Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IGP Munyuza Yasuye Abapolisi B’u Rwanda Muri Sudan y’Epfo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

IGP Munyuza Yasuye Abapolisi B’u Rwanda Muri Sudan y’Epfo

admin
Last updated: 09 June 2021 7:25 am
admin
Share
SHARE

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yasuye abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudan y’Epfo, UNMISS.

Mu rugendo rwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Kamena, IGP Munyuza yashimiye aba bapolisi akazi keza bakora ko kugarura amahoro n’ituze muri icyo gihugu.

Yavuze ko yishimiye kuba yasanze bameze neza, abasaba kudatezuka ku kinyabupfura, ari nacyo kibafasha gukora neza inshingano zabo kugeza basoje ubutumwa bwabo nk’itsinda.

IGP Munyuza yibukije abapolisi gukomeza kwitondera icyorezo cya COVID-19, ntibirare.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati “Mugomba gukomeza kurangwa n’ikinyabupfura musanganywe kugira ngo musohoze neza inshingano zanyu mwajemo hano. Mwirinde icyorezo cya COVID-19 kuko muri iki gihe noneho kirimo kugenda cyihinduranya, ntimuzirare ahubwo muzakomeze kubahiriza amabwiriza yo kukirinda mugira isuku, mukaraba amazi meza n’isabune ndetse munambara agapfukamunwa kandi munahana intera aho muri.”

IGP Dan Munyuza yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’abapolisi bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudan y’Epfo, Unaisi Bolatolu-Vuniwaqa.

Uyu muyobozi yashimye uko u Rwanda rukomeje kugaragaza ubushake bwo kubungabunga amahoro. By’umwihariko, Vuniwaqa yashimye uruhare rw’u Rwanda mu kugarura amahoro n’umutekano muri Sudan y’Epfo.

Mu minsi ishize Vuniwaqa yasuye abapolisi b’u Rwanda abashima uko bitwara.

Usibye ibikorwa byo kurinda abaturage, abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo bahakorera ibikorwa bitandukanye bizamura imibereho myiza y’abaturage.

- Advertisement -

Abapolisi IGP Munyuza yasuye bagizwe n’amatsinda abiri FPU-2 na FPU-3, buri tsinda rigizwe n’abapolisi 160. Bose bakorera mu murwa mukuru w’iki gihugu, Juba.

Bakora inshingano zitandukanye zose zishingiye ku kurinda abasivili, gukora amarondo, guherekeza abayobozi, ndetse banakora ibikorwa bizamura imibereho y’abaturage no kubakangurira kugira uruhare mu kwicungira umutekano.

Mu ntara ya Malakal hari irindi tsinda ry’abapolisi b’u Rwanda 240.

Ubwo yari ahageze bamwakira
IGP Munyuza yakirwa muri Sudan y’Epfo
TAGGED:featuredIGP Dan MunyuzaPolisi y’u RwandaSudan y'Epfo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umubyeyi Wo Muri Ngororero ‘Urerera Abandi Mu Irerero’ Asaba Leta Agahimbazamusyi
Next Article Uko Imikino Y’Irushanwa Rya Cricket Kwibuka T20 Ku Munsi 3 Yagenze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?