Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igikomangoma Charles Yahawe Izina Ry’Ubwami Rya Charles III
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Igikomangoma Charles Yahawe Izina Ry’Ubwami Rya Charles III

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2022 1:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko Nyina atanga, ubu igikomangoma cy’u Bwongereza Charles niwe uzima ingoma kuri uyu wa Gatandatu. Azitwa izina rya cyami rya Charles III.

BBC ivuga ko kuri uyu wa Gatandatu Taliki 10, Nzeri, 2022 ari bwo Charles III azahabwa inkoni ya cyami ku mugaragaro mu muhango uzabera mu ngoro yoitwa St James iri mu Murwa mukuru, London.

Urukurikirane ku ngoma ya cyami y’u Bwongereza ruvuga ko Charles III aramutse atanze, yasimburwa n’umuhungu we William.

Kwimika umwami w’u Bwongereza bikorerwa imbere y’abajyanama b’ibwami, bagizwe n’abahoze ari Abadepite bubashywe, abakozi ba Leta bakomeye, abayobozi mu muryango wa Commonwealth na Meya w’Umurwa mukuru London.

Witabirwa n’abantu 700 ariko kuko kuri iyi nshuro bizaba mu buryo bwihuse, BBC ivuga  ko bashobora kuzaba ari bake cyane.

Ubwo umwamikazi Elizabeth II yimaga ingoma, umuhango wo kumwimika witabiriwe n’abantu 200.

Hari mu mwaka wa 1952.

Muri uyu muhango, Umuyobozi w’Abajyanama b’ibwami azatangaza ku mugaragaro itanga ry’Umwamikazi, hanyuma hatangazwe umusimbura we.

Nyuma hakurikiraho amasengesho yo gusabira Umwamikazi watanze no gusabira Umwami mushya, hanyuma abantu bari aho  bakiyemeza kumwubaha no kumufasha.

Ku munsi wa kabiri w’inama y’abajyanama nibwo umwami mushya yitabira, akarahirira kurinda Idini rya Ecosse rizwi nk’iry’aba- Presbytérienne.

Nyuma hazabaho kuvuza impanda zimuha ikaze, ubundi bitangazwe k’umugaragaro ko u Bwongereza bubonye Umwami mushya.

Indirimbo y’u Bwongereza irahinduka aho kuba ’God Save the Queen’  ibe ‘God Save the King’.

Nyuma y’ibi byose hazakurikiraho kwimika umwami mushya.

Uyu muhango wo uratinda kubera imyiteguro ikomeye iwubanziriza.

Urugero ni uko umwamikazi Elisabeth II yimye ingoma muri Gashyantare 1952 ariko yimikwa muri Kamena 1953.

TAGGED:BwongerezaCharlesUmwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Yakoresheje Umugozi Ngo Yiyahure Uracika, Anywa Aside Ntiyapfa…
Next Article 80.5% By’Abanyarwanda Batanga Mutuelle De Santé -RSSB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?