Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyakozwe N’Abayobozi B’u Bufaransa Mu Myaka Myinshi Byagize Ingaruka Zikomeye – Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27

Ibyakozwe N’Abayobozi B’u Bufaransa Mu Myaka Myinshi Byagize Ingaruka Zikomeye – Kagame

admin
Last updated: 07 April 2021 8:48 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yashimye raporo iheruka gushyirwa ahabona ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko ibyakozwe n’icyo gihugu mu guhishira uruhare rwacyo byagize ingaruka zikomeye.

Mu gutangiza iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Perezida Kagame yagarutse kuri ‘raporo Duclert’, iheruka gushyikirizwa perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron.

Igaragaza uburyo “Perezida Mitterrand n’abajyanama be ba hafi bari bazi ko jenoside yo kurimbura abatutsi yarimo itegurwa n’inshuti za Mitterrand n’abajyana be zo mu Rwanda.”

Kagame yakomeje ati “Nubwo ibyo yari abizi, Perezida Mitterrand yahisemo gukomeza kubatera inkunga kuko ngo yumvaga ko ari ngombwa mu nyungu za politiki z’u Bufaransa, nuko ubuzima bw’abanyarwanda buba ikintu gikinirwaho.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

“Twishimiye iyi raporo kuko ari intambwe y’ingenzi iganisha ku kumva kimwe ibyabaye. Binerekana kandi impinduka n’ubushake mu buyobozi bw’u Bufaransa bwo kureba imbere bijyanye n’imyumvire ikwiye ku byabaye.”

Perezida Kagame yavuze ko ari ibintu u Rwanda rushima kandi ruzasaba ko iyo raporo ruyibona.

Yakomeje ati “U Rwanda narwo ruzagira icyo ruvuga mu minsi ya vuba, bishobora kuzaba nko mu cyumweru cya gatatu cy’uku kwezi. Ibyo tumaze kubona hashingiwe ku mirimo yakozwe n’abantu bashyizweho bijyanye n’ibyakorwaga mu Bufaransa, ibyavuyemo bisa n’ibijya mu cyerekezo kimwe. Icya ngombwa ni uko dukomeza gukorana kugira ngo twandike amateka ashingiye ku kuri.”

Imyitwarire y’u Bufaransa yateje ingaruka nyinshi

Perezida Kagame yavuze ko imyitwarire y’u Bufaransa mu myaka myinshi bugerageza guhishira uruhare rwabwo, yagize ingaruka zikomeye.

- Advertisement -

Ati “Amateka yahinduwe mu kwamamaza ibinyoma bivuga ko habayeho jenoside ebyiri hakaza n’ibyavuzwe muri ‘mapping report’. Imanza zidakwiye zatangijwe mu Burayi zikurikirana bamwe mu bagize inzego nkuru z’igihugu cyacu. Abakekwaho uruhare muri jenoside bo bahawe ubuhungiro baridegembya, n’ubusabe bw’u Rwanda bw’uko bakoherezwa ngo baburanishwe bwimwa amatwi.”

“Ibyo nta nubwo ari mu Bufaransa gusa, ni uko narimo mvuga raporo iheruka gusohorwa n’abafaransa. Byabayeho no mu bindi bihugu biteye imbere.”

Yatanze urugero rw’igihugu gicumbikiye abantu bane cyangwa batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside, u Rwanda rwasabye niba icyo gihugu cyabohereza mu Rwanda cyangwa kikababuranisha mu nkiko zacyo, ariko ikibazo kigiye kumara imyaka 15.

Icyo kibazo kizwi mu Bwongereza ahahungiye Dr Vincent Bajinya, Célestin Ugirashebuja, Charles Munyaneza, Emmanuel Nteziryayo na Célestin Mutabaruka.

Perezida Kagame ati “Nyuma y’ubwo busabe bakomeza bavuga impamvu batabohereza. Ibyo birakomeza ntibirangire.”

Yanavuze ko nubwo hemejwe ko mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, hari ibihugu byakomeje gutsimbarara bishaka ko iba Jenoside yo mu Rwanda byitwaje ko hari n’abandi bishwe muri icyo gihe. Ibihugu byavuzwe muri ibyo bikorwa ni u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abo ngo bavuga ko hari n’abahutu bapfuye cyangwa abandi banyamahanga, bigaragaza ko hari izindi mpamvu ibikorwa byabo bihishe.

Ati “Ni nko kuvuga uti reka twoye kuburanisha aba bantu ku byaha bakoze, reka ahubwo dutinde cyane ku buryo yagejejwe imbere y’ubu butabera.”

Perezida Kagame yavuze ko iyo bene abo bantu bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside bakingiwe ikibaba, ubusabe bw’uko boherezwa ngo baburanishirizwe mu Rwanda nabwo bukangwa, bigira ingaruka mu buryo butaziguye.

Yakomeje ati “Twabonye ko bijyana n’ubwiyongere bwo guhakana no gupfobya Jenoside, bikaba bizatwara imyaka myinshi cyane ngo bihinduke.”

Ibyo ngo binatuma habaho ibigenda bigaragara nk’ibitabo bishinja RPF ko ariyo yateguye Jenoside igira ngo igere ku butegetsi, ugasanga na bamwe mu bazi neza ukuri bahitamo guceceka.

Perezida Kagame yijeje Abanyarwanda ko nta kizabasubiza inyuma, cyane ko bamaze kuvana amasomo akomeye mu byo banyuzemo.

TAGGED:featuredKwibuka 27Paul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Me Emmanuel Altit Yongeye Kwemezwa Nk’Umwunganizi wa Kabuga
Next Article Inyandiko Za Mitterrand Na Balladur Zigaruka Ku Rwanda Zigiye Gushyirwa Ahabona
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?