Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyambu Cyo Ku Nkombo Ntigikora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyambu Cyo Ku Nkombo Ntigikora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2023 8:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatuye Umurenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi binubira ko icyambu cya Nkombo  kimaze igihe gifunzwe kandi ari cyo cyabahuzaga n’ibindi bice. Gutega ubwato birabahenda kandi ntibiborohereza guhura  n’abo mu bindi bice by’Uturere twa Rusizi na Nyamasheke.

Icyambu cyafunzwe ni icy’ahitwa ku Gaturo.

Ubuyobozi bwabwiye itangazamakuru ko kiriya cyambu cyafunzwe kubera umutekano muke uri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Abaturage bavuga ko mbere y’icyorezo cya COVID-19, bari bafite ahantu habiri bategeraga ubwato.

Nyuma hamwe muri ho haje gufungwa.

Ingaruka zabaye iz’uko urugendo rwo kujya kuri kiriya cyambu no kugaruka ruba rurerure.

Bakoresha amasaha abiri kugira ngo bagere ku cyambu kimwe ‘rukumbi’ bategeraho ubwato bajya hakurya y’ikirwa.

Icyo kirwa bakoresha ni icy’ahitwa ku Nyankumbira.

Umuturage uhatuye agira ati: “Ni icyambu kimwe gusa dufite cyo ku Nyankumbira, gupanga urugendo rwo kujya Kamembe cyangwa ku Nkanka ugenda amasaha abiri kugira ngo ugere aho ufatira ubwato, ugasanga ari ikibazo.”

Ababazwa n’uko hari icyambu cyafunzwe mu gihe cya COVID-19 ariko kugeza n’ubu kikaba kigifunzwe.

Ati “Icyambu cyo ku Gaturo twakoreshaga ntikigikoreshwa bahafunze mu gihe cya COVID-19,  niba bishoboka badufungurira icyo cyambu.”

Kizafungurwa ari uko umutekano wagarutse muri DRC…

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi witwa Dr. Kibiriga Anicet yabwiye UMUSEKE ko  kiriya cyambu cyafunzwe kubera umutekano muke uri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Asezeranya ko igihe cyose umutekano uzaba wagarutse  muri za Kivu, icyambu kizafungurwa.

Ati: “Ibyambu byafunzwe kubera ibibazo biri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Guhita ugifungura ntabwo ari ibintu byo kwihutira. Bizakorwa mu bushishozi, icya mbere dukomeyeho ni umutekano, umuturage utamucungiye umutekano byose byaba ari impfabusa. Byose bizarebwaho bibashe gukemuka.”

Umurenge wa Nkombo ni umwe mu mirenge 18 y’Akarere ka Rusizi. Ugizwe n’utugari dutanu tuba  mu kirwa rwagati mu kiyaga cya Kivu.

TAGGED:AbaturagefeaturedInkomboKibirigaKivuRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Yahushije Umugore We Atema Umwana We
Next Article Kenya: Ubwoba Ni Bwose Kubera Imyigaragambyo Y’Abashyigikiye Odinga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?