Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igisirikare Cya DRC Cyemeje Ko Hari Coup d’Etat Yaburijwemo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Igisirikare Cya DRC Cyemeje Ko Hari Coup d’Etat Yaburijwemo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2024 12:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa  le général de brigade Sylvain Ekenge yatangaje ko igisirikare cy’iki gihugu cyaburijemo ihirika ry’ubutegetsi kandi ko ababigerageje bose bafashwe.

Sylvain Ekenge yatangaje ko abashakaga guhirika ubutegetsi bose bafashwe uko bakabaye bikozwe n’ingabo z’igihugu.

Avuga ko hari abanyamahanga babigizemo uruhare nabo bakaba bafashwe mpiri.

Ingabo z’iki gihugu zahumurije abaturage, zivuga ko ibintu byose biri ku murongo kandi umutekano wabo ucunzwe neza.

Mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru taliki 19, Gicurasi, 2024 nibwo inkuru y’uko abantu bashatse guhirika ubutegetsi yatangiye kuvugwa.

Ababikoze babanje kugaba igitero ku rugo rwa Vital Kamerhe bica abapolisi babiri barurinda bakomereza mu ngoro Umukuru wa DRC akoreramo.

Amashusho yashyizwe kuri X aberekana bari kuvuga ko Perezida Tshisekedi akwiye kuva ku butegetsi.

Icyakora ibyabo ntibyatinze kuko mu gito cyakurikiyeho hagaragaye andi mashusho bicajwe hasi, bigaragara ko bafashwe mpiri.

Muri bo harimo Umuzungu w’Umunyamerika bigaragara ko afite passport y’iki gihugu.

Yaba Vital Kamerhe yaba  na Perezida Tshisekedi bose bameze neza nk’uko bitangazwa na Radio Okapi.

 

TAGGED:CongoDRCEkengefeaturedIngaboKamerheTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guverinoma Yavuze Impamvu Umukozi Wa Human Rights Watch Yangiwe Kwinjira Mu Rwanda
Next Article Indege Yari Itwaye Perezida Wa Iran Iravugwaho Gukora Impanuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Baheze Muri Rigoli Nyuma Yo Gushikuza Umukobwa iPhone

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?