Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyamamare Ellen DeGeneres Arateganya Gutura Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Icyamamare Ellen DeGeneres Arateganya Gutura Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2022 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
DeGeneres signs autographs following her Hollywood Walk of Fame star ceremony on Sept. 4, 2012, in Los Angeles.
SHARE

Umunyamerikakazi w’icyamamare kuri Televiziyo wakiriye ibindi byamamare bikomeye ku isi mu kiganiro yita The Ellen DeGeneres Show arateganya kugura inzu mu Rwanda akajya aza kuhaba kenshi.

Aherutse kubitangariza muri Tweet yakoze.

Yavuze ko yaje gusanga u Rwanda ari igihugu cyiza, gifite abantu bacyeye kandi bagira urugwiro.

Ni igihugu kandi yubatsemo ikigo gikora ubushakashatsi ku by’ingagi, akaba yaracyubatse mu Kinigi mu Karere ka Musanze mu rwego rwo gufasha abashaka kwiga iby’ingagi zo muri Pariki y’Ibirunga kubona aho bakorera ubushakashatsi.

Ubwo yagitahaga, yavuze ko yacyubatse mu rwego rwo kwibuka no gusigasira umurage wasizwe na Dian Fossey, Umunyamerika kazi watangije ikigo cyamwiritiriwe kitwa Dian Fossey Foundation kigamije gukora ubushakashatsi ku ngagi mu rwego rwo kurinda ko zazacika ku isi.

Muri Tweet ye, Ellen DeGeneres yagize ati: “ Ndi gutekereza uko nazajya gutura muri kiriya gihugu. Njye n’umufasha wanjye tuzagura iyo inzu, kandi tuzajya tumara igihe kinini mu Rwanda kuko ni igihugu cy’abantu bacyeye, bafite urugwiro kandi bishimye.”

I have looked up to Dian Fossey since I was 12 years old, and this past week in Rwanda, I was able to tour the Ellen Campus of the Fossey Fund. It has been so emotional and so incredible to see the impact it has already had. pic.twitter.com/ETWoqLAhzh

— Ellen DeGeneres (@EllenDeGeneres) June 6, 2022

Mu minsi yatambutse ariko hari amakuru yatangajwe na The Heat yavugaga ko

Ellen DeGeneres n’umugore we  Portia de Rossi bashobora gutandukana.

Portia de Rossi

Icyakora iriya nyandiko ikomeza ivuga ko DeGeneres afite umushinga w’igihe kirekire wo kuza mu gutura mu Rwanda kugira ngo abone uko akurikirana iby’ikigo yashinzwe kita ku ngagi zo mu Birunga.

Muri Gicurasi, 2018 Ellen yahuye na Perezida Kagame

Muri Gicurasi, 2018 Ellen yahuye na Perezida Kagame nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.

Hari kuwa Kabiri tariki 29 Gicurasi 2018.

Arengeje imyaka 60 y’amavuko akaba ku isabukuru y’imyaka 60 yarahawe impano n’umugore we Portia de Rossi yo kumushingira ikigo kizajya kita ku ngagi mu Rwanda kuko byari bisanzwe ari ibintu akunda.

Hagati aho biteganyijwe ko Ellen DeGeneres ari bufungure ku mugaragaro iriya nzu y’ubushakashatsi yubatse mu Kinigi.

TAGGED:EllenfeaturedIbirungaIngagiKagameKinigiMusanzeRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagore Mu Ikoranabuhanga Mu Bucuruzi Bagirira Akamaro Bagenzi Babo
Next Article Umwami W’u Bubiligi Arasura Congo Kinshasa: Umubano W’Ibihugu Byombi Ni Hasi Hejuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?