Ibya Irani Biragenda Gute Nyuma Y’Urupfu Rwa Ayatollah

Umwanditsi wa Taarifa
5 Min Read
Imwe mu ndege 200 z'intambara za Israel yateye Irani: Ifoto: The Jerusalem Post

Uwahoze ayobora urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Israel, Yossi Kuperwasser, yatangaje ko intambara hagati ya Israel na Irani ishobora kumara “igihe cyose bizasaba kugira ngo ubutegetsi buhirikwe,” burundu.

Ku wa Gatandatu nimugoroba, Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Ayatollah Ali Khamenei yishwe mu bitero bihuriweho na Amerika na Israel byabaye mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, aho ngo yanapfanye n’abandi bayobozi bakuru barindwi barimo aba gisirikare na gisivili.

Kuri Truth Social Trump yavuze ati: “Khamenei, umwe mu bantu babi kurusha abandi mu mateka, yapfuye.” yongeraho ko ibi atari ubutabera ku baturage ba Irani gusa, ahubwo no ku Banyamerika n’abandi bantu bo mu bihugu bitandukanye bishwe cyangwa bakomeretswa n’ibikorwa bye.

Aganira n’ikinyamakuru Daily Mail aho ari mu bwihisho bw’ibisasu i Tel Aviv, Kuperwasser yavuze ko uru rupfu ari “impinduka ikomeye.”

Ati:“Khamenei yari umaze imyaka myinshi ari we ufata ibyemezo bikomeye muri Irani. Yari ahagarariye umurongo ukakaye wo gushyigikira iterabwoba no gukwirakwiza Isilamu y’ubuhezanguni.”

Yongeyeho ko gukurwaho kwe bishobora gufatwa na bamwe mu baturage ba Irani nk“intambwe igana ku bwisanzure,” ndetse ko atatangazwa no kuba hari abari kwishimira urupfu rwe.

Icyuho mu buyobozi

Kuperwasser yavuze ko ubu nta musimbura ugaragara wa Khamenei uhari.

Yagize ati: “Bagomba kubanza gufata icyemezo cy’uzabayobora, cyane cyane ko n’abandi bayobozi bakuru bishwe.”

Nyuma y’ibitero bya Amerika na Israel, humvikanye ibisasu muri Bahrain, Qatar, Kuwait na Abu Dhabi, nyuma y’uko Irani yari yasezeranyije “kwihimura bikomeye.”

Ibigo bya gisirikare bya Amerika byibasiwe birimo Al Dhafra muri UAE, Ali Al Salem muri Kuwait, Muwaffaq al Salti muri Jordan, na Al Udeid i Doha.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko indege z’intambara zigera kuri 200 zagize uruhare mu gikorwa cyavuzwe ko ari cyo kinini kurusha ibindi byigeze bikorwa mu mateka yacyo, zigaba ibitero ku birindiro bya misile n’ubwirinzi bwa Irani mu Burengerazuba no Hagati mu gihugu.

Iki gikorwa cyari kimaze amezi gitegurwa ku bufatanye na Washington, kikaba cyabereye hafi y’ibiro bya Khamenei.

Intambara ishobora kumara igihe

Kuperwasser yaburiye abatekereza ko ibintu bishobora kurangira vuba.

Yagize ati: “Uyu ni umunsi wa mbere gusa. Ubutegetsi bwa Irani ntibuzagwa mu munsi umwe. Hari abatekereza ko byarangira mu minsi itatu, ariko nta cyemeza ko ari ko bizagenda. Bizasaba igihe.”

Yavuze ko intego ya Amerika na Israel ari ukurandura ibikangisho bituruka kuri Irani birimo iterabwoba, misile za balistique na gahunda yayo ya kirimbuzi.

Ati: “Intego ni Uburasirazuba bwo Hagati butekanye, butarangwamo iterabwoba cyangwa Irani yivanga mu bindi bihugu.”

Abashobora guhatanira ubutegetsi

Uyu muhanga mu bya gisirikare yavuze ko mu minsi iri imbere hashobora kugaragara ihatana hagati y’amatsinda atandukanye: abari mu butegetsi imbere mu gihugu, abanyeshuri, imitwe itavuga rumwe n’ubutegetsi, abashyigikiye igikomangoma cyahoze ku ngoma Reza Pahlavi, ndetse n’amoko mato nk’Abakurdi n’Ababaluchi.

Yaburiye ko impinduka ishobora kuba igoye kandi irimo urujijo.

Ati: “Twese twifuza impinduramatwara, ariko ntawe uzi uko izagenda.”

Ese indi mitwe ishobora kwinjira mu ntambara?

Kuperwasser yavuze ko ikibazo gikomeye ari ukumenya niba imitwe ishyigikiwe na Irani mu karere izinjira mu ntambara, cyane cyane Hezbollah n’aba Houthis.

Yavuze ko amahirwe ko aba Houthis bajyamo ari menshi, ariko kuri Hezbollah bikaba bigoye kubera ko bagomba no gutekereza ku nyungu za Libani.

Yahakanye ko ibihugu bikomeye nk’Uburusiye n’Ubushinwa byakwiinjira mu buryo bwa gisirikare butaziguye, avuga ko bishobora gushyigikira inzira ya dipolomasi cyangwa bigatanga intwaro, ariko bitazohereza ingabo.

Impungenge z’ibitero by’iterabwoba

Mu gihe intambara irushaho gukara, ibihugu by’i Burengerazuba byashyizwe ku rwego rwo hejuru rwo kwitegura, aho umuyobozi wa FBI Kash Patel yatangaje ko inzego zishinzwe kurwanya iterabwoba ziri gukora amanywa n’ijoro mu gukumira imigambi ishobora gutegurwa.

Kuperwasser yavuze ko hashobora kubaho ibitero by’iterabwoba mu bihugu by’i Burengerazuba byategurwa na Irani cyangwa Hezbollah, kandi ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Irani bari mu mahanga bashobora kuba mu kaga gakomeye.

Yanasobanuye ko ibiganiro ku ngufu za kirimbuzi hagati ya Washington na Tehran byahagaze mu cyumweru gishize, kuko “ubworoherane ntarengwa bwa Irani bwari bukiri kure cyane y’ibisabwa by’ingenzi bya Amerika,” bityo ntihaboneke uko icyuho cyuzubwa.

Nubwo hari iterabwoba rya misile rikomeje, Kuperwasser yavuze ko muri Israel abaturage benshi bashyigikiye iki gikorwa.

Ati: “Abantu bari mu bwihisho bw’ibisasu, ariko basobanukiwe ko ari igiciro bagomba kwishyura.”

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *