Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyamamare Ku Isi Carlos Santana Yikubise Hasi Mu Gitaramo Rwagati
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Icyamamare Ku Isi Carlos Santana Yikubise Hasi Mu Gitaramo Rwagati

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 July 2022 7:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bahanzi banacuranga gitari ya solo uzwi kurusha benshi ku isi witwa Carlos Santana yaraye yikubise hasi by’amarabira ari mu gitaramo rwagati. Byabereye i Michigan mu nzu mberabyombi yitwa Pine Knob Music Theatre iri ahitwa Clarkson aho yacurangiraga abafana mu bitaramo yise Earth, Wind & Fire Concert.

Ushinzwe gukurikirana ibikorwa bye( manager) yavuze ko byatewe n’ubushyuhe bwinshi bwari buri mu cyumba cyabereyemo kiriya gitaramo butuma umubiri we utakaza amazi menshi, ubwonko bucika intege aragwa.

Abaganga bari hafi aho batabaye baramuhungiza bamuha n’amazi ariko bamuvana ku rubyiniro.

Carlos Santana ni umwe mu bahanzi ba Rock bakomeye ku isi ku isi kuko yashyizwe no mu itsinda ry’abahanzi bakora umuziki nk’uwe b’indashyikirwa kurusha abandi babayeho ryitwa Rock and Roll Hall of Fame.

Icyakora ushinzwe ibikorwa bye witwa Michael Vrionis yavuze ko Santana yajyanywe mu bitaro yitabwaho, ubuzima bwe burongera bukora neza.

Igitaramo yagombaga gukora kuri uyu wa Gatatu cyabaye gisubitswe kuzageza igihe hazatangarizwa indi gahunda.

N’ubwo bivugwa ko Carlos Santana yaguye kubera kugabanuka kw’amazi mu mubiri we bitewe n’ubushyuye bwari mu cyumba yacurangiragamo, birashoboka ko agomba kuba afite ubundi burwayi bukomeye.

Mu Ukuboza, 2021, yasubitse mu buryo butunguranye igitaramo yari bukorere i Las Vegas  muri Leta ya Nevada, USA.

NBC News yanditse ko abakora mu itsinda ryo kumwitaho bayitangarije ko icyo gihe Carlos Santana yari agiye kubagwa umutima.

Carlos Augusto Santana Alves ni Umunyamerika ukomoka muri Mexique.

Yavutse taliki 20, Nyakanga, 1947, akaba yaratangiye kwamamara mu myaka ya 1960 n’imyaka ya 1970 ubwo we n’itsinda rye yise Santana ryabicaga bigacika.

Bacurangaga injyana bita Rock and roll na Jazz yo muri Amerika y’Amajyepfo bita Latino American Jazz.

TAGGED:AmerikafeaturedMexiqueSantanaUmucuranziUmutima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwize Ubuhinzi Wari Uhagarariye UN Mu Rwanda Yacyuye Igihe
Next Article U Burusiya Bwafunze Umunyamerikakazi W’Icyamamare Muri Basket
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?