Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo u Rwanda Rwemeranyije Kuzakorana N’Ubushinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ibyo u Rwanda Rwemeranyije Kuzakorana N’Ubushinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 September 2024 11:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu nama yihariye iherutse guhuza intumwa z’u Rwanda zari ziyobowe na Perezida Paul Kagame zigahura n’abayobozi bakuru b’Ubushinwa, hemejwe ko imikoranire ikwiye gukomezwa .

Ni imikoranire izibanda ku uguteza imbere ubuhinzi, ubufatanye mu by’ikirere n’ubumenyi bwacyo, gufatanya mu kugarura no gucunga amahoro hirya no hino ku isi, kubaka ibikorwa remezo n’ubucuruzi.

Urundi rwego u Rwanda ruzakoramo n’Ubushinwa ni ugutunganya ubuki no kubwohereza ku isoko ry’Ubushinwa, ibihugu byombi bigaatanya no mu guteza imbere ikoranabuhanga rigenewe itangazamakuru no guteza imbere urwego rw’abikorera.

Perezida Xijinping

Ambasade y’Ubushinwa mu Rwanda ivuga ko iki gihugu gishima imikoranire yacyo n’u Rwanda kuko ari igihugu gikora ibyo cyemeye kandi kikabikora neza.

Wang Xuekun uhagarariye Ubushinwa mu Rwanda aherutse kubwira itangazamakuru ko u Rwanda ruzafatanya n’igihugu kugira ngo imishinga migari ibihugu byombi bihuriyeho igerweho.

Perezida Kagame ashima imikoranire y’u Rwanda n’Ubushinwa

Yagize ati: “ Sinshidikanya ko imishinga Abakuru b’ibihugu byombi baganiriyeho izagera ku musaruro, Ibyo bemeranyijeho ni ibintu bishingiye ku bufatanye n’ubwizerane”.

Mu bufatanye kandi harimo no kuzarangiza imishinga y’ubwubatsi bw’imihanda itandukanye iri kubakwa mu Rwanda no gutangiza indi.

Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda na Miniisitiri w’ububanyi n’amahanga Amb Olivier Nduhungirehe

Hazarangizwa kandi kubakwa urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo II no kubaka bigezweho ikigo cya IPRC Musanze.

Ni imishinga izagira uruhare mu kuzamura urwego rw’imibereho y’abaturage y’aho izubakwa.

U Rwanda kandi rwemeranyije n’Ubushinwa ko buri ruhande rukwiye kwita ku bibazo by’urundi kugira ngo ubwo bufatanye bube ari ‘ubwa kivandimwe’.

Kugeza ubu Ubushinwa nicyo gihugu cya mbere ku isi gicuruzanya n’ibindi ku isi kuko bucuruzanya n’ibihuugu 155.

Ubwo bucuruzi bumaze imyaka 11 buri kuri urwo rwego.

Perezida wabwo Xijinping avuga ko igihugu cye kizakomereza muri uwo mujyo kandi ko kizakomeza kwagura ubwo bufatanye.

Ndetse Ubushinwa buherutse kwemeza ko ibihugu 33 bikennye byo muri Afurika byemerewe koherezayo ibicuruzwa byabyo byose nta musoro biciwe kandi 100%.

Ubuyobozi bw’Ubushinwa buherutse gutangaza gahunda zabwo mu myaka iri bwise the Global Development Initiative, the Global Security Initiative na the Global Civilization Initiative.

Izi gahunda zigamije ko Ubushinwa burushaho kuba igihangange kandi bugakorana n’ibihugu byose aho biri ku isi.

Ubushinwa Bwemeye Kongera Ikibatsi Mu Mubano Wabwo N’u Rwanda

TAGGED:AfurikafeaturedKagamePerezidaRwandaUbushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Abavuye Mu Byabo Barakaye Ngo Barashaka Gutaha Ku Ngufu
Next Article Rusizi: Mwarimu Arakekwaho Gutera Inda Abana Yigisha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?