Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igisirikare Cya Uganda Cyatangiye Iperereza Kuri Andrew Mwenda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Igisirikare Cya Uganda Cyatangiye Iperereza Kuri Andrew Mwenda

admin
Last updated: 07 January 2022 11:18 am
admin
Share
SHARE

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangiye iperereza ku buryo umunyamakuru Andrew Mwenda yabonye imyenda ya gisirikare, yifashishije mu gufata amashusho ari mu ndege ya gisirikare, avuga ko agiye kugaba ibitero ku mutwe w’iterabwoba wa ADF.

Ku mbuga nkoranyambaga haheruka kugaragara amashusho agaragaza Mwenda ari mu ndege y’intambara ya UPDF avuga ko yitwa Mil Mi-24, avuga ko agiye gusuka ibisasu kuri ADF muri Congo.

Muri ayo mashusho aba asa n’uvuga mu izina ry’Ingabo za Uganda ko “ejo muzabona abarwanyi benshi bamanitse amaboko ku mupaka.”

Mu yandi mashusho, agaragara ashimira abasirikare ba Uganda avuga ko basoje akazi ko kurasa ADF.

Gusa ntabwo byahise bimenyekana uburyo yemerewe kugera ku bubiko bw’imyambaro ya UPDF, ibintu byazamuye impaka ku mbuga nkoranyambaga.

Umuvugizi w’Ingaboza Uganda, Brigadier Flavia Byekwaso, yavuze ko barimo kubikoraho iperereza ngo bamenye uko byagenze.

Yavuze ko ari icyaha gukoresha cyangwa kwigana ibirango bya gisirikare, igihe bidatangiwe uburenganzira n’inzego zibishinzwe.

Yakomeje ati “Niba atari afite ubwo burenganzira, biriya ni icyaha ndetse itegeko riteganya ko gihanishwa igihano kitarenze imyaka irindwi y’igifungo ariko kitari munsi y’imyaka itatu.”

Ibikorwa bya Mwenda byazamuye impaka ku mbuga nkoranyambaga, hashingiwe ku buryo abantu benshi cyane cyane abarwanashyaka ba National Unity Platform, ishyaka rya Bobi Wine, bafunzwe bazira gukoresha ingofero zitukura zifatwa nk’umwambaro w’igisirikare cya Uganda.

Ibinyamakuru byo muri Uganda byagerageje kuvugisha Mwenda ngo bimenye uko yabonye imyenda ya gisirikare, ariko ntiyabasha kwitaba telefoni.

Gusa hari amakuru ko Mwenda usanzwe ari umuntu urebwa ijisho ryiza n’ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni, yahawe uburenganzira bwo kwambara gisirikare agiye gukurikirana urugamba rwo guhangana n’umutwe wa ADF.

Ni urugamba ruhuriweho na UPDF n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) rwiswe Operation Shujaa. Ruyobowe na mubyara we Major General Kayanja Muhanga.

Andrew Mwenda agaragara ashimira abasirikare ba Uganda
TAGGED:Andrew MwendafeaturedUgandaUPDFYoweri Museveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hotel n’Utubari Dukomeye Muri Kigali Byaciwe Miliyoni 3 Frw
Next Article Guverinoma Yemeje ko Amashuri Agiye Gufungura, Yoroshya Akato Ku Binjira Mu Gihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?