Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyuho Mu Ikoranabuhanga Mu Bana Bo Muri Afurika Kigomba Gucika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Icyuho Mu Ikoranabuhanga Mu Bana Bo Muri Afurika Kigomba Gucika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2023 3:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubusumbane ubwo ari bwo bwose bushegesha umuntu cyangwa abantu batsikamiwe. Ni ikibazo kigaragara no mu myigire y’abana bo muri Afurika cyane cyane iyo munsi y’Ubutayu bwa Sahara batabona ikoranabuhanga nkenerwa ngo bige neza.

N’ubwo na mbere hose ubusumbane mu kugira ikoranabuhanga n’ibikoresho byarwo bwari ho, abana bo muri Afurika barushijeho gusigara inyuma muri iyi nzira nyuma y’uko COVID-19 yadutse ku isi mu mpera z’umwaka wa 2019.

Gutekereza ku gihombo ibi bitera abana no kurebera hamwe icyakorwa ngo bicike, ni ingenzi muri iki gihe ndetse cyane cyane  kuri iyi taliki ya 16, Kamena, 2023 umunsi isi izirikana umwana w’Umunyafurika.

Kimwe mu bikoresho by’ikoranabuhanga bifasha abana kwiga no kwaguka mu bumenyi ni telefoni zigendanwa kandi zikoresha murandasi.

Uretse n’uko ikoranabuhanga rikiri ku rwego rwose, abana benshi bo muri Afurika ntibaramenya gusoma no kwandika k’uburyo imibare yerekana ko umwana umwe(1) mu bana icumi(10) ari we ubizi.

Kugira ngo ibi bizacike mu gihe kirambye, ni ngombwa ko urubyiruko rw’ubu( ni ukuvuga ababyeyi b’ejo hazaza) rwigira mu mashuri afite ikoranabuhanga ribafasha kwagura ubumenyi mu nzego zitandukanye.

Abakora igenamigambi bavuga ko 90% by’imirimo izaba ikorwa mu myaka 10,20,… iri imbere izaba ikenera ibyuma by’ikoranabuhanga.

Ikibabaje ni uko aho isi igeze  usanga henshi muri Afurika abantu bakigira ku bibaho n’ingwa, amakayi n’amakaramu bya kera n’ibindi byerekana ko uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga bukiri kure.

N’ubwo 63% by’abatuye Afurika bafite telefoni zigendanwa kandi zishobora kwakira murandasi, abazikoresha mu kwiga cyangwa kwigisha abana babo ni mbarwa!

UNICEF na AIRTEL Africa bafite umuti…

Ibibazo bivuzwe haruguru n’ibindi bisa nabyo hari umuti wabishakiwe.

Ni umuti ushingiye ku bufatanye hagati y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, n’ikigo gitanga serivisi z’itumanano n’ikoranabuhanga, Airtel Africa.

Impande zombi ziri gukorana kugira ngo, mu gihe runaka, ubuke bw’ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ubumenyi bujyana nabyo, bizabe ari ikibazo cyabonewe umuti.

Kuba Airtel Africa iri henshi muri Afurika kandi igatanga murandasi bituma gukorana na UNICEF mu rwego rwo guha abana ikoranabuhanga bitanga umusaruro ugaragara.

Airtel Africa yamaze guteganya miliyoni $57 zo kugura ibikoresho by’ikoranabuhanga bigenewe abana cyangwa se amwe muri ayo mafaranga agahabwa ababarera kugira ngo abe ari bo babagurira ibyo babona ko bakwiye koko.

Ni umushinga w’imyaka itanu izakorerwa muri Chad, Congo-Brazzaville, Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Gabon, Kenya, Madagascar, Malawi, Niger, Rwanda, Tanzania, Uganda na Zambia.

Muri buri gihugu, Airtel na UNICEF bakorana na Minisiteri y’uburezi kugira ngo imirimo yabo itazamo kugongana no gutatanya imbaraga.

Ni imikoranire igamije ko mu gihe kitarambiranye, abahanga mu ikoranabuhanga bo muri Afurika, bazaba ari bo bateza imbere uyu mugabane binyuze mu mishinga bahanze kubera ubumenyi mu ikoranabuhanga babonye bakiri bato.

Icyitonderwa: Iyi ni inyandiko ya Emeka Oparah  na Mahamed Malik Fall  Taarifa yashyize mu Kinyarwanda.

Emeka Oparah, Umuyobozi wungirije muri Airtel Africa ushinzwe abakozi n’imikoranire y’inzego ( Ifoto@ Alin Constantin)
Mahamed Malik Fall ushinzwe UNICEF ku rwego rw’Afurika.
TAGGED:AbanaAirtelfeaturedImishingaUNICEF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Yavuye Mu Bitaro
Next Article Kuzigama Ubwabyo Ni Ishoramari- Umuyobozi Wa Banki Ya Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?