Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igitutu Gitumye Umujyi wa Kigali Ukorera Kigali Péle Stadium Umuganda Rusange
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Igitutu Gitumye Umujyi wa Kigali Ukorera Kigali Péle Stadium Umuganda Rusange

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 June 2023 3:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’inkuru yatambukijwe na Taarifa na bagenzi bacu ba UMUSEKE yatabarizaga ko Kigali Pélé Stadium yahindutse ivumbi kandi itaramara amezi itanu itashywe n’Umukuru w’igihugu, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwahamagariye inzego zitandukanye kuza kuyikorera umuganda ngarukakwezi.

Iyi Stade yatashywe muri Werurwe, 2023.

Perezida Kagame ari kumwe na Perezida wa FIFA Gianni Infantino batashye iyi stade hakinwa n’umukino w’ubusabane.

Ni nyuma y’igihe yari imaze isanwa kugira ngo ibe nziza kurushaho biyongerere n’agaciro ku rwego rw’imikino mpuzamahanga.

Nyuma yaje gukinirwamo imikino mike, ubundi ihinduka agatereranzamba.

Rwiyemezamirimo wari ufite isoko ryo gukoramo isuku, amasezerano ye yararangiye ntiyahabwa andi ndetse ntihagira undi uhabwa isoko ngo asukure iriya stade yitiriwe igihangange Pélé uherutse gutabaruka.

Nyuma y’uko itangazamakuru rigaragaje ko umwanda uri muri iriya stade umaze gukabya, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bubicishije mu bashinzwe urubyiruko, bwatangaje ko ku wa Gatandatu taliki 24 Kamena 2023 muri Kigali Pelé Stadium hazakorerwamo umuganda usanzwe ari ngarukakwezi.

Ubwo butumwa bugira buti: “Urubyiruko rwibumbiye hamwe mu byiciro bitandukanye, ku isonga AS Kigali WFC, bafashe iya mbere mu gusukura Stade mu gihe cy’umuganda usoza ukwezi kwa Gatandatu”.

Ntibwerura ngo buvuge ko byatewe n’impuruza y’uko iriya stade yuzuye ivumbi, ahubwo buvuga ko byakozwe mu rwego rwo ‘kugira Umujyi urangwa n’isuku’.

Ni umuganda uzaba ukomeye kubera ko isuku izakorwa imbere muri Stade, inyuma ndetse no ku kibuga cya tapis rouge.

Abasabwe kuzakora uyu muganda ni AS Kigali WFC, Urubyiruko rw’Abakorerabushake( Youth Volonteers), itsinda ry’abagize umuryango wa Ossoussa, abakora akazi ko gutwara ibintu bakorera ku isoko rya Kimisagara, abatuye mu Murenge wa Nyakabanda, abahoze bakinira iyahoze yitwa Les Citadins ubu yabaye AS Kigali n’abakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu kuri Moto.

Bose basabwe kuzitwaza ibikoresho birimo Kupakupa, Imyeyo, Imifuka yo gushyiramo imyanda, ibitiyo, imikoropesho, amazi n’isabune ya OMO.

Ubwo Taarifa yandikaga inkuru ivuga kuri iki kibazo, yashatse kumenya icyo ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga kuri iki kibazo ariko abahawe ubutumwa ngo bagire icyo badusubiza cyangwa babigeze kubo bireba baricecekeye!

TAGGED:featuredKagameKigaliPeleStadeUmwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Mozambique Mu Gusubiza Mu Buzima Busanzwe Abahoze Ari Abarwanyi
Next Article Icyifuzo Cy’Uhagarariye DRC Muri EALA Cyanzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?