Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibya Zion Temple Na Gitwaza Byagaruwe Mu Rukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibya Zion Temple Na Gitwaza Byagaruwe Mu Rukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2023 11:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo haraye humvikaniye urubanza abashumba batandatu bo mu Itorero Zion Temple barezemo mugenzi wabo Paul Gitwaza, barusaba ko rwatesha agaciro ibyo RGB yemeje byo kugumisha Gitwaza mu buyobozi bwaryo kandi yarirukanywe kubera impamvu zirimo no gucunga nabi umutungo waryo.

Muri Gashyantare, 2022 nibwo abo bashumba bamenyesheje Gitwaza ko akuwe ku mirimo.

Bidatinze, Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere, RGB, rwavugurije ibyo abo bari bemeje, ruvuga ko bihabanye n’amategeko.

Abo banyedini bareze Gitwaza na RGB ni Bishops Claude Djessa, Dieudonné Vuningoma, Pierre Kaberuka, Richard Muya, Charles Mudakikwa na Paul Daniel Kukimunu.

Bavuga ko Paul Gitwaza adakwiye gukomeza kuba Umuvugizi wa  Zion Temple kuko ngo babimwirukanyemo kubera ko yasesaguye umutungo w’iri torero.

Mu rubanza rwaraye rubereye mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo( rwari rugiye kuburanwa mu mizi ariko haboneka inzitizi) abunganira urwego rw’igihugu rw’imiyoborere rwarezwe mu izina ry’umuyobozi warwo Dr.Usta Kayitesi na Paul Gitwaza,  bahise bagaragariza urukiko imbogamizi z’uko abareze nta buzima gatozi bafite kuko bareze mu izina rya Zion Temple kandi atari iyabo.

Ikindi ngo mu kurega, nta burenganzira babiherewe n’Umuvugizi w’itorero bityo bakaba bari kurega mu mazina yabo bwite.

Indi mbogamizi bagaragarije urukiko basaba ikirego kibarega giteshwa agaciro ni uko icyemezo RGB yafashe cyo kugumisha Paul Gitwaza ku buyobozi bw’itorero nta rundi rwego bakimenyesheje ngo rugikemure noneho barege ari uko byananiranye.

Ku rundi ruhande, abunganira abatanze ikirego bo bavuga ko cyatanzwe mu izina rya Authentic Word Ministries/Zion Temple Celebration Center kandi ko byakozwe n’ababifitiye ububasha nyuma yo kwirukana Paul Gitwaza wayoboraga uyu muryango  akaba ari n’umwe mu bawushinze.

Bavuga ko kwirukana Gitwaza bari babifitiye ububasha bahabwa n’itegeko rigenga umuryango wa kidini (statut) ribemerera gushyiraho cyangwa/no gusezerera umuvugizi w’umuryango ari na we muyobozi wawo.

Iyi statut ikirwa  n’Inteko rusange y’abanyamuryango, igashyikirizwa RGB kugira ngo iyisuzume nisanga yujuje ibisabwa iyemeze hanyuma uwo muryango[aha haravugwa Authentic Word Ministries/Zion Temple Celebration Center] utangire gukora.

Abarega Gitwaza na RGB bavuga ko bashingiye kuri iyo statut bafata icyemezo cyo gukura Paul Gitwaza kuri uwo mwanya, ariko RGB yanga kubiha agaciro kandi ari yo yabibahereye uburenganzira.

Basaba urukiko gutesha agaciro iki cyemezo cya RGB, bakanayishinja kwivanga mu miyoborere y’umuryango wigenga, ufite ubuzima gatozi.

Ababunganira babwiye urukiko ko RGB ari urwego rwigenga, rudahabwa amabwiriza n’urundi rwego nk’uko biteganywa n’itegeko riyishyiraho.

Bityo rero ngo nta rundi rwego bari kujya gutakambira kandi ko niyo bari kurutakambira ntacyo rwari kubafasha kuko rutari guha amabwiriza RGB.

Ikindi ni uko bashinja RGB gushingira ku mategeko agenga umuryango ya “ baringa” yo mu mwaka wa 2019 mu buryo bunyuranije n’amategeko abashinze umuryango bose batabizi.

Ku rundi kandi hari undi mu pasiteri witwa Pastor Jean Bosco Kanyangoga wungirije Paul Gitwaza muri Zion Temple  nawe washyizwe mu majwi kuko ashinjwa gufatanya na Paul Gitwaza mu gushyira umukono ku mategeko y’umuryango abandi bawushinze batabizi.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa 01, Ugushyingo, 2023 abaregwa bose nta n’umwe wari uri mu rukiko ariko bari bahagarariwe n’ababunganira mu mategeko.

Iburana mu mizi rizaba ari uko urukiko rukiranuye ababuranyi kuri izo mbogamizi n’impaka bivuzwe haruguru, umwanzuro ukasomerwa mu ruhame taliki 24, Ugushyingo, 2023, saa tanu z’amanywa.

Inyandiko y’abaregwa n’ababahagarariye ( Source: Integonews.com)
TAGGED:featuredGitwazaRGBTempleUmutungoUrubanzaZion
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Imihanda Ihuza Amajyepfo N’Uburengerazuba Igeze Kure Ikorwa
Next Article Dr. Kayumba Yahanishijwe Igifungo ‘Gisubitse’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?