Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibintu 5 Ku Mavugurura Yakozwe Mu Gutanga Ubwenegihugu Nyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibintu 5 Ku Mavugurura Yakozwe Mu Gutanga Ubwenegihugu Nyarwanda

admin
Last updated: 30 July 2021 4:17 pm
admin
Share
SHARE

Leta y’u Rwanda yongereye impamvu zishobora guhesha umunyamahanga ubwenegihugu nyarwanda, ariko ikaza uburyo bwo kubutanga nk’uko bigaragara mu itegeko rishya ryasohotse.

Nk’uko bisanzwe, biremewe kugira ubwenegihugu burenze bumwe, ariko ubwenegihugu Nyarwanda ni bwo bwitabwaho iyo hari amategeko y’u Rwanda agomba kubahirizwa.

Itegeko ngenga rishya ryerekeye ubwenegihugu nyarwanda ryatangajwe mu igazeti ya Leta ku wa 28 Nyakanga, risimbura iryagenderwagaho kuva mu 2008.

Ubwenegihugu nyarwanda bushyirwa mu byiciro bibiri: ubwenegihugu butangwa n’ubwenegihugu bw’inkomoko.

Ubwenegihugu bw’inkomoko ni ukuvuga ubukomoka ku kuvuka nibura kuri umwe mu babyeyi ufite inkomoko mu Rwanda – bwo nta n’impaka bugibwaho – mu gihe ubwenegihugu butangwa ari ubuhabwa umuntu hashingiwe ku mpamvu ziteganywa n’itegeko.

  1. Impamvu zongerewe

Mu itegeko rishya hashyizwemo impamvu 11 zishingirwaho mu gutanga ubwenegihugu nyarwanda.

Ni ukuvukira ku butaka bw’u Rwanda; umwana utoraguwe; ishyingirwa; kubera umubyeyi umwana utabyaye; inyungu z’igihugu; ubumenyi cyangwa impano byihariye; ishoramari cyangwa ibikorwa binini kandi birambye; kuba mu Rwanda; icyubahiro; kuba umwimukira no kutagira ubwenegihugu.

Mu itegeko ryo mu 2008 hateganywagamo ko ubwenegihugu butangwa ari ubushingiye ku kuvukira mu Rwanda, ku ishyingirwa, ku kugirwa umwana no ku kugirwa umunyarwanda.

Itegeko riteganya ko umuntu uvukiye mu Rwanda ku babyeyi b’abanyamahanga baba mu Rwanda byemewe n’amategeko, igihe agejeje imyaka 18 ashobora gusaba ubwenegihugu nyarwanda.

Ho nta mpinduka zabaye.

Umwana utoraguwe mu Rwanda na we afatwa nk’uvukiye mu Rwanda.

  1. Ubwenegihugu bushyingiye ku ishyingirwa

Ingingo ijyanye no gutanga ubwenegihugu nyarwanda hashingiwe ku ishyingiranwa yo yakozweho impinduka, hakumirwa ko umunyamahanga ashobora gushaka umunyarwanda agamije kubona ubwenegihugu mu buryo bworoshye.

Mu itegeko ryo mu 2008 byateganywaga ko umunyamahanga washyingiranywe n’Umunyarwanda ashobora kubona ubwenegihugu igihe abusabye, ubushyingiranwe bwabo bumaze imyaka itatu.

Mu itegeko rishya byahinduwe, imyaka bagomba kuba bamaranye igirwa itanu.

Ku gihe cyo guhabwa ubwenegihugu bagomba kuba bakibana.

Biteganywa ko ubwo bwenegihugu umuntu ashobora kubwamburwa igihe byagaragara ko ishyingiranwa ryabaye ku bw’inabi, hagambiriwe kubona cyangwa gufasha umuntu kubona ubwenegihugu nyarwanda.

