Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyamamare Ku Isi Carlos Santana Yikubise Hasi Mu Gitaramo Rwagati
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Icyamamare Ku Isi Carlos Santana Yikubise Hasi Mu Gitaramo Rwagati

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 July 2022 7:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bahanzi banacuranga gitari ya solo uzwi kurusha benshi ku isi witwa Carlos Santana yaraye yikubise hasi by’amarabira ari mu gitaramo rwagati. Byabereye i Michigan mu nzu mberabyombi yitwa Pine Knob Music Theatre iri ahitwa Clarkson aho yacurangiraga abafana mu bitaramo yise Earth, Wind & Fire Concert.

Ushinzwe gukurikirana ibikorwa bye( manager) yavuze ko byatewe n’ubushyuhe bwinshi bwari buri mu cyumba cyabereyemo kiriya gitaramo butuma umubiri we utakaza amazi menshi, ubwonko bucika intege aragwa.

Abaganga bari hafi aho batabaye baramuhungiza bamuha n’amazi ariko bamuvana ku rubyiniro.

Carlos Santana ni umwe mu bahanzi ba Rock bakomeye ku isi ku isi kuko yashyizwe no mu itsinda ry’abahanzi bakora umuziki nk’uwe b’indashyikirwa kurusha abandi babayeho ryitwa Rock and Roll Hall of Fame.

Icyakora ushinzwe ibikorwa bye witwa Michael Vrionis yavuze ko Santana yajyanywe mu bitaro yitabwaho, ubuzima bwe burongera bukora neza.

Igitaramo yagombaga gukora kuri uyu wa Gatatu cyabaye gisubitswe kuzageza igihe hazatangarizwa indi gahunda.

N’ubwo bivugwa ko Carlos Santana yaguye kubera kugabanuka kw’amazi mu mubiri we bitewe n’ubushyuye bwari mu cyumba yacurangiragamo, birashoboka ko agomba kuba afite ubundi burwayi bukomeye.

Mu Ukuboza, 2021, yasubitse mu buryo butunguranye igitaramo yari bukorere i Las Vegas  muri Leta ya Nevada, USA.

NBC News yanditse ko abakora mu itsinda ryo kumwitaho bayitangarije ko icyo gihe Carlos Santana yari agiye kubagwa umutima.

Carlos Augusto Santana Alves ni Umunyamerika ukomoka muri Mexique.

Yavutse taliki 20, Nyakanga, 1947, akaba yaratangiye kwamamara mu myaka ya 1960 n’imyaka ya 1970 ubwo we n’itsinda rye yise Santana ryabicaga bigacika.

Bacurangaga injyana bita Rock and roll na Jazz yo muri Amerika y’Amajyepfo bita Latino American Jazz.

TAGGED:AmerikafeaturedMexiqueSantanaUmucuranziUmutima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwize Ubuhinzi Wari Uhagarariye UN Mu Rwanda Yacyuye Igihe
Next Article U Burusiya Bwafunze Umunyamerikakazi W’Icyamamare Muri Basket
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?