Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Perezida Ndayishimiye Yategetse Abagenzura Itangazamakuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Icyo Perezida Ndayishimiye Yategetse Abagenzura Itangazamakuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2021 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yategetse Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’itangazamakuru ko rugomba guhura n’abayobozi b’ibigo byaryo bakanoza imikoranire, ibyafungiwe ibikorwa bigakomorerwa.

Ndayishimiye avuga ko itangazamakuru ari ikintu k’ingenzi mu gihugu kuko rifasha abaturage kubona ibyo inzego z’ubuyobozi zibagomba.

Yagize ati: “ Ikigo gishinzwe kugenzura itangazamakuru, CNC, kigomba guhura n’abayobozi b’ibigo by’itangazamakuru bimaze igihe bifungiwe akazi, bakaganira uko byafungurirwa.”

Imvugo ye yatumye abantu batangira kumva ko mu Burundi hagiye kongera kuba ubwisanzure bw’itangazamakuru, kandi bavuga ko byaba ari ingirakamaro kuri Demukarasi n’iterambere by’u Burundi.

Abakurikiranye Politiki y’u Burundi mu myaka itanu ishize bavuga ko ubwisanzure bw’itangazamakuru bwasubiye inyuma nyuma y’amatora y’Umukuru w’igihugu yabaye muri 2015 agatsindwa na Pierre Nkurunziza.

Kubera ko atavuzweho rumwe, hari ibinyamakuru byashinjwe na Leta gutiza umurindi abatavuga rumwe na Leta, ikavuga ko bishyigikiye abateguye Coup d’etat yabaye tariki 13, Gicurasi, 2015 ikaburizwamo.

Icyo gihe hari radio zafunzwe, abanyamakuru bazo bahungira mu Rwanda n’ahandi mu Karere.

Muri radio zafunzwe harimo na radio mpuzamahanga nka Ijwi ry’Amerika, BBC n’izindi.

Raporo ya 2020 y’Ikigo kireba ubw’ubwisanzure mu gutanga ibiterezo yitwa World Press Freedom Index ivuga ko u Burundi buri ku mwanya wa 160 mu bihugu 180 byasuzumiwemo uko buriya bwisanzure bwubahirizwa.

 

TAGGED:BBCBurundifeaturedItangazamakuruNdayishimiyeNkurunziza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Ikomeze Ishyire Imari Mu Guhangana N’Indwara-Kagame
Next Article Moses Twahirwa Wa Moshions Yavuye Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?