Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyiza By’Ikigo Cya Polisi Gikorerwamo Ibizamini Mu Ikoranabuhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Ibyiza By’Ikigo Cya Polisi Gikorerwamo Ibizamini Mu Ikoranabuhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2024 11:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
ACP Rutikanga Boniface.
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police ( ACP) Boniface Rukitanga avuga ko ikigo cya Polisi gikoresha ikoranabuhanga mu gukora ibizamini giherutse gutangizwa mu Karere ka Kicukiro kizaha abantu uburyo bwo gukoresha neza igihe.

Avuga ko kizafasha kugabanya igihe abantu bamaragara kuri site bakora ibizamini.

ACP Rutikanga avuga ko umuntu azajya aza ku munsi n’isaha yahisemo.

Ati: “… Umuntu azajya mu kibuga gukora ari uko igihe cye kigeze. Ibizamini bizakoreshwa mu mucyo nta rwicyekwe ndetse n’impungenge zo kurenganywa.”

Ubu kandi ngo ni bwo buryo bugezweho hirya no hino ku isi.

Imirimo yacyo nitangira gukora mu buryo bweruye, uzaba agiye gukora ikizamini azajya yiyandikisha ku Irembo, ahitemo umunsi, italiki n’isaha azakoreraho.

Ikoranabuhanga rizakoreshwamo muri iyi gahunda rizajya rifasha no mu gusuzuma ugiye gukora ikizamini ingingo z’umubiri zirimo amaso n’amatwi.

Ukora ikizamini cyo gutwara imodoka atangira afite amanota 100% ariko bibarwa ko yatsinze iyo yagize atari munsi ya 80%.

Bivuze ko uko umuntu akora ikosa ari ko amanota amuvaho.

Uwatsinze abimenya binyuze mu butumwa ahabwa bw’ikoranabuhanga.

Munsi y’ikibuga gikorerwamo ibizamini hashyizwemo irindi koranabuhanga rigenzura niba uri gukora ikizamini yakoze ikosa noneho rigatanga amakuru mu mashini yandika amanota.

Uri gukora ikizamini yicara mu modoka iba irimo indangururamajwi imubwira kugitangira n’andi makuru atandukanye.

Muri Control Room( aho bacungira ibikorerwa ku kibuga), hari icyumba kigenzurirwamo uburyo ikizamini gikorwa.

Iyo ushaka kubaza ibyo udasobanukiwe, urahamagara (mu modoka zikorerwamo ikizamini habamo uburyo bwo guhamagara) ukabaza ikibazo cyangwa icyo ushaka gusobanuza bakagufasha.

Mu modoka zikorerwamo ibizamini, uhitamo ururimi ushaka kumviramo amabwiriza hagati y’ Ikinyarwanda n’Icyongereza.

TAGGED:IkoranabuhangaPolisiRutikanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarusiya Batangiye Amatora Y’Umukuru W’Igihugu
Next Article Rayon Sports Yatanze Ikirego Muri RIB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?