Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igisasu Cyarashwe Mu Rugo Rwa Netanyahu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Igisasu Cyarashwe Mu Rugo Rwa Netanyahu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2024 1:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Igisasu kiraswa na drone
SHARE

Hezbollah yaraye irasiye muri Lebanon igisasu cya missile ku nyubako ya Minisitiri w’Intebe iri ahitwa Caesarea.

Icyakora ngo izo missile zamuhushije kuko zasanze atayirimo.

Kuba byabaye ubwabyo ni ikibazo ku mutekano wa Netanyahu kuko bidasanzwe ko ibisasu byambuka umupaka uwo ari wo wose bikagera muri Israel mu buryo bubyoroheye.

Icyakora itangazamakuru ryo muri Israel rivuga ko hari drones ebyiri zaturutse muri Lebanon zakumiriwe zitaragerayo, zirahanurwa.

Andi makuru yatangajwe na Televiziyo yo muri Saudi Arabia yitwa Al-Hadath avuga ko ziriya drones zarashe kwa Netanyahu ariko zisanga we n’umugore we Sara Netanyahu badahari.

Nta muntu ibyo bisasu byakomerekeje nk’uko The Jerusalem Post ibyemeza.

Hari ahandi muri Israel hagabwe ibisasu bya Hezbollah bikomeretsa abaturage mu bice birimo no muri Galilaya, aho abantu bane barimo n’umugabo w’imyaka 30 bakomerekejwe nabyo.

Ibiri kuba muri iki gihe bije bikurikiye urupfu rwa Yahya Sinwar wayoboraga Hamas wishwe ku wa Gatatu w’iki Cyumweru kiri kirangira.

Sinwar yaciwe muri Gaza aho yari amaze igihe yihisha ingabo za Israel.

Yishwe nyuma yo kugirwa umuyobozi wa Hamas asimbuye Ismael Hanniyeh nawe wishwe na Israel arashwe missile ubwo yari ari mu Iran mu muhango w’irahira rya Perezida Masoud Pezeshkian.

Israel kandi yishe na Hassan Nasrallah wayobora Hezbollah imutsinze muri Lebanon mu byumweru bike bishize.

TAGGED:featuredHezbollahigisasuNetanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cuba: Igihugu Cyose Cyaraye Mu Icuraburindi
Next Article Kiyovu Yabonye Umufatanyabikorwa Uzayiha $ 50,000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?