Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Ishinjwa Guha Ukraine Amakuru Y’Ubutasi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Ishinjwa Guha Ukraine Amakuru Y’Ubutasi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 October 2022 10:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bantu bahoze ari ba maneko bakuru muri Israel aherutse gutangaza ko hari ikigo cy’abanya Israel giha ubutegetsi bwa Ukraine amakuru y’aho abasirikare b’u Burusiya bakambitse kugira ibaraseho.

Byatangajwe bwa mbere muri raporo yasohowe na The New York Times ku nkuru yayo yasohotse kuri uyu wa Gatatu taliki 12, Ukwakira, 2022.

Amakuru Israel ivugwaho guha Ukraine ni amakuru ayifasha mu myiteguro y’aho iri bugabe ibitero.

Muri iyo nkuru bayise amakuru y’ibanze ‘basic intelligence’.

Bisanzwe bivugwa ko hari indege zidatwarwa n’abapiloti zakorewe muri Iran zikoreshwa n’ingabo z’u Burusiya.

Ni amakuru amaze iminsi atangazwa kandi n’ibigo by’iperereza by’Amerika, u Bwongereza ndetse n’iby’i Kiev muri Ukraine.

Ubwoko byavuzwe ko Abarusiya bakoresha kenshi ni ubwitwa Shahed-136.

Izi drones zagaragaye mu gace ka Kharkiv no mu mujyi wa Kupiansk.

Kubera iyi mpamvu kandi, hashize iminsi hari umwuka mubi hagati y’ubutegetsi bw’i  Teheran n’ubw’i Kiev nyuma y’uko bimenyekanye ko Iran iha Moscow ziriya ntwaro.

Icyakora yaba u Burusiya yaba na Iran hombi barabihakana!

Kubihakana ntibibuza ko hari zimwe mu ndege zihanurirwa mu kirere cya Ukraine nk’uko Perezida w’iki gihugu aherutse kubitangaza.

Mu rwego rwo gufasha Ukraine guhangana na biriya bitero, u Budage buherutse guha Ukraine intwaro zihanura ziriya ndege. Ni intwaro bita IRIS-T SLM air defense systems.

Hagati aho kandi Ukraine ibinyujije muri Ambasade yayo, iherutse gusaba Israel ko yayifasha kubona ikoranabuhanga rirasira ibisasu mu kirere bitaragera ku butaka.

Ni ibisasu bita Iron Dome.

Icyakora ngo Iron dome ntizakorewe guhanura ibisasu biremereye nk’ibyo u Burusiya burasa muri Ukraine ahubwo zifite ubushobozi  bwo guhanura ibisasu byoroheje nk’ibikorwa na Hamas cyangwa Hezziborah.

N’ubwo Israel yabwiye Ukraine ko itayiha ririya koranabuhanga kubera ko ritari ku rwego rw’intambara iri  kurwana n’u Burusiya, ubutegetsi bw’i Yeruzalemu hari inkunga bwahaye Kiev.

Ikubiyemo ibiryo by’abasirikare bifungiye mu dupfunyika 25,000.

Utu dupfunyika twoherejwe yo Taliki 27, Nyakanga, 2022.

Hagati aho kandi hari ingofero zirinda umutwe bita military helmets tugera ku 1,500 ndetse n’amakote adapfumurwa n’amasasu agera ku 1,500 nayo Israel yoherereje Ukraine.

Hari n’udupfukamunwa n’amazuru tugera ku 1,000 twoherejwe yo mu rwego rwo kubarinda ko bazahura n’ibyuka bihumanya igihe cyose abasirikare ba Ukraine baba babirashweho n’ingabo z’u Burusiya.

TAGGED:BurusiyafeaturedIngaboIsraelUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubirizi: Imodoka Igemura Amata Yakoze Impanuka
Next Article Umuntu Nasigara Atuye Ku Isi Wenyine Bizamwungura Iki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?