Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igisirikare Cya DRC Cyemeje Ko Hari Coup d’Etat Yaburijwemo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Igisirikare Cya DRC Cyemeje Ko Hari Coup d’Etat Yaburijwemo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2024 12:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa  le général de brigade Sylvain Ekenge yatangaje ko igisirikare cy’iki gihugu cyaburijemo ihirika ry’ubutegetsi kandi ko ababigerageje bose bafashwe.

Sylvain Ekenge yatangaje ko abashakaga guhirika ubutegetsi bose bafashwe uko bakabaye bikozwe n’ingabo z’igihugu.

Avuga ko hari abanyamahanga babigizemo uruhare nabo bakaba bafashwe mpiri.

Ingabo z’iki gihugu zahumurije abaturage, zivuga ko ibintu byose biri ku murongo kandi umutekano wabo ucunzwe neza.

Mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru taliki 19, Gicurasi, 2024 nibwo inkuru y’uko abantu bashatse guhirika ubutegetsi yatangiye kuvugwa.

Ababikoze babanje kugaba igitero ku rugo rwa Vital Kamerhe bica abapolisi babiri barurinda bakomereza mu ngoro Umukuru wa DRC akoreramo.

Amashusho yashyizwe kuri X aberekana bari kuvuga ko Perezida Tshisekedi akwiye kuva ku butegetsi.

Icyakora ibyabo ntibyatinze kuko mu gito cyakurikiyeho hagaragaye andi mashusho bicajwe hasi, bigaragara ko bafashwe mpiri.

Muri bo harimo Umuzungu w’Umunyamerika bigaragara ko afite passport y’iki gihugu.

Yaba Vital Kamerhe yaba  na Perezida Tshisekedi bose bameze neza nk’uko bitangazwa na Radio Okapi.

 

TAGGED:CongoDRCEkengefeaturedIngaboKamerheTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guverinoma Yavuze Impamvu Umukozi Wa Human Rights Watch Yangiwe Kwinjira Mu Rwanda
Next Article Indege Yari Itwaye Perezida Wa Iran Iravugwaho Gukora Impanuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?