Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iby’Umutoza Wa Kiyovu Sports Byasubiwemo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Iby’Umutoza Wa Kiyovu Sports Byasubiwemo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 November 2022 9:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma  yo gutsindwa na Gasogi United, ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwahagaritse uwari umutoza mukuru w’iyi kipe witwa Alain-André Landeut.

Gasogi United iherutse gutsinda Kiyovu Sports  ibitego 3-1 mu mukino wabaye ku Cyumweru Taliki 27, Ugushyingo 2022.

Byarakaje cyane ubuyobozi bwa Kiyovu Sports kuko nyuma y’uwo mukino Perezida wa Kiyovu Sports Mvukiyehe Juvenal yavuze ko ‘abaye ahagaritse’ umutoza mukuru.

Hari mu kiganiro yahaye itangazamakuru.

Ati: “ Ntabwo twishimye haba abafana ndetse na Komite. Ni yo mpamvu tugomba gufata imyanzuro kandi ikomeye kuko hari igihe umutoza cyangwa undi wese ashobora kuza akangiza ikipe.”

Ngo uwo ‘mutoza cyangwa umuntu uwo ari we wese’ akora ibyo ashatse kandi hari abantu baba ‘bashyizemo’ amafaranga menshi.

Ikindi kimaze iminsi kivugwa ni uko muri Kiyovu hamaze igihe havugwa umwuka mubi hagati y’umutoza n’abakinnyi.

Mvukiyehe avuga ko yari azi ko umwuka mubi washize mu bakinnyi n’umutoza ariko ngo yatangajwe n’uko ugihari!

Yabwiye itangazamakuru ati: “ Hamaze igihe hari umwuka mubi hagati y’umutoza n’abakinnyi. Nari nziko byarangiye nyuma y’inama twakoranye ariko mbere y’uyu mukino numvise ko yakuye Elissa Sekisambu ku rutonde rw’abakinnyi bagombaga gukina uyu munsi abakinnyi n’abungiriza be barabimubaza ariko biranga, bigaragara ko rero hari ikibazo.”

Mvukiyehe avuga ko hari abantu bakina n’amafaranga aba yashowe mu ikipe

Amakuru avuga ko kuri uyu wa Mbere ari bwo umutoza Alain-André Landeut ari bwitabe ubuyobozi bukuru bwa Kiyovu Sports bukamumenyesha k’umugaragaro ibyemezo bwamufatiye.

Alain-André Landeut amaze amezi ane atoza Kiyovu.

Kiyovu Sports iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 21 kugeza ubu aho Shampiyona igeze ku munsi wayo wa 11.

TAGGED:featuredKiyovuMvukiyeheShampiyonaUmutoza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakristu Gatulika 15,000 Barahurira I Kibeho Bibuke Amabonekerwa Ya Bikira Mariya
Next Article Ibyo Ushyira Ku Mbuga Nkoranyambaga Utitonze Byazakubuza Umugati
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?