Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igisirikare Cya Uganda Cyatangiye Iperereza Kuri Andrew Mwenda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Igisirikare Cya Uganda Cyatangiye Iperereza Kuri Andrew Mwenda

admin
Last updated: 07 January 2022 11:18 am
admin
Share
SHARE

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangiye iperereza ku buryo umunyamakuru Andrew Mwenda yabonye imyenda ya gisirikare, yifashishije mu gufata amashusho ari mu ndege ya gisirikare, avuga ko agiye kugaba ibitero ku mutwe w’iterabwoba wa ADF.

Ku mbuga nkoranyambaga haheruka kugaragara amashusho agaragaza Mwenda ari mu ndege y’intambara ya UPDF avuga ko yitwa Mil Mi-24, avuga ko agiye gusuka ibisasu kuri ADF muri Congo.

Muri ayo mashusho aba asa n’uvuga mu izina ry’Ingabo za Uganda ko “ejo muzabona abarwanyi benshi bamanitse amaboko ku mupaka.”

Mu yandi mashusho, agaragara ashimira abasirikare ba Uganda avuga ko basoje akazi ko kurasa ADF.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Gusa ntabwo byahise bimenyekana uburyo yemerewe kugera ku bubiko bw’imyambaro ya UPDF, ibintu byazamuye impaka ku mbuga nkoranyambaga.

Umuvugizi w’Ingaboza Uganda, Brigadier Flavia Byekwaso, yavuze ko barimo kubikoraho iperereza ngo bamenye uko byagenze.

Yavuze ko ari icyaha gukoresha cyangwa kwigana ibirango bya gisirikare, igihe bidatangiwe uburenganzira n’inzego zibishinzwe.

Yakomeje ati “Niba atari afite ubwo burenganzira, biriya ni icyaha ndetse itegeko riteganya ko gihanishwa igihano kitarenze imyaka irindwi y’igifungo ariko kitari munsi y’imyaka itatu.”

Ibikorwa bya Mwenda byazamuye impaka ku mbuga nkoranyambaga, hashingiwe ku buryo abantu benshi cyane cyane abarwanashyaka ba National Unity Platform, ishyaka rya Bobi Wine, bafunzwe bazira gukoresha ingofero zitukura zifatwa nk’umwambaro w’igisirikare cya Uganda.

- Advertisement -

Ibinyamakuru byo muri Uganda byagerageje kuvugisha Mwenda ngo bimenye uko yabonye imyenda ya gisirikare, ariko ntiyabasha kwitaba telefoni.

Gusa hari amakuru ko Mwenda usanzwe ari umuntu urebwa ijisho ryiza n’ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni, yahawe uburenganzira bwo kwambara gisirikare agiye gukurikirana urugamba rwo guhangana n’umutwe wa ADF.

Ni urugamba ruhuriweho na UPDF n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) rwiswe Operation Shujaa. Ruyobowe na mubyara we Major General Kayanja Muhanga.

Andrew Mwenda agaragara ashimira abasirikare ba Uganda
TAGGED:Andrew MwendafeaturedUgandaUPDFYoweri Museveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hotel n’Utubari Dukomeye Muri Kigali Byaciwe Miliyoni 3 Frw
Next Article Guverinoma Yemeje ko Amashuri Agiye Gufungura, Yoroshya Akato Ku Binjira Mu Gihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?