Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyaha i Gatsibo N’i Bugesera: Babiri Barashwe Undi Afatanwa Ibyo Yibye Shebuja
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibyaha i Gatsibo N’i Bugesera: Babiri Barashwe Undi Afatanwa Ibyo Yibye Shebuja

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2022 9:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Bugesera hari umusore wafashwe na Polisi y’u Rwanda imusanganye Frw 96,000 bivugwa ko yari yibye Shebuja wo mu Kagari ka Nyamata, Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera.

N’aho mu Karere ka Gatsibo ho hari abasore barwanyije abapolisi bagira ngo babateshe abari bafatanywe magendu hanyuma mu guhosha iyo rwaserera polisi irasamo babiri…

Mu Bugesera, uwafashwe bamusanganye  Frw 98,000 n’ibikoresho birimo televizeri na Dekoderi n’intsinga zibikoresha.

Kumufata byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage nk’uko Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba Superintendent of Police( SP) Hamdun Twizeyimana yabivuze.

Ati: “Abaturage babonye […]agiye gutega imodoka muri gare ya Nyamata afite Televiziyo na Dekoderi bacyeka ko yaba abyibye niko guhamagara Polisi.”

Abapolisi basanze yari yibye uwo yakoreraga witwa Rugumire Damascène utuye mu Murenge wa Gashora.

Uwafashwe yavuze yari agiye gutega imodoka muri Gare ngo yerekeze mu Karere ka Huye kuko ari ho  iwabo.

Yari amaze  umwaka akorera Rugumire.

SP Twizeyimana yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye ukekwa  afatwa kandi agafatanwe  n’ibyo yari yibye.

Yasabye abaturage kujya batangira amakuru ku gihe mu gihe cyose babonye abantu bakora ibyaha.

Rukundo yashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Nyamata ngo hakurikizwe amategeko.

Gatsibo ho Polisi yarashe abayirwanyije ibakekaho magendu…

Mu karere ka Gatsibo ho haravugwa inkuru y’abaturage bubahutse abapolisi bari bari mu kazi ko kurwanya magendu barabarwanya.

UMUSEKE wanditse ko ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwasabye abaturage kubaha abashinzwe umutekano nyuma y’uko babiri barashwe mu “kaduruvayo” bateje ku bapolisi bari bari mu gikorwa cyo kurwanya magendu.

Abarashwe ntawapfuye icyakora umwe ngo isasu ryafashe haruguru gato y’impyiko ntiryasohoka, undi araswa mu itako, isasu rirasohoka.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo witwa Richard Gasana avuga ko kurasa bariya bantu ari bwo buryo bwari busigaye kubera ko bari bateje rwaserera ikomeye ku bashinzwe umutekano, ni ukuvuga abapolisi.

Abapolisi bari bari mu kazi ko kurwanya magendu ikunze kugaragara mu turere dukora ku mipaka harimo na Gatsibo.

Gasana yabwiye UMUSEKE ati: “Twabimenye ko barashwe. Amakuru ni uko abarashwe bari kwa muganga bari kwitabwaho, kandi uburyo byagenze, urebye nta buryo bitari kubaho.”

Uko byagenze…

Polisi yari irimo ikurikirana abakekwaho magendu ndetse irabafata. Bamwe mu baturage barimo n’abo barashwe bashaka kurwanya Polisi  ngo bayiteshe abo bantu.

Kubera ubwinshi bw’abaturage, baje gutuma ba bantu babiri bari bafatanywe magendu bashobora kuva mu ntoki z’abapolisi baratoroka.

Muri ako kaduruvayo nibyo Polisi yarashe ngo igahoshe, amasasu afata ba bantu babiri.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo avuga ko ‘barashe’ ngo bahoshe ako kavuyo kashoboraga no kuvamo ibintu bitari byiza.

Iyi nkuru ije ikurikiye indi Taarifa iherutse kwandika y’abantu bishe umugore wari uzindutse agiye ku murimo wo kumutunga.

Bamwiciye ahitwa Ndatemwa mu Murenge wa Kiziguro bamuciye ijosi.

Intara y’i Burasirazuba niyo iza ku mwanya wa mbere mu zigaragaramo ibyaha kurusha izindi.

Ni imibare yatangajwe n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB.

TAGGED:AkarereBugeserafeaturedGasanaGatsiboIbyahaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yacuze Umugambi Wo Kwica Perezida W’Amerika
Next Article Perezida Kagame Arahura Na Tshisekedi Baganire Ku Ntambara Iri Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?