Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibitaro bya Nyamata bivugwamo kutagira amazi, Meya ati: ‘Amazi se abura ate mu bitaro?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibitaro bya Nyamata bivugwamo kutagira amazi, Meya ati: ‘Amazi se abura ate mu bitaro?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 December 2020 11:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Meya Mutabazi na Dr Rutagengwa bakira imbangukiragutabara nshya
SHARE

Ibitaro bya Nyamata biri mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera biravugwamo umwanda mu bitanda by’abarwayi kuko nta mazi ahagije yo gusukura amashuka n’ibindi babona. Meya wa Bugesera Richard Mutabazi avuga ko atari azi ayo makuru, akibaza ukuntu amazi abura mu bitaro.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyamata, Dr William Rutagengwa yemeza ko amazi ahari kandi ko atajya abura kuko bakoresha aya WASAC n’ay’imvura iyo bibaye ngombwa.

Bamwe mu baganga bahakorera babwiye Taarifa ko amazi y’aho aboneka ari ko azanywe n’abashinzwe isuku mu gitondo, bigatuma hari abarwayi batinda gukorerwa isuku ndetse n’abaganga baraye ku izamu ntibitegure hakiri kare.

Umwe muribo utashatse ko dutangaza amazina ye avuga ko ibigega by’amazi biba muri kiriya kigo byumye, bitabamo amazi.

Avuga ko yageze muri kiriya kigo agasanga nta mazi ahagije gifite.

Ati: “ Nta mazi aba muri robine z’iki kigo kandi ni ibitaro by’Akarere byagombye kuba bifite amazi ahagije. Biragoye kuba nta mazi ahagije aba muri iki kigo kandi gifite abarwayi kigomba kwitaho. Sinzi ikizakorwa pe!”

Yemeza ko iyo urebeye inyuma ushobora kubona ko kiriya kigo kimeze neza ariko iyo ugeze aho abarwayi barara nibwo ubona ubukana bw’ikibazo.

Richard Mutabazi uyobora Akarere ka Bugesera ari nako gashinzwe ibitaro bya Nyamata yabwiye Taarifa ko atari azi amakuru y’uko ibitaro bya Nyamata bidafite amazi.

Yadusubije kuri WhatsApp ati: “Ntabyo nzi, ariko nabaza. Amazi se yabura ate mu bitaro?”

Ikibazo Meya Mutabazi yibaza ni nacyo buri wese yakwibaza.

Hari amakuru twamenye avuga ko hari ubwo amazi abura akamara iminsi ibiri

Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyamata Dr William Rutagengwa avuga ko abavuga ko nta amzi ahagije ari mu kigo babeshya kuko ahari kandi ahagije.

Avuga ko amazi ya WASAC bafite yunganirwa n’ayo bareka, agakusanyirizwa mu bigega avuga ko ari byinshi kandi bihagije mu kigo.

Dr Rutagengwa avuga ko muri iki gihe Akarere ka Bugesera kari hafi gukemura ikibazo cy’amazi yari amaze igihe ari make mu Karere.

Yagize ati: “ Mu kigo nshinzwe hari amazi duhabwa na WASAC aza mu matiyo akaba ariyo aza mu robine, Hari amazi dukusanya avuye muri tanks tuyakusanya mu bihe by’imvura. Hari  ane manini ari hepfo y’ibitaro, hari n’andi.”

Ku rundi ruhande ariko, yemera ko amazi ya WASAC ari make, bikaba ngombwa ko bitabaza amazi y’imvura bareka.

TAGGED:AmazifeaturedIbitaroMutabaziNyamataRutagengwaUmwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abana 4 bitabiriye Shampiyona Nyafurika ya Karate y’abatarengeje imyaka 14
Next Article Somalia: Inzige zongeye kwibasira imirima y’abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?