Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ifoto Ivuga: Gukingira Umunyarwanda Icyago Cyose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Ifoto Ivuga: Gukingira Umunyarwanda Icyago Cyose

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2022 12:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku rubuga rwa Twitter rw’Akarere ka Nyabihu  hari ifoto yerekana umwe mu basirikare ba RDF afite imbunda ku rutugu ari no gukingira umuturage.

Ni ifoto yafashwe nyuma y’umuganda wari umaze gukorerwa mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu.

Iyo usesenguye iyi foto ubona ko ibyo uriya musirikare yakoze bifite ubusobanuro bwimbitse.

Mu nshingano z’umusirikare w’u Rwanda iy’ibanze ni ukurinda ubusugire bw’u Rwanda, binyuze mu kurinda ko hari uwarutera ngo aruteshe amahoro aturutse hanze.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Guturuka hanze bivuze ko yakwinjirira ku nzira y’ubutaka cyangwa iyo mu kirere.

No mu mazi ashobora kuhinjirira.

Umusirikare wagaragaye akingira uyu muturage yari ahetse imbunda kandi iki nicyo gikoresho cyo kurinda igihugu.

N’ubwo atari yambaye ingofero ikingira umutwe n’ikoti rikingira igituza, kuba yari afite imbunda byerekana ko ku mutima we yari yiteguye kurinda abaturage icyabatera.

Nyuma yo gukora umuganda, akagira uruhare mu iterambere ry’igihugu mu bikorwa remezo by’i Nyabihu, yateye urukingo rwa COVID-19 umuturage wo muri Kabatwa kugira ngo amurinde kuzazahazwa na kiriya cyorezo niyo cyamufata.

- Advertisement -

Ikindi ni uko iyo witegereje ku gatambaro kariho izina ry’uriya musirikare ubona ko yitwa KAGIRANEZA.

Umutekano w’Abanyarwanda niwo ntangiriro y’amajyambere yabo yose uko yakabaye.

Niyo mpamvu ingabo z’u Rwanda zigira uruhare mu byabateza imbere  byose zikabarinda icyahungabanya umutekano wabo cyose.

Taliki 08, Gashyantare, 2022 ubwo yagezaga ijambo ku bayobozi bakuru bari bitabiriye umuhango wo kwakira indahiro ya  Minisitiri mushya w’ibikorwaremezo n’umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, Perezida Kagame yavuze ko mu bintu byose igihugu gikora kigomba  gushyira umutekano w’Abanyarwanda ku mwanya wa mbere.

Perezida Kagame avuga ko umutekano w’Abanyarwanda ntacyawusimbura
TAGGED:COVID-19featuredIngaboKabatwaNyabihuRDFRwandaUmunyarwandaUmusirikare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarusiya Barashaka Guhanura Ikigo Mu By’Isanzure Cyubatswe Mu Kirere Gipima Toni 500
Next Article Uko Iterambere Mu Kubika Amakuru Mu Ikoranabuhanga Ryakuze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?