Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Perezida Ndayishimiye Yategetse Abagenzura Itangazamakuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Icyo Perezida Ndayishimiye Yategetse Abagenzura Itangazamakuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2021 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yategetse Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’itangazamakuru ko rugomba guhura n’abayobozi b’ibigo byaryo bakanoza imikoranire, ibyafungiwe ibikorwa bigakomorerwa.

Ndayishimiye avuga ko itangazamakuru ari ikintu k’ingenzi mu gihugu kuko rifasha abaturage kubona ibyo inzego z’ubuyobozi zibagomba.

Yagize ati: “ Ikigo gishinzwe kugenzura itangazamakuru, CNC, kigomba guhura n’abayobozi b’ibigo by’itangazamakuru bimaze igihe bifungiwe akazi, bakaganira uko byafungurirwa.”

Imvugo ye yatumye abantu batangira kumva ko mu Burundi hagiye kongera kuba ubwisanzure bw’itangazamakuru, kandi bavuga ko byaba ari ingirakamaro kuri Demukarasi n’iterambere by’u Burundi.

Abakurikiranye Politiki y’u Burundi mu myaka itanu ishize bavuga ko ubwisanzure bw’itangazamakuru bwasubiye inyuma nyuma y’amatora y’Umukuru w’igihugu yabaye muri 2015 agatsindwa na Pierre Nkurunziza.

Kubera ko atavuzweho rumwe, hari ibinyamakuru byashinjwe na Leta gutiza umurindi abatavuga rumwe na Leta, ikavuga ko bishyigikiye abateguye Coup d’etat yabaye tariki 13, Gicurasi, 2015 ikaburizwamo.

Icyo gihe hari radio zafunzwe, abanyamakuru bazo bahungira mu Rwanda n’ahandi mu Karere.

Muri radio zafunzwe harimo na radio mpuzamahanga nka Ijwi ry’Amerika, BBC n’izindi.

Raporo ya 2020 y’Ikigo kireba ubw’ubwisanzure mu gutanga ibiterezo yitwa World Press Freedom Index ivuga ko u Burundi buri ku mwanya wa 160 mu bihugu 180 byasuzumiwemo uko buriya bwisanzure bwubahirizwa.

 

TAGGED:BBCBurundifeaturedItangazamakuruNdayishimiyeNkurunziza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Ikomeze Ishyire Imari Mu Guhangana N’Indwara-Kagame
Next Article Moses Twahirwa Wa Moshions Yavuye Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?