Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Leta Y’ u Rwanda Ivuga Ku Nkoni Yera Ivugwaho Guhenda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyo Leta Y’ u Rwanda Ivuga Ku Nkoni Yera Ivugwaho Guhenda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 June 2022 4:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubumwe Nyarwanda bw’abafite ubumuga bwo kutabona baraye basabye Leta kubafasha kubona inkoni ibafasha kutayoba cyangwa gutsitara kuko ngo ibahenda.

Dr Mukarwego Betty uyobora Ubumwe Nyarwanda bw’abafite ubumuga bwo kutabona avuga ko mu mwaka wa 2019 na mbere y’aho iriya nkoni yaguraga byibura Frw 100,000.

Perezidante w’Ubumwe Nyarwanda bw’abafite ubumuga bwo kutabona witwa Dr Mukarwego Betty

Yavugaga ko byaba byiza Leta ishyizemo ‘nkunganire’.

Umukozi muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe itumanaho witwa Joseph Curio Havugimana yabwiye Taarifa ko mu by’ukuri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ntako itakoze ngo ifashe abafite ubumuga bwo kutabona kugira inkoni yera.

Ngo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi Leta y’u Rwanda yashyizeho umurongo wo kwita ku byiciro byose by’abaturage b’igihugu ndetse inabishyira mu mategeko.

Havugimaa avuga ko umwaka ushize (Gicurasi 2021), Leta yashyizeho Politike igena ibikorwa byo kurengera no gufasha abafite ubumuga.

Ikubiyemo umurongo mugari ugenga gahunda zo gufasha abafite ubumuga no kubahiriza uburenganzira bwabo mu byiciro bitandukanye by’ubuzima bw’igihugu.

Binyuze mu Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga, NCPD, (ubu yavuyeho)n’abandi bafatanyabikorwa, abafite ubumuga batishoboye bafashwa kubona ibibafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi birimo insimburangingo n’inyunganirangingo, amasomo y’imyuga, inkunga zo kubateza imbere, n’ibindi.

Yongeyeho ko uko amikoro y’igihugu azaboneka ni ko n’umubare w’abafashwa na wo uziyongera.

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ivuga ko kugeza ubu mu Rwanda inkoni yera iboneka kuva ku Frw 14 000 kugera kuri Frw 25 000 bitewe n’ubwoko bwayo.

Kuva mu mwaka 2018 Leta imaze gutanga inkunga y’inkoni yera ku bantu 2,542 bafite ubumuga bwo kutabona batishoboye.

Abishoboye bo barayigurira.

TAGGED:featuredInkoniMinisiteriRwandaUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Stade Amahoro Izasanwa Kuri Miliyari Frw 160
Next Article Sobanukirwa Uko Amazi Ya JIBU Atunganywa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?