Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icy’Ingenzi Kuri Kagame Ni Ukubaka Uburyo Bwo Guhangana N’ Ingaruka Z’Intambara Ya Ukraine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icy’Ingenzi Kuri Kagame Ni Ukubaka Uburyo Bwo Guhangana N’ Ingaruka Z’Intambara Ya Ukraine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 June 2023 12:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yabwiye abanyamakuru ko atari ngombwa ko abantu batakaza umwanya ku ntambara Ukraine ihanganyemo n’Uburusiya kurusha uko bakora ngo babonere ibisubizo ingaruka iyi ntambara iteza abatuye isi.

Avuga ko  abanyafurika bagombye kwita cyane cyane ku ngamba zafatwa kugira ngo bahangane n’ibibazo bibareba mu buryo bitaziguye, birimo n’ingaruka zakuruwe n’iriya ntambara.

Agaragaza ko igikwiye ari ugushyira imbaraga mu kubaka uburyo bwo guhangana n’ingaruka zikomeje guturuka kuri iyo ntambara

Umukuru w’u Rwanda yavuze no kazi ingabo z’u Rwanda zagiye gukora muri Mozambique, igihugu gituranye na Zambia, avuga ko kamaze kurangira ku kigero cya 80%.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwageze muri Mozambique rukorana n’iki gihugu ndetse n’abasirikare ba SADC mu kugarura amahoro muri Cabo Delgado.

Avuga ko uyu muhati watumye hari ibigo b’ubucuruzi byaba iby’abanya Mozambique cyangwa iby’abanyamahanga byatangiye kugaruka muri kiriya gihugu ngo bisubikure imirimo, cyangwa bikaba biri gusuzuma uko byahagaruka.

Perezida Kagame yabivugiye mu kiganiro yahaye abanyamakuru ari kumwe na mugenzi wa Zambia Hikainde Hichilema uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.

Ati: “ Abantu bagarutse aho bahoze batuye, ubuzima buragaruka, hari ibigo byatangiye kugaruka mu bucuruzi, hari n’ibyitegura gutangira gukora birimo na Total Energies n’ibindi”.

Perezida Kagame na Hichilema bahaye ikiganiro abanyamakuru

Kagame avuga ko 20% isigaye itashyirwa ku murongo, nayo iri mu nzira kandi bigaragara ko bizagerwaho.

Perezida Hikainde Hichilema we yagarutse ku kibazo cy’umwenda munini igihugu cye gifitiye amahanga, avuga ko aho agereye ku butegetsi, ari gukora uko ashoboye ngo igihugu cye kiwishyure binyuze mu mikoranire n’umusanzu wa buri wese.

Zambia iri mu bihugu by’Afurika bivugwaho kugira umwenda munini cyane bifitiye amahanga cyane cyane Ubushinwa.

TAGGED:featuredHikaindaKagameMozambiqueNdagijimanaUmwenda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imana Ihe Abanyarwanda Gukira Neza Ibikomere- Perezida Wa Zambia Nyuma Yo Gusura Urwibutso
Next Article U Rwanda Rwashyize Ibigize Irangamimerere Byose Mu Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?