Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibimenyetso Byose Bigaragaza Ko Me Bukuru Ntwali Yiyahuye – RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Ibimenyetso Byose Bigaragaza Ko Me Bukuru Ntwali Yiyahuye – RIB

Last updated: 09 June 2021 3:48 pm
Share
SHARE

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira Thierry yavuze ko ibimenyetso bamaze kubona bihamya neza ko umunyamategeko Bukuru Ntwali yiyahuye, igisigaye kikaba ari ukumenya impamvu yabimuteye.

Bukuru Ntwali wari umenyerewe mu kugaragaza ibibazo bw’Abayamulenge mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yabonetse yapfuye ku wa 2 Kamena 2021.

Abatangabuhamya bavuze ko yiyahuriye ku igorofa y’ubucuruzi izwi nk’Inkundamahoro. Ntabwo impamvu zabimuteye zirajya ahabona.

Dr Murangira yavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko ibimenyetso bamaze kubona byemeza ko Bukuru Ntwali yiyahuye.

Ati “Amashusho ya kamera (camera) y’igihe yinjiriye n’ukuntu yaje, arinjira, arazamuka muri etaje, ageze hejuru arinaga, ibyo ngibyo amashusho arabigaragaza neza nta gushidikanya kurimo.”

Dr Murangira yavuze ko nyamara hari abantu buririye ku byabaye batangira gukabiriza ibintu bavuga ko yishwe, undi ‘munyamakuru’ ageze aho byabereye aha ikiganiro umurwayi wo mutwe uzwi Nyabugogo, amubaza uko byagenze.

Undi ngo yamubwiye ko nyakwigendera yaje agaparika imodoka, mu gihe ngo nta modoka yagiraga ndetse ko bishoboka ko atari azi no kuyitwara.

Uwatangaga ikiganiro ngo yanavuze ko Bukuru ashobora kuba yiyahuye nyuma yo gusanga umugore we arimo gusambana, ibintu Murangira avuga ko ari ugukwiza ibihuha.

Yakomeje ati “Me Bukuru yariyahuye, amashusho n’ibimenyetso birabigaragaza neza, ahubwo noneho igisigaje kugaragazwa na RIB ni impamvu yiyahuye, ariko kwiyahura ko yariyahuye.”

“Noneho ugasanga umuntu atangaje ibyo bintu, ntiyitaye no ku ngaruka biri bugire ku basigaye, umuryango we, ari umugore we, ntatekereje icyo gihe umuntu afite akababaro ko abuze umuntu, wongeyeho kumusoga umusigira igisebo kizasigara mu muryango, ngo ni ugushaka abareba ikiganiro!”

Murangira yavuze ko ibyo ari ugukwiza ibihuha, bikaba bigomba gutangira gukurikirwanwa.

Yavuze ko habayeho kwigisha guhagije ku buryo igitahiwe ari ugukurikiza amategeko, kandi ko arimo ingingo zikarishya zizabahana.

Biteganywa ko Me Ntwari azashyingurwa kuri uyu wa Kane tariki 10 Kamena 2021, mu irimbi rya Rusororo.

TAGGED:AbanyamulengefeaturedKwiyahuraMe Bukuru NtwaliNyabugogo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Y’Epfo Yasabiwe Ibihano Kubera Gucumbikira ‘Abajenosideri’
Next Article Leta Y’Afurika Y’Epfo Yahakanye Iby’Umubyeyi Wabyaye Abana 10
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?