Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyuma Bizanwa Mu Rwanda Ngo Binagurwe Hari Ubwo Bizamo ‘Ibisasu’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibyuma Bizanwa Mu Rwanda Ngo Binagurwe Hari Ubwo Bizamo ‘Ibisasu’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 February 2024 9:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uruganda nyarwanda runagura ibyuma bishaje bivanwa hirya no hino mu gihugu no hanze y’u Rwanda bigakorwamo fer à béton rwitwa SteelRw ruvuga ko hari ubwo iyo ruri kubivangura rusangamo za grenades n’amakompura.

Ibi bisasu bikunze kugaragara mu byuma bituruka muri DRC no muri  Malawi.

Ibyuma SteelRw inagura(recycling) ni ibiba byarakusanyijwe hirya no hino mu Rwanda kugira ngo bikorwemo ibindi byuma by’ingirakamaro bityo bigirire ubukungu akamaro ariko n’ibidukikije birindwe.

Ubuyobozi bw’iki kigo bwabwiye IGIHE ko 40% y’ibyo byuma bikusanyirizwa mu Rwanda; ijanisha risigaye rikava muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo no muri Malawi.

Icyakora hari ubwo ibyo byuma biba bike, bikaba ngombwa ko bitumizwa no muri Ukraine.

Umuyobozi ushinzwe kugenzura imikorere y’abakozi muri uru ruganda witwa Ndahayo Emmanuel avuga ko mu byuma bishaje bakura mu bihugu byo hanze hari igihe basangamo grenades zashaje n’ibindi bisasu bitandukanye.

Ati: “Ibyuma bajya babitoragura imihanda yose, umuntu mu gukunda amafaranga kwe akaba yatoragura igisasu akagishyiramo. Haba hari Umu-Captain, umu-adjudant na sergeant umwe baba bahari iyo turi gupakurura ibyo byuma kuko dupakurura ku manywa gusa.”

Ndahayo avuga ko hari ubwo basanga muri ibyo byuma harimo amakompura na grenades zashaje akenshi ziba zavuye muri DRC.

Uruganda SteelRw rutunganya nibura toni ziri hagati ya 150 na 200 za fer à bétons’ ku munsi bitewe n’umubyimba w’izikenewe.

Abahanga mu kubaka bavuga ko mu Rwanda hakenerwa fer à bétons zifite umurambararo wa milimetero umunani na milimetero 12 ku nzu zisanzwe ariko kuzigeretse ho bakoresha iza milimetero 25, 16 na 14 bitewe n’uko inzu ingana.

Ndahayo avuga ko mu gihe cyashize hari abibaga ibyuma ku byapa n’ibiraro bakajya kubigurisha ariko kuri ubu ngo uwibeshye ahita ashyikirizwa Polisi y’Igihugu.

Ati: “ Nta byuma byo mu bikorwa remezo tucyakira hano n’ubizanye byaba iby’ibiraro, byaba iby’amapoto ntabwo twemera ko asohoka hano. Turamufata tugahamagara Polisi ikaza ikamutwara agasobanura aho yabikuye.”

Mu gushongesha ibyo byuma ngo bihinduke fers à béton, bakoresha imashini zibicanira kugeza biyenze bikamera nk’igikoma.

Abahanga mu bugenge bavuga ko icyuma kiyenga ku gipimo cya degere selisiyusi 3000.

Icyo gikoma kiba gipima ibilo 100 iyo kitarahora, kikanyuzwa mu nzira ikibumbamo fers à béton y’ingano yifuza.

Umuyobozi muri SteelRw avuga ko mu kwezi bishyura nibura miliyoni Frw 300  ku muriro w’amashanyarazi akoreshwa mu kazi kabo.

Ubwo kandi niko bakenera na metero kibe nyinshi z’amazi yo guhoza ibyo byuma kuko ngo buri nkono muri ebyiri batekamo iba ifite ibigega bine( cyangwa birenga) birimo amazi yo guhoza ibyo byuma.

Uru ruganda rufite abakozi 600 bahoraho n’abandi ba nyakabwizi batandukanye.

TAGGED:featuredIbyumaRwamaganaRwandaUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gisagara: Inkuba Yakubise Abantu Batatu, Umwe Arapfa
Next Article Abarwara Igicuri Barasaba Minisanté Ubufasha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?