Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igikomangoma Charles Yahawe Izina Ry’Ubwami Rya Charles III
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Igikomangoma Charles Yahawe Izina Ry’Ubwami Rya Charles III

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2022 1:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko Nyina atanga, ubu igikomangoma cy’u Bwongereza Charles niwe uzima ingoma kuri uyu wa Gatandatu. Azitwa izina rya cyami rya Charles III.

BBC ivuga ko kuri uyu wa Gatandatu Taliki 10, Nzeri, 2022 ari bwo Charles III azahabwa inkoni ya cyami ku mugaragaro mu muhango uzabera mu ngoro yoitwa St James iri mu Murwa mukuru, London.

Urukurikirane ku ngoma ya cyami y’u Bwongereza ruvuga ko Charles III aramutse atanze, yasimburwa n’umuhungu we William.

Kwimika umwami w’u Bwongereza bikorerwa imbere y’abajyanama b’ibwami, bagizwe n’abahoze ari Abadepite bubashywe, abakozi ba Leta bakomeye, abayobozi mu muryango wa Commonwealth na Meya w’Umurwa mukuru London.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Witabirwa n’abantu 700 ariko kuko kuri iyi nshuro bizaba mu buryo bwihuse, BBC ivuga  ko bashobora kuzaba ari bake cyane.

Ubwo umwamikazi Elizabeth II yimaga ingoma, umuhango wo kumwimika witabiriwe n’abantu 200.

Hari mu mwaka wa 1952.

Muri uyu muhango, Umuyobozi w’Abajyanama b’ibwami azatangaza ku mugaragaro itanga ry’Umwamikazi, hanyuma hatangazwe umusimbura we.

Nyuma hakurikiraho amasengesho yo gusabira Umwamikazi watanze no gusabira Umwami mushya, hanyuma abantu bari aho  bakiyemeza kumwubaha no kumufasha.

- Advertisement -

Ku munsi wa kabiri w’inama y’abajyanama nibwo umwami mushya yitabira, akarahirira kurinda Idini rya Ecosse rizwi nk’iry’aba- Presbytérienne.

Nyuma hazabaho kuvuza impanda zimuha ikaze, ubundi bitangazwe k’umugaragaro ko u Bwongereza bubonye Umwami mushya.

Indirimbo y’u Bwongereza irahinduka aho kuba ’God Save the Queen’  ibe ‘God Save the King’.

Nyuma y’ibi byose hazakurikiraho kwimika umwami mushya.

Uyu muhango wo uratinda kubera imyiteguro ikomeye iwubanziriza.

Urugero ni uko umwamikazi Elisabeth II yimye ingoma muri Gashyantare 1952 ariko yimikwa muri Kamena 1953.

TAGGED:BwongerezaCharlesUmwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Yakoresheje Umugozi Ngo Yiyahure Uracika, Anywa Aside Ntiyapfa…
Next Article 80.5% By’Abanyarwanda Batanga Mutuelle De Santé -RSSB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?