Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibitaro bya Nyamata bivugwamo kutagira amazi, Meya ati: ‘Amazi se abura ate mu bitaro?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibitaro bya Nyamata bivugwamo kutagira amazi, Meya ati: ‘Amazi se abura ate mu bitaro?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 December 2020 11:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Meya Mutabazi na Dr Rutagengwa bakira imbangukiragutabara nshya
SHARE

Ibitaro bya Nyamata biri mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera biravugwamo umwanda mu bitanda by’abarwayi kuko nta mazi ahagije yo gusukura amashuka n’ibindi babona. Meya wa Bugesera Richard Mutabazi avuga ko atari azi ayo makuru, akibaza ukuntu amazi abura mu bitaro.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyamata, Dr William Rutagengwa yemeza ko amazi ahari kandi ko atajya abura kuko bakoresha aya WASAC n’ay’imvura iyo bibaye ngombwa.

Bamwe mu baganga bahakorera babwiye Taarifa ko amazi y’aho aboneka ari ko azanywe n’abashinzwe isuku mu gitondo, bigatuma hari abarwayi batinda gukorerwa isuku ndetse n’abaganga baraye ku izamu ntibitegure hakiri kare.

Umwe muribo utashatse ko dutangaza amazina ye avuga ko ibigega by’amazi biba muri kiriya kigo byumye, bitabamo amazi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko yageze muri kiriya kigo agasanga nta mazi ahagije gifite.

Ati: “ Nta mazi aba muri robine z’iki kigo kandi ni ibitaro by’Akarere byagombye kuba bifite amazi ahagije. Biragoye kuba nta mazi ahagije aba muri iki kigo kandi gifite abarwayi kigomba kwitaho. Sinzi ikizakorwa pe!”

Yemeza ko iyo urebeye inyuma ushobora kubona ko kiriya kigo kimeze neza ariko iyo ugeze aho abarwayi barara nibwo ubona ubukana bw’ikibazo.

Richard Mutabazi uyobora Akarere ka Bugesera ari nako gashinzwe ibitaro bya Nyamata yabwiye Taarifa ko atari azi amakuru y’uko ibitaro bya Nyamata bidafite amazi.

Yadusubije kuri WhatsApp ati: “Ntabyo nzi, ariko nabaza. Amazi se yabura ate mu bitaro?”

- Advertisement -

Ikibazo Meya Mutabazi yibaza ni nacyo buri wese yakwibaza.

Hari amakuru twamenye avuga ko hari ubwo amazi abura akamara iminsi ibiri

Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyamata Dr William Rutagengwa avuga ko abavuga ko nta amzi ahagije ari mu kigo babeshya kuko ahari kandi ahagije.

Avuga ko amazi ya WASAC bafite yunganirwa n’ayo bareka, agakusanyirizwa mu bigega avuga ko ari byinshi kandi bihagije mu kigo.

Dr Rutagengwa avuga ko muri iki gihe Akarere ka Bugesera kari hafi gukemura ikibazo cy’amazi yari amaze igihe ari make mu Karere.

Yagize ati: “ Mu kigo nshinzwe hari amazi duhabwa na WASAC aza mu matiyo akaba ariyo aza mu robine, Hari amazi dukusanya avuye muri tanks tuyakusanya mu bihe by’imvura. Hari  ane manini ari hepfo y’ibitaro, hari n’andi.”

Ku rundi ruhande ariko, yemera ko amazi ya WASAC ari make, bikaba ngombwa ko bitabaza amazi y’imvura bareka.

TAGGED:AmazifeaturedIbitaroMutabaziNyamataRutagengwaUmwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abana 4 bitabiriye Shampiyona Nyafurika ya Karate y’abatarengeje imyaka 14
Next Article Somalia: Inzige zongeye kwibasira imirima y’abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?