Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Macron Yavuze Asaba Imbabazi Ni ingenzi Ku Mateka Yacu- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ibyo Macron Yavuze Asaba Imbabazi Ni ingenzi Ku Mateka Yacu- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 June 2021 6:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yaraye avuze ko ibyo mugenzi we uyobora u Bufaransa yavuze ubwo yari mu Rwanda bidafite akamaro gusa ku byerekeye gusaba imbabazi, ahubwo bifite akamaro kurushaho ku kwerekana amateka yaranze umubano w’u Bufaransa n’u Rwanda.

Hari mu gisubizo yahaye umunyamakuru wa Bloomberg witwa Zain Verjee wari umubajije uko yakiriye ijambo Perezida Emmanuel Macron yavugiye ku rwibutso rwa Jenoside ruri ku Gisozi ubwo aherutse gusura u Rwanda.

Umunyamakuru yamubajije  ati: “ Perezida w’u Bufaransa yasabye imbabazi u Rwanda kubera uruhare igihugu cye cyagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Mwabyakiriye mute?”

Perezida Paul Kagame yamusubije ko ibyo mugenzi we w’u Bufaransa yavuze bitagombye kureberwa cyane ku ugusaba imbabazi ahubwo byagombye kureberwa mu kamaro bifite mu kumenya amateka nyakuri yaranze u Bufaransa mu mibanire yabwo n’u Rwanda.

Yavuze ko mbere na mbere kuba Macron yarasuye u Rwanda ari ingenzi kandi ko n’ijambo yavuze icyo gihe naryo rifite agaciro karyo kuko ‘ryerekanye mu by’ukuri’ uruhare igihugu cye cyagize mu mateka y’u Rwanda.

Perezida Kagame yunzemo ko akamaro k’ijambo rya Macron gakomeza kakagera no kuvuguruza abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati: “ Ijambo rye ryagize akamaro mu nzego nyinshi harimo no kuvuguruza abavuga ko habaye ho Jenoside itari iyakorewe Abatutsi.”

Ubwo aheruka mu Rwanda Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yemeye uruhare rw’igihugu cye mu mateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yavuze ko muri iki gihe ibihugu byombi bigomba guharanira umurage mwiza uzasigirwa abato.

Ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi Emmanuel Macron yahavugiye ijambo ryagarutse ku ruhare igihugu cye cyagize muri  Jenoside yo mu 1994, avuga ko yateguwe kandi ko yari igambiriye kurimbura Abatutsi.

Yashimangiye ko Jenoside idapfa kubaho, ko itegurwa kandi ikigishwa igihe kirekire.

Perezida Macron yavuze ko abakoze Jenoside batari bazi isura y’u Bufaransa ku buryo butakwitwa umufatanyacyaha, ariko agaragaza ko hari inshingano bwirengagije.

Yavuze ko kuva mu 1990 ubwo hatangiraga urugamba rwo kubohora u Rwanda  no mu mwaka wa 1993 mu gihe cy’amasezerano ya Arusha yari agamije guhagarika imirwano hagati y’ingabo za Leta ya Habyarimana n’ingabo za RPF, u Bufaransa ‘butumvise amajwi yose.’

Icyo gihe yagize ati: “U Bufaransa ntabwo bwigeze bwumva ko mu gushaka gukumira intambara mu karere, bwagiye ku ruhande rw’ubutegetsi bwateguraga Jenoside. Mu kwirengagiza intabaza zatangwaga n’ababirebaga, u Bufaransa bwagize ‘uruhare rukomeye’ mu byagejeje ku bibi bikomeye mu mateka, mu gihe bwashakaga kubikumira.”

Perezida Macron ubwo yari yasuye u Rwanda.
TAGGED:AbatutsiBufaransafeaturedJenosideKagameMacronRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article COVID-19: Saa Moya Na Guma Mu Karere Byagarutse
Next Article Icyo Abanywa Ikawa Barusha Abatayinywa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?