Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibya Bruce Melodie Mu Burundi Birimo Gishegesha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Ibya Bruce Melodie Mu Burundi Birimo Gishegesha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 September 2022 2:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko afashwe agafungwa avugwaho kwambura umucuruzi wo mu burundi ariko akaza kurekurwa, ubu Umuvugizi wa Minisiteri y’Umutekano mu Burundi witwa Pierre Nkurikiye yavuze ko n’ubwo Melodie yacuranga mu bitaramo byamuzanye, ariko ngo ntiyemerewe kuva i Bujumbura.

Bivuze ko uyu Munyarwanda afungishirijwe ijisho mu Burundi.

Pierre Nkurikiye ni Umuvugizi wa Minisiteri y’umutekano mu Burundi.

Avuga ko n’ubwo uyu muhanzi atakiri mu gasho ka Polisi mu Bwiza, ariko  ubu afungishijwe ijisho.

Nkurikiye yashimangiye  ko uyu muhanzi “atemerewe kurenga Umujyi wa Bujumbura mu gihe atarishyura uwamureze ubwambuzi bushukana.”

Itahiwacu Bruce wongeyeho izina Melodie ashinjwa ubwambuzi bushukana  bivugwa ko yakoreye umukire w’i Burundi wari wamutumiye mu gitaramo muri kiriya gihugu kikaza gusubikwa mu mwaka wa 2021.

Umukire Toussaint bivugwa ko ari we Bruce Melodie yambuye amushutse, yasabye ko n’imodoka ya Melodie iba ifatiriwe.

Uyu mukire asanzwe afite akabari gakomeye, kandi agategura n’ibitaramo bikomeye.

Si ibi gusa akora ahubwo ngo akora n’ubucuruzi bw’amafaranga bita Banki Lambert. Mu Rwanda ibi ntibyemewe.

Ni ibikorwa byo kugurizanya amafaranga uyahawe agatanga ingwate ku byo atunze binyuze mu masezerano ya rwihishwa.

Amakuru avuga ko Bruce Melodie agomba kwishyura Miliyoni FRW 17.

Toussaint arishyuza Bruce Melodie amadolari ibihumbi ($2000) yamuhaye nk’igice cy’amadolari ibihumbi bitandatu ($6000) bari bemeranyije ko azakorera  mu gitaramo yagombaga kwitabira mu mwaka wa 2021.

Hari na Miliyoni FRB 30( ni amafaranga akoreshwa mu Burundi))  afata nk’igihombo yatewe no kuba Bruce Melodie ataritabiriye igitaramo cye.

Bruce Melodie yavuze ko atitabiriye kiriya gitaramo kubera impungenge z’umutekano we.

Ubwo yabazwaga na Polisi iherereye mu Bwiza i Bujumbura, Melodie yemera kwishyura amadolari ibihumbi bibiri ($2000) yafashe,  icyakaora akavuga  izo miliyoni 30 z’amarundi atazemera.

Ikindi gikomeye ni uko hari amakuru avuga ko n’ibitaramo yari buzakore hagati ya Taliki2 na Taliki 03, Nzeri, 2022 ‘bitakibaye.’

Nibiba nk’uko biri kuvugwa, bizaba ari ishyano rigwiriye Bruce Melodie kuko yazishyuzwa igihombo byazateza ababiguye biriya bitaramo.

Ingingo ya 301 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Burundi ivuga ko umuntu uhamijwe icyaha cy’ubwambuzi bushukana ahanishwa igifungo kuva ku mezi abiri kugeza ku myaka itanu cyangwa ihazabu y’amafaranga 50 000 by’amarundi kugeza ku 200 000 by’amarundi, cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

TAGGED:BruceBurundiMelodiePolisiUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikibatsi Cy’Umubano: Dr Biruta Yakiriye Minisitiri W’Ububanyi N’Amahanga Wa Uganda
Next Article Indege 14 Z’Intambara Z’u Bushinwa Zageze Mu Kirere Cya Taiwan
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?