Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibimenyetso Byose Bigaragaza Ko Me Bukuru Ntwali Yiyahuye – RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Ibimenyetso Byose Bigaragaza Ko Me Bukuru Ntwali Yiyahuye – RIB

admin
Last updated: 09 June 2021 3:48 pm
admin
Share
SHARE

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira Thierry yavuze ko ibimenyetso bamaze kubona bihamya neza ko umunyamategeko Bukuru Ntwali yiyahuye, igisigaye kikaba ari ukumenya impamvu yabimuteye.

Bukuru Ntwali wari umenyerewe mu kugaragaza ibibazo bw’Abayamulenge mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yabonetse yapfuye ku wa 2 Kamena 2021.

Abatangabuhamya bavuze ko yiyahuriye ku igorofa y’ubucuruzi izwi nk’Inkundamahoro. Ntabwo impamvu zabimuteye zirajya ahabona.

Dr Murangira yavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko ibimenyetso bamaze kubona byemeza ko Bukuru Ntwali yiyahuye.

Ati “Amashusho ya kamera (camera) y’igihe yinjiriye n’ukuntu yaje, arinjira, arazamuka muri etaje, ageze hejuru arinaga, ibyo ngibyo amashusho arabigaragaza neza nta gushidikanya kurimo.”

Dr Murangira yavuze ko nyamara hari abantu buririye ku byabaye batangira gukabiriza ibintu bavuga ko yishwe, undi ‘munyamakuru’ ageze aho byabereye aha ikiganiro umurwayi wo mutwe uzwi Nyabugogo, amubaza uko byagenze.

Undi ngo yamubwiye ko nyakwigendera yaje agaparika imodoka, mu gihe ngo nta modoka yagiraga ndetse ko bishoboka ko atari azi no kuyitwara.

Uwatangaga ikiganiro ngo yanavuze ko Bukuru ashobora kuba yiyahuye nyuma yo gusanga umugore we arimo gusambana, ibintu Murangira avuga ko ari ugukwiza ibihuha.

Yakomeje ati “Me Bukuru yariyahuye, amashusho n’ibimenyetso birabigaragaza neza, ahubwo noneho igisigaje kugaragazwa na RIB ni impamvu yiyahuye, ariko kwiyahura ko yariyahuye.”

“Noneho ugasanga umuntu atangaje ibyo bintu, ntiyitaye no ku ngaruka biri bugire ku basigaye, umuryango we, ari umugore we, ntatekereje icyo gihe umuntu afite akababaro ko abuze umuntu, wongeyeho kumusoga umusigira igisebo kizasigara mu muryango, ngo ni ugushaka abareba ikiganiro!”

Murangira yavuze ko ibyo ari ugukwiza ibihuha, bikaba bigomba gutangira gukurikirwanwa.

Yavuze ko habayeho kwigisha guhagije ku buryo igitahiwe ari ugukurikiza amategeko, kandi ko arimo ingingo zikarishya zizabahana.

Biteganywa ko Me Ntwari azashyingurwa kuri uyu wa Kane tariki 10 Kamena 2021, mu irimbi rya Rusororo.

TAGGED:AbanyamulengefeaturedKwiyahuraMe Bukuru NtwaliNyabugogo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Y’Epfo Yasabiwe Ibihano Kubera Gucumbikira ‘Abajenosideri’
Next Article Leta Y’Afurika Y’Epfo Yahakanye Iby’Umubyeyi Wabyaye Abana 10
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?