Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Inama Y’Abamisitiri Iri Guterana Ishobora Kuza Kwigaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibyo Inama Y’Abamisitiri Iri Guterana Ishobora Kuza Kwigaho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2022 6:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha y’umugoroba kuri uyu wa Gatandatu taliki 09, Mata, 2022, Inama y’Abaminisitiri iri guterana. Ni Inama iteranye mu gihe ibintu hafi ya byose byafunguwe ngo bikore muri iki gihe Icyorezo COVID-19 iri kugenza amaguru macye.

Inama iri guterana se iraza kugaruka ku biki?

N’ubwo ntawakwemeza 100% ibivugirwa mu Nama y’Abaminisitiri ariko birashoboka ko iri buganire ku bintu bikomeye u Rwanda rumaze iminsi rugiramo uruhare.

Mu bushishozi bwa Taarifa, ubwanditsi busanga iyi nama ishobora kuza kuganira ku byo Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we uyobora Uganda Yoweli Museveni babonaniye i Nairobi kuri uyu wa Gatanu mu muhango wo kwakira DRC muri EAC.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni ikintu gikomeye mu bubanyi n’amahanga hagati y’ibihugu bigize uyu muryango.

Muri iki gihe, uyu muryango ugizwe n’ibihugu bitandatu bituwe n’abaturage miliyoni 260.

Kuba DRC yaragiye muri EAC kandi mu gihe irimo abantu barwanya u Rwanda barimo na ADF ndetse na FDLR ni ikintu abayobozi barwo bagomba kuganiraho igihe bahuye.

Iyi nama kandi ishobora no kuza kureba uko ibintu byifashe ku byerekeye ubwandu bwa COVID-19 ndetse no gusuzumira hamwe ibyerekeye imyiteguro ya CHOGM  iteganyijwe kuzabera mu Rwanda muri Kamena, 2022.

Ni ingingo kandi bagomba kugaruka ho cyane cyane ko igikomangoma Charles nacyo cyemeje ko kizitabira iriya Nama ikomeye kurusha izindi zose u Rwanda ruzakira mu mwaka wa 2022.

- Advertisement -

Birashoboka kandi ko bari buganire ku ngingo y’aho umubano hagati y’u Rwanda na Uganda ugeze ndetse n’uko uhagaze hagati yarwo n’u Burundi.

Ku rwego rw’ubukungu kandi Guverinoma ishobora kuza kuganira ku kibazo cy’izamuka ry’ibikomoka kuri petelori cyane cyane ko mu gihe gishize RURA yatangaje ko igiciro cya Mazutu cyazamutse ku rwego ruruta urwa lisansi kandi ibi ntibikunze kubaho.

Ibibazo biri muri Ukraine n’u Burusiya byagize ingaruka ku bihugu byinshi harimo n’u Rwanda .

Mu rwego rwo kwirinda COVID-19, birashoboka ko inama y’Abaminisitiri iri bukureho isaha ya saa munani yari isigaye ibuza utubari n’utubyiniro gukomeza ngo ducyeshe.

Hari n’abaturage baherutse kubwira BTN ko bibaye byiza Inama y’Abaminisitiri yakwemera abamotari gusubiza ibirahuri kuri moto kuko abenshi muri Kigali bikingije mu buryo bwuzuye.

Muri macye, ibi ni bimwe mu byo  Inama y’Abaminisitiri iri guterana ishobora kuza kwemeza.

Ni Inama iyobowe na Perezida Kagame ubwe
Abaturage basaba Inama y’Abamisitiri ko yakwemera abamotari gusubiza ibirahuri ku ngofero z’abagenzi
Iyi nama yitezweho no gukuraho isaha ya Saa munani z’ijoro ngo utubyiniro dufunge

 

 

 

 

TAGGED:AbaminisitiriBurusiyafeaturedInamaKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Umwana Wanjye Yararozwe’- Se W’Uwahoze Ayobora Inteko Ishinga Amategeko Ya Uganda
Next Article RIB Yafashe Abantu Bagaragaye Muri Video Bakubitira Umuturage Mu Muhanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?