Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibya Murenzi Uvugwaho Kuriganya Diaspora Nyarwanda Bigeze He?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ibya Murenzi Uvugwaho Kuriganya Diaspora Nyarwanda Bigeze He?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 February 2021 1:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru twamenye  avuga ko Daniel Murenzi wari umaze igihe avugwaho gukoresha nabi umutungo wa Diaspora Nyarwanda yitabye Ubugenzacyaha kuri uyu wa Mbere.

Mu masaha ashyira igicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 01, Gashyantare, 2021 nibwo Taarifa yamenye ko Bwana Daniel Murenzi yitabye Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Umuvugizi wa RIB Dr Thierry B Murangira yahamije aya makuru avuga ko Daniel Murenzi yitabye Urwego rw’Ubugenzacyaha mu bihe bitandukanye arabazwa.

Avuga ko yatumijwe nyuma y’uko bari abanyamuryango ba Diaspora nyarwanda bagejeje ikirego kuri RIB bavuga ko uriya mugabo yakoresheje umutungo wabo nabi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Dr Thierry B Murangira yagize ati: “RIB yakiriye ikirego cy’abanyamuryango ba Diaspora, barenga Uwitwa MURENZI Daniel bavuga ko yakoresheje umutungo wabo  nabi mu mushinga wo kwiyubakira amacumbi i Nyamirambo.”

Umuvugizi wa RIB avuga ko ikirego cyabo bacyakiriye, bamwe barabazwa ndetse na Murenzi arabazwa.

Abajijwe igihe Murenzi yitabiye ruriya rwego, Murangira yadusubije ko atari butubwire umunsi kuko atawibuka, ariko ko Bwana Daniel Murenzi yitabye mu bihe bitandukanye.

Avuga ko nyuma yo kumva impande zose, RIB yasabye ko hashyirwaho Komite y’ubugenzuzi( Audit) yigenga kugira ngo icukumbure uko ikibazo giteye nyuma izabagezeho ibyavuyemo nabo babone kubitangaza.

Murenzi yitabye Ubugenzacyaha mu bihe bitandukanye

Dr Thierry B Murangira yatubwiye ko ikigo cyashinzwe gukora buriya bugenzuzi ari ikigo kigenga kandi ko ibizavamo bazabitangariza Taarifa.

- Advertisement -

Abanyarwanda baba mu Rwanda no hanze baherutse kubwira Taarifa  ko Umukozi muri East African Community uyobora Ishami ry’Ikoranabuhanga witwa Daniel Murenzi akaba ari Perezida wa Diaspora Nyarwanda ku rwego rw’Isi yabatekeye umutwe bamuha amafaranga agera kuri Miliyari ebyiri ntiyayakoresha ibyo bemeranyijeho.

Batubwiye ko muri icyo gihe nyuma yo gukeka ko Murenzi yaba yarakoresheje nabi amafaranga yabo bagejeje ikirego ku Bugenzacyaha.

Mu ibaruwa banditse tariki 09, Kanama, 2019 ikakirwa n’uwitwa Sano Pacifique wo muri RIB ku itariki 14, Kanama, 2019 ivuga ko icyo gihe basabye RIB kwinjira mu kibazo cyabo, ikagenzura niba nta buriganya bwakozwe mu mushinga wo kububakira inzu bagombaga kujya bacumbikamo baje mu Rwanda, ariko RIB ibigendamo biguru ntege.

Iriya baruwa yasinyweho na:

Joy Tumwebaze,

Augustin Mutemberezi,

Desiré Ruragaragaza,

Stephen Mugume,

Wycliff Kwikiriza,

George Bataringaya,

Alfred Byigero,

Rose Nyirinkwaya,

Alice Mutesi Buhinja,

Doreen Muhumure,

Betty Mbabazi na

Hope Agasha.

Bamwe mu bashyize umukono ku nyandiko yagejejwe kuri RIB muri 2019

Batubwiye ko icyo gihe nyuma yo kugeza ikibazo cyabo kuri RIB, bayisaba kukinjiramo yababwiye ko icyo batanze atari ikirego ahubwo ari  icyo bita ‘petition’.

Ikirego cyabo bakigejeje ku Kicaro gikuru cya RIB kiri ku Kimihurura.

Hagati aho Dr Joseph Ryarasa Nkurunziza uri ku isonga mu Banyarwanda bashaka ko iby’ikoresha nabi ry’imari yabo rishyirwa ku mugaragaro bagasubizwa ibyabo, yandikiye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Biruta Vincent hamwe na mugenzi we ushinzwe ubutegetsi bw’igihugu n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali  abamenyesha akarengane avuga ko bakorewe na mugenzi wabo.

Mu ibaruwa dufitiye Kopi yanditswe na Dr Joseph Ryarasa Nkurunziza wavuze mu izina rya bagenzi be batishimiye imicungire y’amafaranga yabo, bityo ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, uw’ubutegetsi bw’igihugu n’Umujyi wa Kigali  kwinjira mu kibazo cyabo, kuko ngo kimaze gufata indi ntera.

Ni ibaruwa ya paji eshatu isobanura uko ikibazo cyabo cyatangiye n’icyo bifuza.

Iyi baruwa iri mu Cyongereza isobanura uko ibintu byose byatangiye, ababigizemo uruhare[ku mpande zombi, ni ukuvuga abatanze amafaranga yabo n’abavugwa ho kutayakoresha icyo yagenewe] n’aho ikibazo kigeze kugeza ubu.

Dr Joseph Ryarasa Nkurunziza yanditse ko nk’Umunyarwanda urwanya akarengane kandi akaba ahagarariye ‘plateforme’ ya Sosiyete Sivile mu Rwanda asanga ibyo Murenzi n’abandi bafatanyije bakoze bidakwiye bityo agasaba inzego zose bireba harimo  kubyinjiramo, abarenganye bakarenganurwa.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa yigeze kubwira Taarifa ko ikibazo kivugwamo Murenzi Daniel bakinjiyemo kandi bari kugikurikirana ‘seriously.’

TAGGED:DiasporafeaturedMurenziNkurunzizaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Côte d’Ivoire na Bénin: Ibihugu Al-Qaïda Ifitiye Umugambi Mubisha
Next Article Lt Gen Mupenzi Yagenzuye Uko Ubukene Bugabanuka Mu Baturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?