Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo MINEDUC Isaba Abanyeshuri B’i Kigali Mu Gihe Cya CHOGM
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibyo MINEDUC Isaba Abanyeshuri B’i Kigali Mu Gihe Cya CHOGM

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2022 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Close-up of siblings reading picture book while lying on bed. Sisters are relaxing in bedroom. They are at home.
SHARE

Nyuma y’uko Minisiteri y’uburezi itangaje ko abanyeshuri biga i Kigali ariko bakiga bataha bazaguma iwabo mu Cyumweru CHOGM izaberamo, abanyeshuri basabwe kuzakomeza kwiyigisha bagasubira mu byo bize ariko bakabifashwamo n’abarimu babo.

Ni ibyatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Gaspard Twagirayezu.

Inzego za Leta n’Umujyi wa Kigali byari biherutse gutangaza ko imihanda yo muri Kigali ihagije k’uburyo urujya n’uruza rw’abantu muri uyu mujyi  rutazabangamirwa no gufunga imihanda imwe n’imwe izakoreshwa n’abazitabira CHOGM.

Icyakora ku mugoroba wo ku wa Mbere taliki 13, Kamena, 2022, Minisiteri y’uburezi yatangaje  abanyeshuri biga i Kigali ariko bakiga bataha, bagomba kuguma iwabo kugira ngo batazabangamirwa n’ingendo z’abazitabira iriya nama.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Itangazo ryasohowe n’iyi Minisiteri ryanditsemo ko ibyo byatekerejweho mu rwego rwo kwirinda ko iyi nama ‘yabangamira’ ingendo z’abanyeshuri n’abarimu babo.

Itangazo rya Minisiteri y’uburezi

Handitsemo  ko amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali azafunga kuva ku wa 20 kugeza 26 Kamena, 2022 kandi  ibizamini birangiza igihembwe cya gatatu ku banyeshuri bakurikira integanyanyigisho y’u Rwanda bikazatangira ku wa 27 Kamena, 2022.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi witwa Gaspard Twagirayezu yavuze ko byakozwe mu nyungu z’abanyeshuri.

Ati: “ Icyo twakoze ni ukugerageza kuborohereza ingengo cyane cyane ko bari bagiye kuba bari mu bizamini. Twigije inyuma italiki y’ibizamini kuko byari buzatangire ku italiki ya 20 ariko ubu ibizamini bizatangira ku italiki 27, Kamena kandi mu gihugu hose.”

Twagirayezu yavuze ko abanyeshuri bo mu zindi Ntara  bo bazaba bari mu gusubira mu masomo yabo bitegura ibizamini.

- Advertisement -

Yavuze ko kugira ngo abanyeshuri b’i Kigali bakomeze kwibuka ibyo bize, hazakomeza gahunda yo  kubaha amasomo hifashishijwe radio na televiziyo nk’uko byagenze mu gihe cya Guma mu  Rugo.

Ati: “ Hari ibyo twize muri cya gihe twari turi muri Guma mu rugo[lockdown], amashuri yari amaze kugira uburyo bwo gufasha abanyeshuri mu gihe batari ku ishuri. Ariko ubu icyo dukangurira amashuri muri iyi minsi isigaye turasaba abarimu ko baha abanyeshuri ibyo bazaba basubiramo bari mu rugo.”

Twagirayezu Gaspard

Abanyeshuri kandi basabwe nabo kuzaba bisubirisha mo amasomo aho bazaba bari iwabo mu rugo, ariko n’abarimu bakabafasha.

RBA yabajije Minisitiri Twagirayezu niba iriya gahunda itazahindura ingengabihe y’amashuri, avuga ko atari ko bimeze.

Abanyeshuri biga bataha mu Mujyi wa Kigali bazakomeza gusubiramo amasomo bari mu ngo z’iwabo mu gihe abiga bacumbikiwe bazaguma mu bigo byabo.

Gaspard Twagirayezu yavuze ko ikiruhuko cy’Icyumweru kimwe cyatanzwe na Minisiteri y’uburezi kireba amashuri yose ariko ngo muri Kaminuza bagira gahunda nyinshi zihariye bityo ngo bo barasabwa kureba uko ingengabihe yabo iteye, bakaba bagira abanyeshuri inama y’uburyo babigenza.

TAGGED:AbanaAbanyeshuriCHOGMfeaturedImihandaMinisiteriUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aba Mbere Batsindiye Amezi 30 Y’Ifatabuguzi Ry’UBUNTU Rya CANAL+ Rwanda
Next Article Ikipe Y’u Rwanda Y’Amagare Yatahanye Intsinzi Yakirizwa Indabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?