Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyambu Cyo Ku Nkombo Ntigikora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyambu Cyo Ku Nkombo Ntigikora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2023 8:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatuye Umurenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi binubira ko icyambu cya Nkombo  kimaze igihe gifunzwe kandi ari cyo cyabahuzaga n’ibindi bice. Gutega ubwato birabahenda kandi ntibiborohereza guhura  n’abo mu bindi bice by’Uturere twa Rusizi na Nyamasheke.

Icyambu cyafunzwe ni icy’ahitwa ku Gaturo.

Ubuyobozi bwabwiye itangazamakuru ko kiriya cyambu cyafunzwe kubera umutekano muke uri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Abaturage bavuga ko mbere y’icyorezo cya COVID-19, bari bafite ahantu habiri bategeraga ubwato.

Nyuma hamwe muri ho haje gufungwa.

Ingaruka zabaye iz’uko urugendo rwo kujya kuri kiriya cyambu no kugaruka ruba rurerure.

Bakoresha amasaha abiri kugira ngo bagere ku cyambu kimwe ‘rukumbi’ bategeraho ubwato bajya hakurya y’ikirwa.

Icyo kirwa bakoresha ni icy’ahitwa ku Nyankumbira.

Umuturage uhatuye agira ati: “Ni icyambu kimwe gusa dufite cyo ku Nyankumbira, gupanga urugendo rwo kujya Kamembe cyangwa ku Nkanka ugenda amasaha abiri kugira ngo ugere aho ufatira ubwato, ugasanga ari ikibazo.”

Ababazwa n’uko hari icyambu cyafunzwe mu gihe cya COVID-19 ariko kugeza n’ubu kikaba kigifunzwe.

Ati “Icyambu cyo ku Gaturo twakoreshaga ntikigikoreshwa bahafunze mu gihe cya COVID-19,  niba bishoboka badufungurira icyo cyambu.”

Kizafungurwa ari uko umutekano wagarutse muri DRC…

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi witwa Dr. Kibiriga Anicet yabwiye UMUSEKE ko  kiriya cyambu cyafunzwe kubera umutekano muke uri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Asezeranya ko igihe cyose umutekano uzaba wagarutse  muri za Kivu, icyambu kizafungurwa.

Ati: “Ibyambu byafunzwe kubera ibibazo biri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Guhita ugifungura ntabwo ari ibintu byo kwihutira. Bizakorwa mu bushishozi, icya mbere dukomeyeho ni umutekano, umuturage utamucungiye umutekano byose byaba ari impfabusa. Byose bizarebwaho bibashe gukemuka.”

Umurenge wa Nkombo ni umwe mu mirenge 18 y’Akarere ka Rusizi. Ugizwe n’utugari dutanu tuba  mu kirwa rwagati mu kiyaga cya Kivu.

TAGGED:AbaturagefeaturedInkomboKibirigaKivuRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Yahushije Umugore We Atema Umwana We
Next Article Kenya: Ubwoba Ni Bwose Kubera Imyigaragambyo Y’Abashyigikiye Odinga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bunyoni Ararembye

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Igitaramo Cya Mbonyi Cyari Kuzabera i Rubavu Cyasubitswe

Abana Bagiye Gutozwa Guhesha Agaciro Imbyino Gakondo Nyarwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

You Might Also Like

Mu Rwanda

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Haratutumba Intambara Hagati Ya Chad N’Abarwanyi Bo Muri Sudan

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Nigeria Yahaye Amerika Amakuru Yayifashije Kurasa Abahezanguni B’Abisilamu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?