Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibya Ukraine N’Uburusiya Bigeze He?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibya Ukraine N’Uburusiya Bigeze He?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 December 2023 3:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imodoka 100 z'u Burusiya nizo zifashishijwe zijyana abasiriare ba mbere mu ntambara yeruye na Ukraine
SHARE

Iki kibazo kiri mu byibazwa na benshi mu bakurikiranira hafi ibibera hirya no hino ku isi.

Bavuga ko Amerika n’isi muri rusange bahanze amaso intambara ya Israel na Hamas bityo ibyo muri Ukraine N’Uburusiya bikaba byaribagiranye.

N’ubwo i Washington batakwerura ngo bavuge ko ibya Ukraine babivuyeho, ku rundi ruhande niho biganisha.
Nk’ubu ingengo y’imari Perezida Biden yagejeje ku Nteko ngo iyemeze abone kuyiha Ukraine isa niyo bashyize mu kabati baragafunga.

Gutinda kwayo kwahaye Abarusiya uburyo bwo kwiga neza intambara bari bamaze iminsi barwana na Ukraine bakoresha Wagner nayo iherutse gupfusha umuyobozi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Impaka z’abanyapolitiki bo muri Sena y’Amerika zo kumenya no kwemeza niba Ukraine ikwiye ariya madolari($) biri guca intege abasirikare ba Ukraine bari bamaze imyaka ibiri bahanganye n’igihangange Uburusiya bwa Putin.

Bari buziruhuke byibura iyo uyu mugabo aza kutaziyamamaza ngo yongere gutegeka Uburusiya.

Aherutse kuvuga ko nta yandi mahitamo afite uretse kwiyamamaza.

Ukraine rero iri gutakaza amaboko kuko hari abahanga babwiye CNN ko iki gihugu kizatsindwa intambara kuko nta mbunda zirasa kure missiles, nizihanura indege zigifite.

Abasirikare ba Ukraine ni intwari ariko Abanyarwanda bavuga ko intwari ari ifite intwaro, bakungamo ko urwanze gushira ruhinyuza intwari.

- Advertisement -

Mu gihe ibintu bimeze gutyo, ubwoba bwo kumva ko Uburusiya bwa Putin bwatsinze Ukraine ni bwinshi mu Burayi.

Twibukiranye ko ubwo Putin yateraga Ukraine, amakuru y’ubutasi yavugaga ko Moscow ishaka kuzarwana na Pologne nayo niramuka izanye akayihayiho ko kujya muri OTAN.

Mu gihe muri Amerika bataremeranya ku mafaranga yo guha Ukraine, mu Burayi n’aho ntibaremeranya ku mushinga wo guha Ukraine ama Euros angana na miliyari 50 ngo azayifashe.

Mu magambo avunaguye, nguko uko ibya Ukraine bihagaze.

TAGGED:BurusiyafeaturedIntambaraIntwaroPutinUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imfu Z’Ababyeyi Bapfa Babyara Zihangayikishije u Rwanda
Next Article Samuel Dusengiyumva Yagizwe Meya W’Umujyi Wa Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?