Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ihatana Rikomeye Ryo Gusimbura Boris Johnston Ryatangiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ihatana Rikomeye Ryo Gusimbura Boris Johnston Ryatangiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2022 10:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Bwongereza abanyapolitiki bakomeye batangiye guhatanira kuzasimbura Boris Johnston waraye weguye. N’ubwo hari benshi bavugwaho kugira ubumenyi n’ubushobozi bwo kuzajya mu Biro bya Minisitiri w’Intebe bita No 10 Downing Street, uhabwa amahirwe ni Madamu Liz Truss usanzwe ushinzwe ububanyi n’amahanga.

Truss yahisemo gusubika urugendo yari afite muri Indonesia kugira ngo agaruka mu Bwongereza nyuma yo kumva ko Johnston agiye kwegura.

Uyu mugore yari asanganywe gahunda yateguwe zo kuzashingiraho yiyamamariza kuzasimbura Boris Johnston watangiye kugaragaza ibimenyetso kuzegura mu mezi make ashize.

Undi muyobozi witwa Nadine Dorries nawe avuga ko muri iki gihe ari ngombwa ko abaminisitiri bari guhatanira kuzasimbura Johnston bagombye kwitondera ibyo bavugira mu itangazamakuru , bakirinda ko hari uwaharabika mugenzi bikamutesha agaciro mu bandi.

Afite ubwoba ko mu guhatanira kuba Minisitiri w’Intebe, hazabaho guhatana bikomeye k’uburyo bizagorana ko haboneka uwasimbura Boris Johnston uzava ku butegetsi mu buryo budasubirwaho muri Kanama, 2022.

Kugeza ubu hari abadepite n’abandi bayobozi bakuru mu nzego z’ubutegetsi z’u Bwongereza bagarukiye guhanganira kuzasimbura Boris Johnston.

Nadine Dorries avuga ko abaminisitiri bashaka gusimbura Boris Johnston bagombye kwirinda guterana amagambo mu biganiro bazagirira mu binyamakuru kuko bishobora no kubateranya hagati yabo bityo imikorere ya Guverinoma ikagenda nabi muri iki gihe ibintu bitifashe neza.

Liz Truss niwe uhabwa amahirwe yo kuzasimbura Boris kandi ababivuga babishingira ku ngingo y’uko akunzwe mu nzego nyinshi z’ubuyobozi.

Liz Truss niwe uhabwa amahirwe yo kuzasimbura Boris

Izo nzego zirimo n’izigira uruhare mu gutora Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Abandi bashaka kuzicara ku ntebe nk’iyo Boris yahagurutseho ni Rishi Sunak, Sajid Javid, Ben Wallace, Nadhim Zahawi, Penny Mordaunt na Tom Tugendhat.

Abasesengura Politiki y’u Bwongereza bavuga ko ibibazo byatumye Boris Johnston yegura byatangiye cyera.

Icyakora ngo ibiherutse kuba muri iki Cyumweru nibyo byaje ari simusiga.

Rishi Sunak uherutse kwegura muri Guverinoma ya Boris nawe arashaka kumusimbura

Minisiteri W’Intebe W’u Bwongereza YEGUYE

TAGGED:BorisBwongerezafeaturedLizMinisitiriTruss
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imiyoborere Mibi Niyo Ntandaro Y’Amakimbirane-Min Gatabazi
Next Article Nyuma Yo Kurasirwa Mu Ruhame Shinzo Abe Wabaye Minisitiri W’Intebe W’u Buyapani YAPFUYE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?