Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iduka Ryo Ku Mashyirahamwe Ryahiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Iduka Ryo Ku Mashyirahamwe Ryahiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 December 2022 12:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Igikorwa cyo gusudira cyateje inkongi yatwitse iduka ry’umugore witwa Mukaruzinda rirakongoka. Ni iduka rya Papéterie riri ahitwa ku Mashyirahamwe.

Ababonye biba  bavuga ko uwasudiraga yabonye inkongi ikomeye ayabangira ingata!

Ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi harimo no kuzimya inkongi ryatabaye rizimya ibyo ryabashije gusanga bitarakongoka.

Iyi nkongi ije ikurikira iherutse kuba mu nyubako ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda iri ahitwa ku Muhima.

Icyo gihe Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yabwiye Taarifa ko iriya nkongi yatewe n’intsinga zakoranyeho zidahuje imikoranire ibyo bita ‘négatif cyangwa positif’ zikora circuit.

Yavuze ko ibyumba bibiri by’iriya nyubako ari byo byafashwe n’inkongi.

Ati: “ Nibyo koko iyo nyubako yafashwe n’inkongi ariko ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi ryayizimije umuriro utarakwira hose.”

Polisi yaratabaye irazimya.

Ku byerekeye inkongi yibasiye iduka ryo muri Nyabugogo, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ku rwego rw’Umujyi wa Kigali CIP Sylvestre Twajamahoro asaba abaturage kujya basudirana ubwitonzi kuko iki gikorwa kijya kiba intandaro y’inkongi.

Ikindi ngo abantu basudira bagomba kuba bazi neza uko bikorwa bakirinda gukoresha ibikoresho bikurura amashanyarazi aruta akenewe kuko hari ubwo nabyo biba intandaro y’umuriro uhombya abantu cyangwa ukabahitana.

CIP Twajamahoro asaba abaturage kugira za kizimyamwoto nto zo kwifashisha bazimya umuriro mbere y’uko polisi ihagera ngo ibatabare.

Intsinga zishaje zikunze kuvugwaho kuba nyirabayazana w’inkongi.

TAGGED:AmashyirahamwefeaturedInkongiNyabugongoUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urugamba Rwongeye Guhinana Hagati Ya M23 N’Ingabo Za DRC
Next Article Papa Benedigito XVI Ararembye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?