Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibizamini Bya Leta Byatangiye, Abarwaye COVID-19 Bashyirirwaho Uburyo Bwihariye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibizamini Bya Leta Byatangiye, Abarwaye COVID-19 Bashyirirwaho Uburyo Bwihariye

admin
Last updated: 12 July 2021 10:44 am
admin
Share
SHARE

Igihe cy’ibizamini bya Leta bisoza uyu mwaka w’amashuri mu byiciro bitandukanye cyageze. Kuri uyu wa Mbere byatangiriye ku basoza amashuri abanza bagera ku 254,678, bikazakomereza ku bindi byiciro.

Ni ibizamini bizakorwa n’abanyeshuri 450,665 barimo abasoza amashuri abanza, icyiciro rusange, ay’isumbuye, imyuga n’ubumenyingiro.

Mu batangiye ibizamini harimo abana 23 bagororerwa muri Gereza y’Abana ya Nyagatare, barimo gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza.

Ibi bizamini byari bitegerejwe cyane nyuma y’uko umwaka ushize wabaye impfabusa kuko amashuri yasubitswe igihe kirekire kubera icyorezo cya COVID-19, akongera gusubukurwa muri Nzeri 2020.

Minisitiri w’Uburezi Dr Valentine Uwamariya yavuze ko ibizamini byateguwe neza kandi hashyizweho uburyo butuma bikorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19, n’abanduye bagahabwa amahirwe yo gukora ikizamini. Yari mu kiganiro kuri Televiziyo Rwanda.

Hateganyijwe ko abanyeshuri bajya mu kizamini bafite ibikoresho byose bakeneye ku buryo hatabamo gutizanya, bakabanza gukaraba mbere yo kwinjira mu bizamini ndetse basoza bagahita bataha.

Minisitiri Uwamariya yakomeje ati “Bazakora ibizamini nk’uko basanzwe bakora, icyiyongereyeho ni ubwirinzi bwisumbuye kuko nk’ibigo twakoreragaho umwaka ushize twarabyongereye, impamvu ni ukugira ngo abana hazemo ya ntera twifuza.”

Minisiteri y’Uburezi yateguye ibigo 1,021 bikorerwamo ibizamini, ugereranyije n’ibigo 938 byakoreweho mu 2019.

Yavuze ko bitabaye ngombwa ko abanyeshuri bose babanza gupimwa, nubwo ibipimo biheruka byafashwe bigera ku 6300 byagaragaje abanyeshuri 73 banduye COVID-19.

Abana basanzwemo COVID-19 bariyandikishije mu bakora ibizamini bashyiriweho icyumba cyihariye bazakoreramo.

Minisitiri Uwamariya yakomeje ati “Ubundi uko byari bisanzwe iyo umwana yarwaraga atabasha kugera ku ishuri, buriya twamusangishaga ikizamini aho ari, akajyana n’abashinzwe umutekano, akajyana n’abamukurikirana, ariko ubungubu ku byerekeranye n’iki cyorezo cya COVID ntabwo twakora gutyo kuko abana ntawe uri mu bitaro, bose barwariye mu ngo.”

“Abo bana rero ejo bazajya ku mashuri nabo bateganyirizwe icyumba cyihariye, habe hari umuntu wo kwa muganga, ni ukuvuga ngo tuzakorana n’amavuriro ari hafi ahongaho ku buryo nta mwana uzacikanwa.”

Yavuze ko imibare Minisiteri y’Uburezi ifite ari uko nta mwana n’umwe urembye, bose barwariye mu ngo.

Biteganywa ko abo bana bazakorera ahantu ha bonyine mu bwirinzi bukomeye, ibizamini byabo bikazafungurwa nyuma y’iminsi icumi, kuko ubwandu bwafashe ku kintu runaka buba butagishobora gukwirakwira.

Ibi bizamini by’amashuri abanza bizakorwa kugeza ku wa 14 Nyakanga 2021.

Minisitiri Uwamariya yasabye abantu bose kugira uruhare mu gutuma ibizamini bigenda neza.

Ati “N’umuntu wese wabona umwana atambatamba hirya no hino yajya amuhwitura ati ‘ihute ujye mu rugo, dufite icyizere ko bari budufashe.”

Nyuma y’amashuri abanza hazakurikiraho ibizamini byo mu mashuri yisumbuye bizakorwa ku wa 20 – 27 Nyakanga ku bizamini byanditse ku barangije umwaka wa gatatu n’uwa gatandatu mu mashuri yisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyingiro.

Abiga ibijyanye na siyansi bazongeraho indi minsi itatu kugeza ku wa 30 Nyakanga, bazakoramo ibizamini ngiro.

Abazakora ibizamini bisoza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye ni 122,320, abazakora ibisoza icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye ni 50,888 naho abazakora ibisoza amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ni 22,779.

Minisitiri w’Uburezi Dr Valentine Uwamariya
TAGGED:COVID-19Dr Uwamariya ValentinefeaturedIbizamini
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore Wa Perezida Wa Haïti Yagize Icyo Atangaza Ku Iyicwa Rye
Next Article U Rwanda ‘Rwahize’ SADC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?