Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo FERWACY Ivuga Ku ‘Ibura’ Rya Mugisha Samuel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Icyo FERWACY Ivuga Ku ‘Ibura’ Rya Mugisha Samuel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2022 3:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
UCI Road World Championships Innsbruck Men U23 ITT Samuel Mugisha
SHARE

Hashize iminsi micye mu itangazamakuru havugwa ko Umunyarwanda wamamaye mu gutwara igare witwa Samuel Mugisha ‘yaburiwe irengero.’

Asanzwe akinira ikipe yo muri Afurika y’Epfo yitwa ProTouch Cycling Team.

Iby’uko yaburiwe irengero byatangiye kuvugwa Taliki 04, Nzeri, 2022 ubwo bagenzi be bavugaga ko telefoni ya Mugisha itari ku murongo.

Nyuma yo gukwiza iyo nkuru, bimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda byahaye inkuru zabyo imirongo ivuga ko Mugisha Samuel yaburiwe irengero.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyo gihe yari yagiye muri

yaba yaraburiye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika mu irushanwa rya ‘Maryland Cycling Classic’.

Ubwo ikipe ye (ProTouch Cycling Team) yageraga ku kibuga cy’indege cya Dallas, ngo yahise abura.

Amakuru avuga ko kuva uwo munsi Mugisha ataraboneka kandi ngo ajya kubura, yajyanye n’ibikoresho by’ikipe ye birimo igare ndetse ngo yari afite na $20,000.

Perezida wa FERWACY ati: “ Ni gute uvuga ko umuntu ufite Visa y’iminsi 90 yaburiwe irengero?”

- Advertisement -
Murenzi Abdallah

Taarifa yabajije Perezida wa FERWACY Bwana Murenzi Abdallah iyo avuga ku bimaze iminsi bivugwa ko Mugisha Samuel wigeze kwegukana Tour du Rwanda yaba yaraburiwe irengero, avuga ko mu by’ukuri nka FERWACY, ikibazo cya Mugisha bacyumvise ariko abagira icyo bakivugaho cyane ari abakoresha be ni ukuvuga abo mu ikipe ya ProTouch Cycling Team.

Ku rundi ruhande, Abdallah Murenzi avuga ko kuvuga ko Samuel Mugisha yaburiwe irengero byaba ari uguhubuka kuko ari muri Amerika mu buryo bukurikije amategeko kuko afite visa y’iminsi 90.

Ati: “ Kuvuga ko Mugisha yaburiwe irengero kandi ari mu gihugu cy’amahanga mu buryo bwemewe n’amategeko nsanga byaba ari ukwihuta. Nibategereze iminsi ya visa ye irangire hanyuma bigaragare ko atasubiye aho yaturutse bityo kuvuga ko yaburiwe irengero bigire ishingiro.”

Abdallah Murenzi avuga ko Mugisha yagiye muri Amerika ajyanye n’ikipe ye kandi ko byari mu buryo bukurikije amategeko.

Ngo ibya Mugisha ni ukubihanga amaso, iminsi igenwa na Visa ye ikabanza ikarangira.

Nyuma y’uko abo bari kumwe bamubuze, Ikipe ya ProTouch yavuze ko amashusho yafashwe na camera zifotora ibibera aho ku kibuga cy’indege (CCTV) yerekana Mugisha Samuel anyura aho bagenzurira za pasiporo nyuma ahita agenda yinjira mu modoka yari irimo abantu bigaragara ko ‘yari azi neza.’

TAGGED:AmerikaFERWACYIsiganwaMurenzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Murumuna Wa Riderman Nawe Yatangiye Umuziki
Next Article Afurika Ifite 60% By’Ubutaka Bwera Ariko Budahingwa, Bigatuma Isonza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Twatanze Imbanzirizamushinga Y’amahoro Twifuza Muri DRC- Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

APR FC Yatsinze Rayon Iyirusha Bifatika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Uko Ibihugu Birutanwa Kunywa Byeri: Ubushinwa Burayoboye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?