Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyaha i Gatsibo N’i Bugesera: Babiri Barashwe Undi Afatanwa Ibyo Yibye Shebuja
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibyaha i Gatsibo N’i Bugesera: Babiri Barashwe Undi Afatanwa Ibyo Yibye Shebuja

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2022 9:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Bugesera hari umusore wafashwe na Polisi y’u Rwanda imusanganye Frw 96,000 bivugwa ko yari yibye Shebuja wo mu Kagari ka Nyamata, Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera.

N’aho mu Karere ka Gatsibo ho hari abasore barwanyije abapolisi bagira ngo babateshe abari bafatanywe magendu hanyuma mu guhosha iyo rwaserera polisi irasamo babiri…

Mu Bugesera, uwafashwe bamusanganye  Frw 98,000 n’ibikoresho birimo televizeri na Dekoderi n’intsinga zibikoresha.

Kumufata byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage nk’uko Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba Superintendent of Police( SP) Hamdun Twizeyimana yabivuze.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Abaturage babonye […]agiye gutega imodoka muri gare ya Nyamata afite Televiziyo na Dekoderi bacyeka ko yaba abyibye niko guhamagara Polisi.”

Abapolisi basanze yari yibye uwo yakoreraga witwa Rugumire Damascène utuye mu Murenge wa Gashora.

Uwafashwe yavuze yari agiye gutega imodoka muri Gare ngo yerekeze mu Karere ka Huye kuko ari ho  iwabo.

Yari amaze  umwaka akorera Rugumire.

SP Twizeyimana yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye ukekwa  afatwa kandi agafatanwe  n’ibyo yari yibye.

- Advertisement -

Yasabye abaturage kujya batangira amakuru ku gihe mu gihe cyose babonye abantu bakora ibyaha.

Rukundo yashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Nyamata ngo hakurikizwe amategeko.

Gatsibo ho Polisi yarashe abayirwanyije ibakekaho magendu…

Mu karere ka Gatsibo ho haravugwa inkuru y’abaturage bubahutse abapolisi bari bari mu kazi ko kurwanya magendu barabarwanya.

UMUSEKE wanditse ko ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwasabye abaturage kubaha abashinzwe umutekano nyuma y’uko babiri barashwe mu “kaduruvayo” bateje ku bapolisi bari bari mu gikorwa cyo kurwanya magendu.

Abarashwe ntawapfuye icyakora umwe ngo isasu ryafashe haruguru gato y’impyiko ntiryasohoka, undi araswa mu itako, isasu rirasohoka.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo witwa Richard Gasana avuga ko kurasa bariya bantu ari bwo buryo bwari busigaye kubera ko bari bateje rwaserera ikomeye ku bashinzwe umutekano, ni ukuvuga abapolisi.

Abapolisi bari bari mu kazi ko kurwanya magendu ikunze kugaragara mu turere dukora ku mipaka harimo na Gatsibo.

Gasana yabwiye UMUSEKE ati: “Twabimenye ko barashwe. Amakuru ni uko abarashwe bari kwa muganga bari kwitabwaho, kandi uburyo byagenze, urebye nta buryo bitari kubaho.”

Uko byagenze…

Polisi yari irimo ikurikirana abakekwaho magendu ndetse irabafata. Bamwe mu baturage barimo n’abo barashwe bashaka kurwanya Polisi  ngo bayiteshe abo bantu.

Kubera ubwinshi bw’abaturage, baje gutuma ba bantu babiri bari bafatanywe magendu bashobora kuva mu ntoki z’abapolisi baratoroka.

Muri ako kaduruvayo nibyo Polisi yarashe ngo igahoshe, amasasu afata ba bantu babiri.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo avuga ko ‘barashe’ ngo bahoshe ako kavuyo kashoboraga no kuvamo ibintu bitari byiza.

Iyi nkuru ije ikurikiye indi Taarifa iherutse kwandika y’abantu bishe umugore wari uzindutse agiye ku murimo wo kumutunga.

Bamwiciye ahitwa Ndatemwa mu Murenge wa Kiziguro bamuciye ijosi.

Intara y’i Burasirazuba niyo iza ku mwanya wa mbere mu zigaragaramo ibyaha kurusha izindi.

Ni imibare yatangajwe n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB.

TAGGED:AkarereBugeserafeaturedGasanaGatsiboIbyahaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yacuze Umugambi Wo Kwica Perezida W’Amerika
Next Article Perezida Kagame Arahura Na Tshisekedi Baganire Ku Ntambara Iri Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?