  1. Ubwenegihugu kubera kuba mu Rwanda 

Itegeko rishaje ryateganyaga ko umunyamahanga ashobora gusaba ndetse agahabwa ubwenegihugu nyarwanda, igihe afite imyaka 18 kandi igihe asabiye aba mu Rwanda kuva nibura mu myaka itanu ishize.

Mu itegeko rishya hemejwe ko uwo munyamahanga agomba kuba amaze nibura imyaka 15 aba mu Rwanda mu buryo bwemewe n’amategeko.

Biteganywa ko agomba kuba azi umuco, indangagaciro nyarwanda kandi abyubaha.

Igihe yamaze mu mahanga kubera impamvu z’akazi k’Igihugu cyangwa yiga, afite uruhushya rw’ubutegetsi bw’u Rwanda, na cyo kibarwa mu gihe amaze mu Rwanda.

  1. Izindi mpamvu z’ubwenegihugu

Mu mpamvu zongewe mu itegeko harimo ko umuntu ashobora no guhabwa ubwenegihugu ku nyungu z’igihugu, ni ukuvuga igihe umuntu ubusaba, igihugu kimufitemo inyungu.

Icyo gihe urwego rubifitiye ububasha rwandika ibaruwa isobanura izo nyungu z’igihugu.

Ni kimwe no ku bwenegihugu butangwa hashingiwe ku bumenyi cyangwa ku mpano byihariye, aho ababuhabwa bagomba kuba bafite ubumenyi cyangwa impano byihariye bikenewe mu Rwanda.

Hagomba kandi kuba hari ibaruwa urwego bireba rugenera urwego rubifitiye ububasha, isobanura uburyo ubumenyi cyangwa impano byihariye usaba afite bikenewe mu Rwanda, bikaba byashingirwaho ahabwa ubwenegihugu nyarwanda.

Ni kimwe no ku bwenegihugu butangwa hashingiwe ku ishoramari cyangwa ibikorwa birambye umuntu afite. Agomba kuba afite ibaruwa urwego bireba rugenera urwego rubifitiye ububasha, igaragaza ishoramari cyangwa ibikorwa binini kandi birambye by’usaba mu Rwanda.

Uhabwa bene ubwo bwenegihugu azajya asabwa kuba ari inyangamugayo, afite imyifatire myiza kandi akaba atahungabanya umutekano w’igihugu.

Ubwenegihugu bw’icyubahiro bwo buzaba butangwa mu guha agaciro imyitwarire y’umwihariko y’umuntu cyangwa guha agaciro ibikorwa by’indashyikirwa by’umwihariko by’umuntu.

  1. Hashyizweho n’ibihano

Itegeko rishya riteganya ko umuntu wahawe ubwenegihugu nyarwanda azajya abwamburwa igihe bigaragaye ko yabubonye akoresheje uburiganya, amakuru atariyo, inyandiko ihinduye cyangwa irimo ikinyoma.

Icyo gihe nabihamywa n’inkiko azahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi, n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 3 Frw ariko itarenze miliyoni 5 Frw.

Undi uzajya wamburwa ubwenegihugu ni igihe bimenyekanye ko yari agambiriye kugambanira Repubulika y’u Rwanda cyangwa igihe imyitwarire ye ihungabanya umutekano w’igihugu.

Biteganywa ko umuntu uzahamwa no gufasha undi muntu kubona ku bw’uburiganya ubwenegihugu nyarwanda, azahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarengeje imyaka irindwi, n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 3 Frw ariko itarenze miliyoni 5 Frw.

Ni mu gihe umukozi w’urwego rubifitiye ububasha uzagira uruhare mu itangwa ry’icyemezo cy’ubwenegihugu nyarwanda butangwa mu buriganya, we azahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi, ariko kitarenze 10.

TAGGED:featuredPasiporoUbwenegihugu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwashyikirije U Burundi Abarwanyi 19 Bafatiwe Muri Nyungwe
Next Article Umuyobozi w’Abasekirite Afunzwe Akurikiranyweho Gusaba Ishimishamubiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?