Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igice Kimwe Cy’Umuhanda Nyamagabe-Rusizi Si Nyabagendwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Igice Kimwe Cy’Umuhanda Nyamagabe-Rusizi Si Nyabagendwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2024 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iki gice cy’umuhanda wa Nyamasheke- Rusizi cyangirikiye mu Kagari ka Buvugira, Umudugudu wa Bujagiro mu Murenge wa Nyabitekeri. Byabereye mu ishyamba rya Nyungwe ahitwa Kamiranzovu.

Imvura nyinshi yaguye kuri uyu wa Gatatu taliki 24, Mata, 2024 niyo ivugwaho kuba nyirabayazana w’iki kibazo.

Imvura n’umuyaga kandi byagushije ipoto y’amashanyarazi bituma umuriro uyakomokaho ubura mu bice bimwe bya Nyamagabe.

Umuvugizi wa Polisi, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yatangarije Kigali Today ko uyu muhanda wangiritse kubera imvura nyinshi yaraye iguye, bituma ucikamo kabiri igice kimwe kiratwarwa.

Polisi ivuga ko harimo hareba icyakorwa ngo uyu muhanda wongere kuba nyabagendwa.

Ibi bitangajwe nyuma y’igihe gito umuhanda Muhanga Ngororero nawo ufunzwe kubera kuzura amazi yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu bice biwukikije.

Iyi mvura yatumye umugezi wa Nyabarongo nawo wuzura.

Icyakora ntibyatinze amazi aragabanuka wongera kuba nyabagendwa.

Iteganyagihe ry’igice cya gatatu cya Mata 2024, kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 30 Mata 2024, rigaragaza ko imvura iteganyijwe izaba iri hejuru y’ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa mu bice byinshi by’Igihugu.

Ibi bitanga umuburo ku bantu ko hari ibiza bishobora kuzaduka bikuruwe n’ubwinshi bw’amazi y’iyo mvura.

TAGGED:featuredImvuraIshyambaNyamashekeRusiziUmuhanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubukungu Bwa Kenya Bwaciye Ku Bwa Angola
Next Article Ikoranabuhanga Mu Kurwanya Malaria Riri Kugeragezwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?