibyago byo kuremba no gupfa biba byinshi, cyane cyane iyo bigeze ku bantu bakuze.

Yakomeje ati “Leta iri gukora ibishoboka byose kugira ngo inkingo ziboneke, ariko igihe zitaraboneka abantu nibirinde, naho ubundi barakuzanira indwara iguhitana.”

Abamaze gukingirwa mu Rwanda basaga ibihumbi 392. Abanduye barenga ibihumbi 45 mu gihe abapfuye ari 507 barimo 16 bapfuye kuri uyu wa Gatatu.

TAGGED:COVID-19DeltaDr Daniel Ngamijefeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda Yarekuye Abandi Banyarwanda Cumi N’Umwe
Next Article AKUMIRO:Ikigo Cy’Umubiligi Cyanyereje Miliyari 113 Frw Z’Imisoro Ya Leta Y’U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?